• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Minisitiri w’Intebe yijeje Inteko ko muri 2021 u Rwanda rutazaba rutumiza hanze imbuto zo guhinga

Minisitiri w’Intebe yijeje Inteko ko muri 2021 u Rwanda rutazaba rutumiza hanze imbuto zo guhinga

Ubwanditsi 04 Apr 2018 POLITIKI

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, yabwiye Inteko Ishinga Amategeko ko mu myaka itatu iri imbere, u Rwanda ruzaba rwihagije mu mbuto rutubura, bidasabye ko ruzitumiza mu mahanga.

Uyu muyobozi yavuze ko muri uyu mwaka w’ingengo y’imari hazatuburwa imbuto ziri ku kigeri cya 50% ugereranyije n’izitumizwa mu mahanga.

Yagize ati “Kwihutisha gahunda yo gutuburira imbuto mu gihugu, ku buryo mu gihe cy’imyaka itatu uhereye muri uyu mwaka wa 2018 tuzaba twihaza ku mbuto. Muri urwo rwego, muri uyu mwaka w’ingengo y’imari hazatuburwa imbuto zingana na toni 3,948 bikaba bizagabanya 50% ku zari zisanzwe zitumizwa hanze.”

Mu mbuto zitumizwa harimo ibigori bituruka muri Zambia, Soya ituruka muri Zimbabwe ndetse n’ingano zituruka muri Kenya.

Inzego zitandukanye zirimo n’Inteko Ishinga Amategeko zakunze kunenga uburyo leta itumiza imbuto yo guhinga mu bihugu bya Kenya, Zimbabwe na Zambia zikagera mu Rwanda zihenze cyane kandi hari abahanga mu buhinzi bashobora kuzituburira mu gihugu.

Ubusanzwe Leta yishyura amafaranga ari hagati ya miliyari enye n’eshanu n’igice buri mwaka mu kuzana imbuto.

Umwaka ushize ubwo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) cyitabaga Komisiyo ya PAC cyavuze ko hari ibigo bitsindira isoko ryo kuzana izo mbuto, aho usanga ikilo kimwe cya buri mbuto gihagaze amafaranga 2000 by’amanyarwanda.

Icyo gihe abadepite banavuze ko izo mbuto akenshi zinatinda kugera ku bahinzi bikabagiraho ingaruka nyinshi harimo n’izo guhinga igihe cyararenze cyangwa hakagira n’iziborera mu bubiko.

Uretse imbuto zitumizwa hanze, u Rwanda runatumizayo ifumbire ihabwa abahinzi, Minisitiri w’Intebe akaba yavuze ko gukorera ifumbire imbere mu gihugu nabyo bizashyirwamo ingufu zihagije.

2018-04-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FDLR n’uwayiha Akarere ntacyo yakwimarira, icyo ishoboye ni ugucukura amajeri- Gen Kabarebe

FDLR n’uwayiha Akarere ntacyo yakwimarira, icyo ishoboye ni ugucukura amajeri- Gen Kabarebe

Ubwanditsi 10 Apr 2018
Itorwa rya Perezida mushya muri Somalia ryerekanye uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora

Itorwa rya Perezida mushya muri Somalia ryerekanye uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora

Ubwanditsi 09 Feb 2017
’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

Ubwanditsi 25 Feb 2020
Washington: Kagame yavuze ko  Ibihugu 12 bimaze kwemera gutanga umusanzu wabyo muri AU [ VIDEO ]

Washington: Kagame yavuze ko Ibihugu 12 bimaze kwemera gutanga umusanzu wabyo muri AU [ VIDEO ]

Ubwanditsi 25 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27
Amakuru

Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27

Ubwanditsi 31 Oct 2024
Abijuru Ernest wakorewe iyicarubozo ry’inkazi muri Uganda arembeye ku Kamonyi
INKURU NYAMUKURU

Abijuru Ernest wakorewe iyicarubozo ry’inkazi muri Uganda arembeye ku Kamonyi

Ubwanditsi 23 Sep 2019
Nsengimana Jean Bosco ni we wegukanye umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda
IMIKINO

Nsengimana Jean Bosco ni we wegukanye umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda

Ubwanditsi 13 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru