• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amerika yinangiye ku guhindura inyito kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Mu butumwa bwe, Umunyamabanga wa Leta w’agateganyo ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, John J. Sullivan, nta na hamwe hagaragara ko ari Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’iryo jambo ubwaryo ntaho rigaragara

Amerika yinangiye ku guhindura inyito kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Editorial 09 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zanze gukoresha inyito igaragaza neza ko Jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994 yakorewe Abatutsi, nk’uko biheruka kwemezwa mu mwanzuro w’Umuryango w’Abibumbye ariko icyo gihugu ntikibyishimire.

Mu butumwa icyo gihugu cyashyize ahagaragara ku wa 7 Mata, umunsi byemejwe ko ari Umunsi Mpuzamahanga wo Kuzirikana kuri Jenoside Yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakoresheje imvugo iheruka guhindurwa, bandika ubutumwa bavuga ko bugenewe umunsi wo “Kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yo mu 1994 mu Rwanda”.

Mu butumwa bw’amagambo 180 Umunyamabanga wa Leta w’agateganyo ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, John J. Sullivan yanditse, nta na hamwe hagaragara ko ari Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’iryo jambo ubwaryo ntaho rigaragara.

Yagize ati “Uyu munsi twifatanyije n’abaturage b’u Rwanda mu kwibuka jenoside yo mu 1994, abantu basaga 800,000 barimo abagabo, abagore n’abana biciwemo urw’agashinyaguro. Mu mwanya nk’uyu, turibuka ababuze ubuzima bwabo tunaha icyubahiro umuhate w’abemeye gushyira ubuzima bwabo mu kaga ngo barokore abandi.”

Nyamara ku wa 23 Mutarama 2018, Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yafashe umwanzuro ko tariki ya 7 Mata, uzaba “Umunsi Mpuzamahanga wo Kuzirikana kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda”, hahindurwa inyito y“Umunsi Mpuzamahanga wo kuzirikana kuri Jenoside yo mu 1994 mu Rwanda” yari yarashyizweho n’umwanzuro 58/234 wo ku wa 23 Ukuboza 2003 bigatangira gukoreshwa mu 2004.

Ubwo uwo mwanzuro wemezwaga, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, byashatse kuwubangamira, bavuga ko kongeramo ijambo “yakorewe abatutsi”, bidatanga umwanya wo kwibuka abantu bose bishwe muri icyo gihe.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Valentine Rugwabiza, yavuze ko mu nyito yari isanzwe hongewemo ko ari Jenoside “yakorewe Abatutsi”, kugira ngo bikureho urujijo.

Yakomeje agira ati “Kugaragaza ibyabaye n’amagambo akoreshwa ni ingenzi cyane igihe havugwa kuri jenoside. Amayeri yo guhakana no gupfobya Jenoside arazwi neza. Abantu barimo n’abayigizemo uruhare bakunze kuvuga ko habayeho Jenoside ebyiri bibwira ko kuvuga ibyo byabakuraho uruhare bayigizemo.”

Iyo ngingo yatinzweho cyane bitewe n’uko muri uko kwibuka Jenoside, hari abavugaga ko kongeraho ko yakorewe Abatutsi byatuma hatazirikanwa abandi batari Abatutsi ariko bishwe mu gihe Jenoside yakorwaga, bazizwa ko batari bashyigikiye uwo mugambi mubisha.

Amerika n’u Burayi barifashe

Mbere y’uko uyu mwanzuro utorwa, Rugwabiza yahamije ko ibihugu byinshi bya Afurika byemeye kwifatanya n’u Rwanda, uhereye kuri Algeria, Benin, Botswana, Burkina Faso, Repubulika ya Centrafrique, Tchad, Congo, Djibouti, Guinée équatoriale, Eritrea, Ethiopia na Gabon.

Harimo kandi Gambia, Ghana, Guinea, Israel, Kenya, Lesotho, Liberia, Madagascar, Mali, Mauritania, Mauritius, Monaco, Maroc, Namibia, Niger, Nigeria, Philippines, Sierra Leone, Afurika y’Epfo, Sudani, Swaziland, Togo, Turikiya, Uganda na Vietnam.

N’ubwo bitabujije ko uyu mwanzuro utorwa, Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntizishimiye ko umwanzuro wo mu 2003 uhindurwa, mu gihe u Rwanda rwashimangiraga ko uretse umutwe n’igika cya mbere, nta kindi kirahinduka.

Amakuru yagiye hanze ni uko mu batoye uwo mwanzuro hatarimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibihugu by’i Burayi, ahubwo Israel yakunze kenshi kwifatanya na Amerika yashyigikiye ubusabe bw’u Rwanda.

Kelley Eckels-Currie wari uhagarariye Amerika, yagaragaje ko guhindura inyito “bitagaragaza neza uburemere bwa Jenoside n’ubugizi bwa nabi bwakorewe andi moko”.

Yakomeje agira ati “Ntabwo turitambika igikorwa cyo guhindura umutwe w’uyu mwanzuro. Ariko twizera ko ari ngombwa kumva uburyo tubonamo ibintu birebana na Jenoside butigeze bugabanuka ndetse tuzakomeza kwibuka abayiburiyemo ubuzima.”

Eric Chaboureau wari uhagararariye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi nawe yavuze ko bibabaje kuba hatarabayeho ibiganiro mbere kuri iyo ngingo.

Gusa Anatolio Ndong Mba wo muri Guinée équatoriale wavuze mu izina rya bagenzi be b’Abanyafurika, yaburiye aba bayobozi ko igihe cyose Isi itaravana isomo mu byabaye mu Rwanda, bitazashoboka ko hizerwa ko nta kindi gihugu kizahura n’ibyago nk’ibyo u Rwanda rwagize.

Yavuze ko hakenewe kwamagana ihakana n’ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi haba mu mategeko nk’uko bimwe mu bihugu bibikora, cyangwa mu myanzuro ifatwa mu Muryango w’Abibumbye.

Yagize ati “Abayigizemo uruhare baracyidegembya mu Burayi na Amerika ya Ruguru. Mu kurandura umuco wo kudahana hakaboneka ubwiyunge nyakuri, bagomba kugezwa imbere y’ubutabera.”

2018-04-09
Editorial

IZINDI NKURU

Madamu Jeannette Kagame arahurira na Perezida Trump mu masengesho yo gusengera Amerika

Madamu Jeannette Kagame arahurira na Perezida Trump mu masengesho yo gusengera Amerika

Editorial 08 Feb 2018
Leta ya Uganda yakoze amakosa ubwo yasinyiraga inguzanyo yo kwagura ikibuga cy’indege cya Entebbe none birangiye bugishyize mu maboko y’Abashinwa

Leta ya Uganda yakoze amakosa ubwo yasinyiraga inguzanyo yo kwagura ikibuga cy’indege cya Entebbe none birangiye bugishyize mu maboko y’Abashinwa

Editorial 26 Nov 2021
Uganda: umusirikare wa CMI imaze igihe ihohotera abanyarwanda yahunze

Uganda: umusirikare wa CMI imaze igihe ihohotera abanyarwanda yahunze

Editorial 16 Jan 2018
Leta iraburira abanyarwanda kwirinda gukorera ingendo Uganda k’ubw’umutekano wabo (Yavuguruwe)

Leta iraburira abanyarwanda kwirinda gukorera ingendo Uganda k’ubw’umutekano wabo (Yavuguruwe)

Editorial 01 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwibuka25: Perezida Kagame na Madame bacanye urumuri rw’ikizere, aho Amahanga yakoraniye i Kigali  Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Kwibuka25: Perezida Kagame na Madame bacanye urumuri rw’ikizere, aho Amahanga yakoraniye i Kigali Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 07 Apr 2019
Zambia: Abanyarwanda Babiri Birukanwe Bashinjwa Kuba Intasi Z’u Rwanda Batsinze Urubanza
INKURU NYAMUKURU

Zambia: Abanyarwanda Babiri Birukanwe Bashinjwa Kuba Intasi Z’u Rwanda Batsinze Urubanza

Editorial 16 Sep 2018
Umukobwa uherutse kwiyahura asimbutse igorofa muri ULK yaba yari atwite,yaranandujwe Sida
Mu Mahanga

Umukobwa uherutse kwiyahura asimbutse igorofa muri ULK yaba yari atwite,yaranandujwe Sida

Editorial 25 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru