• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda na Tanzania mu gutokora umubano w’ibihugu byombi

U Rwanda na Tanzania mu gutokora umubano w’ibihugu byombi

Ubwanditsi 23 Feb 2016 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzania, kuwa 18 Gashyantare, baganira uko umubano w’ibihugu byombi wazanzamuka.

Ni nyuma y’aho mu mwaka wa 2013, ibihugu byombi byari byarebanye nabi, ubwo uwari Perezida wa Tanzania Jakaya Kikwete, yasabaga u Rwanda kumvikana n’umutwe wa FDLR, ufatwa na Leta y’u Rwanda nk’umutwe w’iterabwoba.

Ibi byakurikiwe n’umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi, ibintu byaje no gukurikirwa n’uko Abanyarwanda babaga muri iki gihugu, birukanwe nabi abenshi batayo imitungo yabo.

Gusa kuva Perezida John Magufuli yatorerwa kuba Perezida mu mpera z’umwaka wa 2015, umubano w’ibihugu byombi wongeye gutera imbere.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzania Augustine Philip Mahiga uri mu Rwanda, yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi, hanyuma ku munsi ukurikiyeho aganira na Perezida Paul Kagame.

Mu kiganiro Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Madame Louise Mushikiwabo yahaye itangazamakuru, yavuze ko kuba Tanzania yaragize umuyobozi utarifuje ko ibihugu byombi bibana neza bitavanaho ko abatuye ibi bihugu hari byinshi bahuriyeho.

Minisitiri Louise Mushikiwabo yagize ati “Uyu munsi dusangiye neza politike na Tanzania ishingiye ku gaciro k’abanyafurika, ibyo byose ni i bikomeye cyane tudashobora gutakaza, kubera ko hari umuyobozi runaka waba yarifuje imibanire itari myiza.”

Yakomeje agira ati “Icyo navuga ni uko u Rwanda na Tanzania uno munsi turaganira nta buryarya! Turumvikana ku byo dukwiye gukora hagati yacu mu mibanire, mu butwererane, turaganira cyane mu bwitonzi buhagije kandi turareba imbere.”

Minisitiri Mushikiwabo avuga ko ubu aho umubano w’u Rwanda na Tanzania ugeze ari heza.

Yunzemo ati “Icyo ubu navuga ni uko ubu Tanzania ari igihugu gifite abayobozi bafite inararibonye bo mu nzego zitandukanye, byatumye umubano w’ibihugu byombi byacu uba mwiza kandi ni wo n’ubundi wagombye kuba uhari, ikindi navuga ni uko akenshi iyo habaye ibibazo hagati y’ibihugu buriya abaturage ni bo babigwamo.

“Abanyatanzaniya n’abanyarwanda turi abavandimwe, turi abaturanyi dusangiye byinshi, dusangiye amateka, murabizi ko Tanzania ari yo iyoboye umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba muri iki gihe, dushimshimijwe ni uko ubuyobozi bushya bwa Tanzania ari ubuyobozi bwifuza imibanire myiza kurushaho, bwifuza kugarura icyo abanyarwanda n’abatanzaniya dupfana.”

Naho Minisitiri Augustin Mahiga we yavuze ko ubu igishyizwe imbere ari ukureba ko umubano w’ibihugu byombi wakomeza gutera imbere.

Yagize ati “Icya mbere ni ukongera gutsura umubano hagati y’ibihugu byombi, mu nzira zitandukanye cyane cyane ko hagiye haba inzitizi, ubu icyo dushyize imbere ni ugutangira inzira nshya y’ubufatanye ariko tugendeye ku bufatanye bw’uyu muryango.”

Yakomeje agira ati “Turabizi ko hagiye haba ibibazo ariko ubu birashashe, icyo dushyize imbere ni ubufatanye.”

Minisitiri Augustine Philip Mahiga yagiye kuri uyu mwanya nyuma yo gusimbura Bernard Membe.

Uyu kandi abaye umuyobozi ukomeye muri Tanzania usuye u Rwanda, nyuma y’aho Perezida Magufuli atangiye kuyobora iki gihugu.

Aje mu Rwanda nyuma y’uruzinduko Minisitiri Mushikiwabo aheruka kugirira muri Tanzania.

-2183.jpg

-2182.jpg

Perezida Kagame na Minisitiri Augustine Mahiga muri Village Urugwiro

-2181.jpg

Minisitiri Mushikiwabo na Minisitiri Mahiga baganira n’itangazamakuru (Ifoto/Urugwiro Village)

2016-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Green Party Ihetuye Amajyepfo Ibijeje Iterambere Rirambye

Green Party Ihetuye Amajyepfo Ibijeje Iterambere Rirambye

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Perezida Kagame yishimiye ko mugenzi we Ali Bongo wa Gabon yorohewe

Perezida Kagame yishimiye ko mugenzi we Ali Bongo wa Gabon yorohewe

Ubwanditsi 11 Jun 2019
“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

Ubwanditsi 06 Mar 2024
Burundi – Uganda: Mafia  no kunyereza Amafranga Ya Leta Hagati Ya Museveni Na Nkurunziza, Umusaraba K’umutekano W’Africa Muri Rusange

Burundi – Uganda: Mafia no kunyereza Amafranga Ya Leta Hagati Ya Museveni Na Nkurunziza, Umusaraba K’umutekano W’Africa Muri Rusange

Ubwanditsi 18 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose

Ubwanditsi 21 Apr 2021
Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga n’imikwabu bigamije kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga n’imikwabu bigamije kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 14 Mar 2016
Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?
INKURU NYAMUKURU

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Ubwanditsi 20 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru