• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Ubwanditsi 19 Apr 2018 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda na Banki y’Isi bashyize umukono ku masezerano ya miliyoni 23 z’amadolari ya Amerika, ni ukuvuga hafi miliyari 19 Frw z’inyongera mu mushinga ugamije kurwanya imirire mibi mu bana.

Ni amafaranga yiyongera ku zindi miliyoni 55 z’amadolari y’Amerika, zingana na miliyari 47.25 Frw yatanzwe mu kwezi gushize, agenewe kugabanya ikibazo cy’imirire mibi no kugwingira kw’abana bari munsi y’imyaka itanu mu turere 13 dufite ikibazo kurusha utundi.

Imibare yo mu 2015 yerekana ko ku rwego rw’Igihugu, abana 38.5% bari munsi y’imyaka itanu bagwingiye. Inagaragaza ko uretse abagwingiye, abana 9% batari bafite ibiro bijyanye n’imyaka yabo, 3% bafite ikibazo cy’inzara mu gihe 78% by’abagore bonsaga abana bari hagati y’amezi 12 na 23 batafataga indyo yuzuye.

Amasezerano y’iyi nyongera yashyizweho umukono na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana na Visi Perezida wa Banki y’Isi muri Afurika, Makhtar Diop, i Washington DC mu nama ngarukamwaka y’iyi nbanki.

Binyuze muri gahunda yo kwita ku mirire, Nutrition Sensitive Direct Support (NSDS), iyi nkunga nayo irajya mu mushinga u Rwanda rufite wo kunganira imiryango itishoboye mu kwita ku mirire, kubigisha kwita ku bana no gukurikirana uburyo izi gahunda zose zishyirwa mu bikorwa.

Minisitiri Dr. Uzziel Ndagijimana yagize ati “Bitewe n’ingaruka z’igihe kirekire bigira ku iterambere ry’abaturage no kurwanya ubukene, kugwingira ni ikibazo twahagurukiye muri gahunda ya politiki n’iy’iterambere ry’igihugu. Twishimiye cyane umusanzu muri gutanga muri uru rugamba.”

Guverinoma y’u Rwanda, Banki y’Isi, Ibigo Power of Nutrition na Global Financing Facility (GFF), bateguye gahunda ihuriweho yo guhashya imirire mibi ya karande, hitawe cyane ku turere tugaragaza ibipimo byo kugwingira biri hejuru.

Biheruka gutangazwa ko aya mafaranga azakoreshwa muri gahunda y’imbonezamikurire y’abana (ECD), harebwa uko hakemurwa ikibazo cy’imirire mibi no kugwingira, hitawe by’umwihariko ku babyeyi batwite, abonsa n’abana bakiri bato kugeza ku myaka ibiri.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana na Visi Perezida wa Banki y’Isi muri Afurika, Makhtar Diop basinyanye amsezerano y’inkunga

Ku ikubitiro iyi gahunda ikazahera mu turere twa Nyabihu, Ngororero, Karongi, Rubavu, Rutsiro, Rusizi, Nyamagabe, Huye, Nyaruguru, Ruhango, Gakenke, Kayonza na Bugesera.

Visi Perezida wa Banki y’Isi muri Afurika, Makhtar Diop yagize ati “Ndifuza gushimira Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho uburyo n’imbaraga mu kurwanya imirire mibi ya karande no kongerera abaturage ubushobozi. Banki y’Isi izakomeza gukorana n’u Rwanda mu kwagura iyi gahunda ku rwego rw’igihugu mu kurwanya ukugwingira.”

Muri iyi gahunda yose muri rusange, nka Power of Nutrition ifitemo miliyoni 35$, ubariyemo miliyoni 15 $ ziri mu nkunga yasinywe kuri uyu wa Gatatu. Izindi miliyoni 8 $ zisigaye mu yasinyiwe uyu munsi zatanzwe na Global Financing Facility, yo ifite miliyoni 18$ mu mushinga wose.

Uyu mushinga uzwi nka ‘Strengthening Social Protection Project’ wemejwe mu Ukuboza 2017 ugamije gufasha Guverinoma y’u Rwanda muri gahunda zo kwita ku batishoboye, by’umwihariko muri gahunda ya VUP ijyana n’icyerekezo 2020.

Imibare y’abahanga igaragaza ko kugwingira k’umwana bigira ingaruka ku musaruro we amaze gukura kuko ugabanukaho 10%, bikanagabanya 3% ku musaruro mbumbe w’igihugu gifite abantu bagwingiye bakiri abana.

Mu mwiherero w’abayobozi wabaye ku wa 26 Gashyantare kugeza ku wa 1 Werurwe 2018, Perezida Kagame ntiyoroheye abayobozi ababaza impamvu ikibazo cy’imirire mibi nk’imwe mu mpamvu zituma abana bagwingira kidakemurwa, yibaza icyabuze.

Yagize ati “Ibyo tubivuze inshuro nyinshi, imirire mibi. Ugasanga twavuze ibindi, umutekano, ibiki, ahantu hose turi imbere. Kuki mu mirire twajya mu ba nyuma? Kubera iki? Mu mirire, mu migaburire y’abana bacu noneho ikajya no mu bakuru habuze iki?”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Dr. Mukabaramba Alvera, yavuze ko bikwiye ko umwana arindwa imirire mibi mbere y’imyaka ibiri, ndetse hari gahunda zatangiye zitegerejweho umusanzu muri urwo rugamba.

Yagize ati “Hatangiye gahunda zo kumurinda (umwana) akiri no munda, hari ibiryo ubu dusigaye duha ababyeyi batwite bari mu cyiciro cya mbere (batishoboye) ndetse n’abana guhera ku mezi atandatu kugeza ku myaka ibiri. Hari amafaranga menshi leta y’u Rwanda itanga, nk’ubwo ibyo biryo bidutwara miliyari esheshatu buri mwaka.”

Yakomeje agira ati “Hari n’amata duha abana nayo adutwara amafaranga menshi, adutwara miliyari eshatu buri mwaka nayo, bariya bana Minisiteri y’Ubuzima iba yerekanye ko bafite imirire mibi, bari mu mutuku cyangwa mu muhondo.”

Yavuze ko indi gahunda iri gushyirwamo imbaraga ari iy’amarerero (ECD) ari kubakwa kuri buri Kagali ku buryo nibishoboka azagezwa no kuri buri mudugudu.

Urete mu mibereho, Banki y’Isi itera inkunga u Rwanda mu nzego zitandukanye z’ubukungu, ikanashima uburyo iyo ruhawe ruyikoresha.

 

2018-04-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingengo y’imari y’igihugu igiye kongerwaho miliyari 141 Frw

Ingengo y’imari y’igihugu igiye kongerwaho miliyari 141 Frw

Ubwanditsi 29 Jan 2019
Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 11 Frw zo kurufasha guhangana na COVID-19

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 11 Frw zo kurufasha guhangana na COVID-19

Ubwanditsi 08 Apr 2020
Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” Rwiyemeje Kugeza Ku Banyarwanda Ibikoresho By’ubwubatsi Biramba [ VIDEO ]

Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” Rwiyemeje Kugeza Ku Banyarwanda Ibikoresho By’ubwubatsi Biramba [ VIDEO ]

Ubwanditsi 08 Feb 2019
Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu mubano wa Afurika n’u Burayi

Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu mubano wa Afurika n’u Burayi

Ubwanditsi 18 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya AS Muhanga yarwaje Koronavirusi abakozi bayo 12 barimo abakinnyi 10 , ni mu gihe habura iminsi itanu ngo hasubukurwe shampiyona y’u Rwanda.
Amakuru

Ikipe ya AS Muhanga yarwaje Koronavirusi abakozi bayo 12 barimo abakinnyi 10 , ni mu gihe habura iminsi itanu ngo hasubukurwe shampiyona y’u Rwanda.

Ubwanditsi 26 Apr 2021
Mugisha Samuel yegukanye Tour du Rwanda 2018
IMIKINO

Mugisha Samuel yegukanye Tour du Rwanda 2018

Ubwanditsi 12 Aug 2018
Rusizi: Igitero cyitwaje intwaro cyahitanye babiri bishwe barashwe n’abantu bataramenyekana
Mu Rwanda

Rusizi: Igitero cyitwaje intwaro cyahitanye babiri bishwe barashwe n’abantu bataramenyekana

Ubwanditsi 12 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru