• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari
Umuyobozi mukuru wa RDB, Clare Akamanzi

Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Ubwanditsi 11 Apr 2018 UBUKUNGU

Ku butumire bwa Perezida wa Zimbabwe, Umuyobozi mukuru w’Ikigo gishinzwe iterambere (RDB), Clare Akamanzi, yerekeje muri iki gihugu aho agiye kubaganiriza ku ibanga u Rwanda rukoresha mu gukurura abashoramari b’abanyamahanga.

Akamanzi wageze muri Zimbabwe ku wa 10 Mata 2018 azaha ikiganiro abagize inama y’abaminisitiri muri Zimbabwe, abikorera ndetse n’abakozi ba leta, kizibanda ku cyatumye u Rwanda rushobora kwigarurira ishoramari mvamahanga rinini kandi mu gihe gito.

Mu kiganiro na The Herald, Umuvugizi wa Perezidansi ya Zimbabwe, George Charamba, yavuze ko ubwo Perezida Mnangagwa yitabiraga i Kigali inama ku gushyira umukono ku masezerano aganisha ku ishyirwaho ry’isoko rusange rihuza ibihugu bya Afurika, yatunguwe cyane n’uburyo ubukungu bw’u Rwanda bukomeje kuzamuka.

Yagize ati “Ikibazo kimwe cy’ingenzi twahise twibaza ni ‘ni gute mwabashije kuzamura ishoramari mvamahanga mu gihe gito kandi neza?’”

Charamba yavuze ko Perezida Paul Kagame yamusubije ko u Rwanda rufite Ikigo gishinzwe iterambere, aho abashoramari bakirirwa ndetse bakabasha no kubonana n’umuyobozi wacyo mukuru.

Nyuma yo kuganira n’Umuyobozi wa RDB no gusobanurirwa amavugurura atandukanye u Rwanda rukora ngo rworohereze abashoramari, Mnangagwa yahise asaba Perezida Kagame kumumwoherereza akajya gutanga ikiganiro muri Zimbabwe, arabimwemerera.

Nk’uko bigaragara mu ibaruwa Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda yandikiye iya Zimbabwe ikinyamakuru Chronicle cyabashije kubona, ku wa 29 Werurwe 2018, nibwo Perezida Emmerson Mnangagwa yanditse asaba kohererezwa itsinda ry’Abanyarwanda ryasangiza igihugu cye ibanga ryo kwihuta mu ishoramari.

Iyi baruwa ivuga ko Clare Akamanzi n’Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri RDB, Emmanuel Hategeka, bazagirira uruzinduko muri Zimbabwe ku wa 09-13 Mata.

Mnangagwa wagiye ku butegetsi mu mpera z’umwaka ushize asimbuye Robert Mugabe wari umaze imyaka 38 ayobora akaza kweguzwa n’igisirikare, yihaye intego zikomeye zigamije kuzahura ubukungu bwa Zimbabwe, zirimo no gukurura abashoramari b’abanyamahanga.

Ubwo Perezida Mnangagwa yitabiraga i Kigali inama ku gushyira umukono ku masezerano aganisha ku ishyirwaho ry’isoko rusangeRésultat de recherche d'images pour "Perezida Mnangagwa mu rwanda"

2018-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BK yazanye uburyo bushya bw’inguzanyo z’inzu za Kigali Vision City

BK yazanye uburyo bushya bw’inguzanyo z’inzu za Kigali Vision City

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Guteza imbere imibereho y’abaturage bizatwara igice kinini cy’ingengo y’imari 2019/2020

Guteza imbere imibereho y’abaturage bizatwara igice kinini cy’ingengo y’imari 2019/2020

Ubwanditsi 12 Jul 2019
Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Ubwanditsi 14 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi
UBUKUNGU

Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi

Ubwanditsi 18 May 2018
Etienne Gatanazi Yeruye Yanika Ifu Mu Muyaga Ashakira Ibigaze Mu Bigarasha
Amakuru

Etienne Gatanazi Yeruye Yanika Ifu Mu Muyaga Ashakira Ibigaze Mu Bigarasha

Ubwanditsi 28 Jul 2025
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye abakinnyi ba Police FC  intsinzi mu irushanwa nyafurika
Mu Mahanga

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye abakinnyi ba Police FC intsinzi mu irushanwa nyafurika

Ubwanditsi 19 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru