• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»U Rwanda rufite icyizere ku ikoranabuhanga rishya ryo kubaga umubiri udafunguwe

U Rwanda rufite icyizere ku ikoranabuhanga rishya ryo kubaga umubiri udafunguwe

Editorial 02 Mar 2018 IKORANABUHANGA

Mu mezi 18 ari imbere, i Masaka mu Karere ka Kicukiro hazaba huzuye ishami ry’Ikigo cyo mu Bufaransa gikora ubushakashatsi kikanahugura abaganga mu kubaga indwara zo mu mubiri hifashishijwe ikoranabuhanga (IRCAD France).

Muri Nyakanga 2017 nibwo Minisiteri y’Ubuzima yatangije ubufatanye na IRCAD France bugamije gutanga amahugurwa ku baganga bo mu Rwanda ajyanye no kwifashisha ikoranabuhanga hagamijwe kugabanya ububabare igihe umurwayi abagwa, ibyago byo kwandura izindi ndwara nyuma yo kubagwa n’ibindi.

Uburyo bw’ikoranabuhanga bwo kubaga umubiri udafunguwe (laparoscopic surgery) bukorerwa hake ku Isi.

Kuri uyu wa Kane ubwo ubuyobozi bwa IRCAD bwasobanuriraga impuguke z’abanyarwanda mu buvuzi n’ikoranabuhanga imikorere y’icyo kigo, bavuze ko nigitangira kizaba ari ingirakamaro.

Umuyobozi w’Ibitaro bya Kigali bya Kaminuza (CHUK), Dr Théobald Hategekimana, yavuze ko u Rwanda nirumara kubona abaganga benshi babihuguriwemo, hakanubakwa ikigo kibyigisha bizazana impinduka mu buvuzi bwo kubaga.

Yagize ati “Nk’ibitaro bya kaminuza byigisha, dufite abaganga batangiye kubaga badafunguye umubiri w’umuntu ariko ababikora mu Rwanda ni bake cyane, hakenewe benshi babizi.”

Dr Hategekimana yavuze ko ubwo buryo bwo kubaga hifashishijwe ikoranabuhanga bworoshye kandi bugabanya igihe umurwayi yamaraga mu bitaro ndetse n’ingorane zashobora kuva mu kubagwa zikagabanyuka.

Ati “Bituma iyo ugiye kubaga ugenda ufite ishusho igaragara neza aho ugiye kubaga. Bituma uvuga ngo hariya ngiye kubaga niho uburwayi buri. Ubusanzwe nk’iyo ugiye kubaga ukabona hari tumeur (indwara ijya kumera nka kanseri) ushobora kuvuga ngo ndayibaga hariya ariko ijisho ryawe ntabwo rikwereka neza aho uburwayi bugarukira, rimwe na rimwe ugasanga wakatiye aho utagombaga gukatira uburwayi ukabusigamo cyangwa se ugakatira kure y’aho indwara igarukira.”

Yakomeje agira ati “Kwa gupima bituma ubaga kanseri neza kandi wizeye ko aho wayivanye nta yindi iri bwongere kuhagaruka.”

Kubaga umuntu umubiri udafunguwe, hakatwa akantu gato ku mubiri w’umuntu aharinganiye n’aharwaye. Aho hantu hakaswe, niho batunga imashini (laparoscope) ireba imbere mu mubiri, ikerekana ishusho nyayo y’ahantu harwaye. Bifashisha uduheha duto tunyuzwamo ibikoresho bijya kubaga aho harwaye.

Dr Hategekimana yavuze ko umuntu wabazwe hifashishijwe ubwo buryo ashobora kumara iminsi ibiri kwa muganga kandi yagombaga kuhamara icyumweru iyo abagwa mu buryo busanzwe.

Avuga ko umuntu wabazwe mu buryo busanzwe ashobora guhura n’imbogamizi nyinshi zirimo gutakaza amaraso menshi, kwandura izindi ndwara, ububabare n’ibindi.

Perezida wa IRCAD, Prof Jaques Maresceaux, yavuze ko aza mu Rwanda bwa mbere muri Nyakanga 2017, nta gitekerezo cyo kuhashinga Ikigo yari afite. Ngo yakigize nyuma yo kuganira n’abayobozi bakuru b’igihugu no kubona ubushake bafite mu guteza imbere ubuvuzi.

Yavuze ko ikoranabuhanga mu kubaga riboneka hake ku Isi nyamara rifite ibyiza byinshi birimo kugabanya ingorane zituruka ku kubaga ku kigero cya 70 %, akaba ariyo mpamvu asanga ari amahirwe ku Rwanda na Afurika kugira ikigo gitanga amahugurwa.

Zimwe mu ndwara zishobora kuvurwa hifashishijwe ubwo buryo bwo kubaga udafunguye umubiri zirimo izo mu nda, izo mu gatuza, impyiko ndetse n’indwara zibasira ubugabo.

IRCAD ni ikigo kimaze imyaka 25 gishinzwe, gifite amashami ku mugabae w’Aziya, u Burayi na Amerika.

2018-03-02
Editorial

IZINDI NKURU

Ikoranabuhanga rya Drycard rifasha kumenya umusaruro wumye neza ryagejejwe mu Rwanda

Ikoranabuhanga rya Drycard rifasha kumenya umusaruro wumye neza ryagejejwe mu Rwanda

Editorial 05 May 2018
Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa

Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa

Editorial 15 May 2019
Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho

Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho

Editorial 28 Apr 2018
Kuva muri 2024 Serivisi za Leta zose zizaba zisabirwa ku Irembo

Kuva muri 2024 Serivisi za Leta zose zizaba zisabirwa ku Irembo

Editorial 02 Apr 2019
Ikoranabuhanga rya Drycard rifasha kumenya umusaruro wumye neza ryagejejwe mu Rwanda

Ikoranabuhanga rya Drycard rifasha kumenya umusaruro wumye neza ryagejejwe mu Rwanda

Editorial 05 May 2018
Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa

Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa

Editorial 15 May 2019
Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho

Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho

Editorial 28 Apr 2018
Kuva muri 2024 Serivisi za Leta zose zizaba zisabirwa ku Irembo

Kuva muri 2024 Serivisi za Leta zose zizaba zisabirwa ku Irembo

Editorial 02 Apr 2019
Ikoranabuhanga rya Drycard rifasha kumenya umusaruro wumye neza ryagejejwe mu Rwanda

Ikoranabuhanga rya Drycard rifasha kumenya umusaruro wumye neza ryagejejwe mu Rwanda

Editorial 05 May 2018
Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa

Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa

Editorial 15 May 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru