• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Putin yahishuye uko yatanze itegeko ryo guhanura indege y’abagenzi

Perezida Putin yahishuye uko yatanze itegeko ryo guhanura indege y’abagenzi

Editorial 12 Mar 2018 POLITIKI

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yahishuye uko mu 2014 yatanze amabwiriza yo guhanura indege yari yatanzweho amakuru ko itwaye abagenzi bafite igisasu cya kirimbuzi bashakaga gutera mu Mujyi wa Sochi, wabereyemo imikino ya Olempike.

Aya makuru Putin yayatangarije muri filime mbarankuru y’amasaha abiri yashyize ahagaragara, ikanakwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga.

Perezida Putin asobanura ko yahawe amakuru ko hari indege yavaga muri Ukraine yari mu nzira yerekeza muri Turikiya, ishaka kuyoberezwa mu Burusiya aho imikino Olempike yari igiye gutangizwa ku mugaragaro ku wa 7 Gashyantare 2014, gusa nyuma ngo yaje kumenyeshwa ko byari ibihuha, iyo ndege ntiyahanurwa.

Putin yagize ati “Nabwiwe ko indege iturutse muri Ukraine yerekeza mu Mujyi wa Istanbul yari yashimuswe, abayishimuse bashaka kuyiyobereza mu Mujyi wa Sochi.”

Umunyamakuru wa BBC dukesha iyi nkuru yatangaje ko umupilote w’iyo ndege yari itwaye abantu bagera 110 yamenye ko harimo umugenzi ufite igisasu agasabwa guhindura icyerekezo akayijyana mu Mujyi wa Sochi muri Stade yarimo abasaga 40,000.

Perezida Putin asobanura ko abashinzwe umutekano bamugiriye inama ko mu gihe habaye ikintu kidasanzwe nk’icyo mu ndege nta kindi cyakorwa uretse kuyirasa. Ati “Nahise mbabwira ngo babikore.”

Akomeza avuga ko nyuma y’igihe gito yaje guhabwa andi makuru ko ari ibihuha itararaswa, bikarangira amategeko atubahirijwe ndetse agahita ajyana n’abateguye imikino aho yagombaga kubera.

Muri iyo filime, Umunyamakuru wa Televiziyo y’Igihugu akaba n’umunyamabanga we mu by’itumanaho, Kondrashov, yamubajije niba hari ikintu gishobora gutuma asubiza agace ka Crimea kuri Ukraine u Burusiya bwigaruriye mu 2014, amusubiza agira ati “Ibyo uvuga ni ibiki, ibyo ntibishora kubaho ndetse ntibizanashoboka.”

Gusa muri Nzeri 2017, Umuryango w’Abibumbye washinje u Burusiya kugira uruhare mu bikorwa byo kubangamira uburenganzira bwa muntu muri Crimea.

Muri iyo filime kandi Putin anavuga ko ashobora gutanga imbabazi ku bintu bimwe uretse gusa icyaha cy’ubugambanyi. Yanahishuye ko sekuru yakoze akazi ko gutekera Vladimir Lenin na Joseph Stalin bamamaye cyane mu ishyaka rya Gikominisite mu Burusiya.

Iyi filime yasohotse mbere gato y’amatora ya Perezida w’u Burusiya ateganyijwe ku wa 18 Werurwe 2018, aho Putin ahabwa amahirwe yo kuyegukana, dore ko umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, Alexei Navalny, atemerewe kwiyamamaza.

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yahishuye uko yatanze itegeko ryo guhanura indege y’abagenzi byakekwaga ko irimo anafite ibisasu bashaka kudobya ibirori byo gutangiza imikino Olempike

Stade yarimo abasaga ibihumbi 40 barebye ibirori byo gufungura imikino Olempike ya 2014

Perezida Putin; Minisitiri w’Intebe, Dmitry Medvedev (uwa kabiri mu bicaye hejuru) na Minisitiri wa Siporo, Vitaly Mutko (ibumoso) bareba umukino wo kunyerera ku rubura u Burusiya bwatsinzemo Koreya y’Epfo wabaye ku wa 8 Werurwe 2014

Putin yavuze ko sekuru yakoze akazi ko gutekera Vladimir Lenin na Joseph Stalin bamamaye mu ishyaka rya Gikominisite mu Burusiya


2018-03-12
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda na Tanzania mu gutokora umubano w’ibihugu byombi

U Rwanda na Tanzania mu gutokora umubano w’ibihugu byombi

Editorial 23 Feb 2016
Minisitiri w’Ingabo z’u Bwongereza yaganiriye na Gen Kabarebe ku bufatanye mu bya gisirikare

Minisitiri w’Ingabo z’u Bwongereza yaganiriye na Gen Kabarebe ku bufatanye mu bya gisirikare

Editorial 08 Apr 2018
Perezida Kagame yababajwe n’urupfu rwa Prof. Juma waharaniye iterambere ry’uburezi muri Afurika

Perezida Kagame yababajwe n’urupfu rwa Prof. Juma waharaniye iterambere ry’uburezi muri Afurika

Editorial 16 Dec 2017
Igifaransa ntigikwiye guhangana n’izindi ndimi – L.Mushikiwabo

Igifaransa ntigikwiye guhangana n’izindi ndimi – L.Mushikiwabo

Editorial 21 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura mu ijonjora rya mbere ry’igikombe cy’Amahoro 2022
Amakuru

FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura mu ijonjora rya mbere ry’igikombe cy’Amahoro 2022

Editorial 08 Mar 2022
Loni yatangiye igenzura ry’abapolisi 70 bagomba koherezwa muri Sudani y’Epfo
Mu Mahanga

Loni yatangiye igenzura ry’abapolisi 70 bagomba koherezwa muri Sudani y’Epfo

Editorial 03 Feb 2016
Ishyamba siryeru muri Rayon Sports:Karekezi Olivier ari mu maboko ya Polisi
INKURU NYAMUKURU

Ishyamba siryeru muri Rayon Sports:Karekezi Olivier ari mu maboko ya Polisi

Editorial 16 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru