• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ibintu 10 utazi kuri Commonwealth ije i Kigali

Ibintu 10 utazi kuri Commonwealth ije i Kigali

Editorial 21 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’Ibihugu bivuga ururimi rw’Icyongereza ‘Commonwealth’ bihereranye bemeza u Rwanda nk’igihugu kizakira inama itaha y’uyu muryango.

JPEG - 556.6 kb
U Rwanda nirwo rwatoranyijwe kuzakira inama ya CHOGM ihata muri 2020

Babyemeje ubwo basozaga iyi nama kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Mata 2018, nyuma y’iminsi itanu yari imaze ibera mu nzu w’Umwamikazi Elizabeth, i Londres mu Bwongereza.

Uzaba ari umwanya mwiza ku Rwanda wo gushimangira ubunararibonye mu kwakira inama zikomeye ku isi, nyuma y’imyaka igera ku 10 ruri ku isonga mu kunoza no mu migendekere myiza y’inama rwagiye rutegura.

Harabura imyaka ibiri ngo iyi nama iteranire i Kigali, ariko se ni iki wamenya kuri uyu muryango watangiye uhuza ibihugu byakoronizwaga n’u Bwongereza ku migabane yose?

Dore ibintu birindwi ushobora kuba utari uzi kuri uyu muryango washinzwe mu 1949, ufatwa nk’umwe mu miryango ihuza ibihugu ikomeye ku isi, u Rwanda rwatangiye kugiramo ijambo mu myaka umunani gusa rumaze rwemerewe kwinjiramo:

1. Agahigo gashya ku Rwanda

JPEG - 392.8 kb
Mu myaka igera ku icyenda gusa u Rwanda rumaze muri Commonwealth rumaze kuba intangarugero

Bifashe u Rwanda imyaka Icyenda gusa kugira ngo rwakire inama ya Commonwealth (CHOGM), ari nayo myaka rwari rumaze muri uyu muryango. Iki gihe nicyo gito ugereranyije n’icyo ibindi bihugu byagiye byinjiramo nyuma byakoresheje ngo biyakire.

Inama u Rwanda ruzakira ni nayo nama ya kabiri ibereye ku mugabane wa Afurika mu myaka igera kuri 12 nyuma ya Uganda yayakiriya mu 2007.

2. Ibuhugu bigize Commowealth byikubiye 1/3 cy’abatuye isi

JPEG - 223.5 kb
U Buhinde bwihariye kimwe cya kabiri cy’abatuye ibihugu bigize Commonwealth

Abaturage batuye ibihugu 53 bigize uyu muryango bose hamwe bakabakaba muri miliyari 2.4 ugereranyije n’abatuye isi babarirwa muri miliyari 7.4. igitangaje ni uko benshi muri bo bari munsi y’imyaka 30, bivuze ko ari umuryango ufite amaraso akiri mashya.

3. Ibihugu byose biwugize si ko byakolonijwe n’Abongereza

JPEG - 158.1 kb
U Rwanda nicyo gihugu cya kabiri kinjiye muri Commonwealth kitarakolonijwe n’Abongereza

U Rwanda ni cyo gihugu cya kabiri kinjiye muri uyu muryango kitarakolonijwe n’u Bwongereza ndetse nta n’ikindi cyabihuzaga, nyuma ya Mozambique yabanje kwinjiramo bwa mbere mu 1995.

Gusa uko ibihugu bishya byaje hari n’ibyagiye bivamo nka Zimbabwe, nyuma y’aho mu 2003 ihagarikiwe kubera Robert Mugabe yashinjwaga uburiganya mu matora.

Pakistan nayo yahagaritswe mu 1999 kubera leta yari iriho yashinjwaga guhirika ubutegetsi bwariho, ariko yaje kongera gusubizwamo nyuma y’imyaka igera kuri ibiri.

Afurika y’Epfo yirukanywe muri uyu muryango mu 1961 nyuma y’uko ubutegetsi bwariho bakoreshaga politiki y’ivangura izwi nka “apartheid”. Iki gihugu cyaje gusubira muri uyu muryango mu 1994.

Igihugu giheruka kwikura muri uyu muryango ni ibirwa bya Maldives byasabye kuvamo mu 2016.

4. Umwamikazi w’u Bwongereza ayoboramo ibihugu 16

JPEG - 69.6 kb
Umwamikazi Elizabeth wa Kabiri

Biratangaje kumva umuyobozi w’ikindi gihugu ayobora n’ikindi ariko ni ko bimeze. Umwamikazi Elizabeth niwe muyobozi mukuru w’ibihugu 16 bigize uyu muryango. Ni ukuvuga ko yungirizwa na Minisitiri w’Intebe akaba ari nawe ukora akazi ka buri munsi.

Ibyo bihugu byinshi bigizwe n’ibirwa ni Antigua na Barbuda, Australia, Bahamas, Barbados, Belize, Canada, Grenada, Jamaica, New Zealand, Papua New Guinea, Saint Kitts na Nevis, Saint Lucia, Saint Vincent na Grenadines, Solomon Islands, Tuvalu ubwami bw’u Bwongereza (UK).

Ibihugu bitandatu bisigaye bifite ubwami bwabyo bubiyobora naho 31 bisigaye bikaba ari repubulika ziyoborwa na baperezida.

5. Ibihugu biri muri Commonwealth bihagaze neza muri Afurika.

JPEG - 143.4 kb
U Rwanda ruyoboye isi mu kugira abagore benshi mu buyobozi

Ibihugu birindwi mu icumi bifite uburinganire hagati y’abagore n’abagabo buri hejuru, muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahari ni ibyo mu muryango wa Commonwealth.

Muri Afurika yose kandi ibihugu birindwi bya mbere bifite imiyoborere myiza ni ni ibyo muri uyu muryango usanzwe ufite indangagaciro zo kwimakaza imiyoborere myiza, uburinganire no kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Muri ibyo bihugu byose muri ibyo byiciro uko ari bibiri u Rwanda ruri mu myaka y’imbere.

6. Uyu muryango ni mugali kurusha uko ubikeka

JPEG - 96 kb
Canada nicyo gihugu kinini muri Commonwealth

Ibihugu bigize Commonwalth ubishyize ahantu hamwe byaba byihariye 1/4 cy’ubutaka bwisi.

Canada niyo ifasha uyu muryango kugira ubuso bunini kuko n’ubundi isanzwe ari igihugu cya kabiri kinini ku isi.

Ibihugu n’u Buhinde na Australia nabyo ni ibihugu bisanzwe ari binini ku isi byose bigira uruhare mu kwagura ubuso bw’uyu muryango.

JPEG - 99.6 kb
Ikirwa cya Nauru kiri mu bihugu bito cyane muri Commonwealth

Gusa Commonwealth ifite ibindi bihugu bifite ubuso buto butangaje. Muri byo harimo ibirwa nka Nauru bihereye mu Nyanja ya Pacific, Samoa, Tuvalu na Vanuatu, Dominica na Antigua na Barbuda bihereye muri Caraibes.

Umuntu ntiyabura kwemeza ko u Rwanda narwo ruri mu bihugu bito bigize uyu muryango.

7. Commonwalth yahoze yitwa “British Commonwealth”

JPEG - 114.9 kb
Ibihugu byashinzwe Commonwealth bwa mbere byawise “The British Commonwealth Nation states” ariko biza gukuraho ijambo “British”

Uyu muryango washinzwe ahagana mu kinyejana cya 20 ariko mu 1949 nibwo wavuguruwe, hatangira kurebwa inyungu rusange z’abawugize ari nabwo bahise bakuraho ijambo “British” mu rwego rwo kwirinda ko byagaragara nk’ubukoloni.

Ikindi gitangaje ni uko kuva uyu muryango washingwa umaze kuyoborwa n’abantu babiri gusawami George wa Kane n’Umwamikazi Elizabeth wa Kabiri ari nawe uriho ubu.

Ariko ntibivuze ko ari itegeko ko uyoborwa n’uturutse mu bwami bw’u Bwongereza. Gusa byitezweho ko Igikomangoma William ari we uzaba umuyobozi wawo wa gatatu namara kuba Umwami w’u Bwongereza.

8. Hari abakeka ko u Rwanda rwinjiye muri Commonwealth rwishongora ku Bufaransa. OYA

JPEG - 109.3 kb
U Rwanda rwagaragaje ubushake bwo kwinjira muri Commonwealth kuva rwakwibihora

Kugira ngo u Rwanda rwinjire muri uyu muryango ntago byari byoroshye nk’uko umuntu yabitekerezaga.

Akanama kabirshinzwe kagiye kabanza kurwangira kenshi karusaba kubanza gukemura bimwe mu bitaragendaga neza, cyane cyane ko nta gihe kinini rwari rumaze ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

U Rwanda ntirwacitse intege kuko rwagerageje gukemura ibyo rwasabwaga byose, bihurirana n’inzira y’iterambere ridaheza bose rwari rwarihaye, maze nyuma y’imyaka igera kuri 15 ruza kwemererwa.

Minisitiri Louise Mushikiwabo, icyo gihe wayoboraga Minisiteri y’Itangazamakuru, yatangaje ko u Rwanda rwasabye kwinjira muri uyu muryango rukurikiye amahirwe rwahabonaga.

Yagize ati “u Rwanda rwiteguye kwakira amahirwe mu by’ubukungu, politiki, umuco n’andi yose uyu muryango utanga.”

9. U Bwongereza bwihariye igice kinini cy’ubukungu bw’uyu muryango

JPEG - 48.5 kb
Ishusho igaragaza uko ibihugu by’ibihangange muri Commonwealth bihagaze

Ntibitangaje ariko umuntu ntiyabura kubikomozaho ko u Bwongereza ari cyo gihugu gikungayahe muri uyu muryango. Gusa hari ibindi bihugu bibuyingayinga nk’u Buhinde na Canada.

By’umwihariko u Buhinde bukaba bushobora kujya ku mwanya wa mbere bitewe n’umuvuduko bufite mu iterambere.

Imibare iheruka ya 2017 ku bukungu bw’imbere mu giihugu (GDP) uko buhagaze, u Bwongereza bwazaga ku isonga na miliyari 2.496 z’amadolari, u Buhinde bugakurikira na miliyari 2.454 na Canada ikaza ari iya gatatu na miliyari 1.600.

Uyu muryango kandi ufite ibihugu bikennye cyane nka Tuvalu ibarirwa muri miliyari 0.036, Nauru ibarirwa muri miliyari 0.114 na Kiribari ibarirwa muri miliyari 0.173.

10. Commonwealth nayo ifite ba mukeba

JPEG - 103.6 kb
Ibihugu byahoze bikolonizwa na Leta zunze Ubumwe z’Abasoviets nabyo biherutse guhurira i Belarus mu Burusiya

Ba mukeba bakomeye b’umuryango Commonwealth tutagomba kwibagirwa barimo “Umuryango mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa.

Hari kandi n’undi muryango ugizwe n’ibihugu byahoze bikoronizwa na Leza zahoze zunze Ubumwe z’Abasoviets witwa “Commonwealth of Independent States” washinzwe mu 1991.

Source : KT

2018-04-21
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyarwandakazi wafunzwe mbere yo kwirukanwa muri Uganda arasaba kubona uruhinja rwe yambuwe

Umunyarwandakazi wafunzwe mbere yo kwirukanwa muri Uganda arasaba kubona uruhinja rwe yambuwe

Editorial 30 Sep 2019
Frank Ntwali yarize amarira y’ingona ngo ababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo

Frank Ntwali yarize amarira y’ingona ngo ababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo

Editorial 18 Feb 2020
Perezida Kagame yasesekaye  muri Arménie ahagomba kwemerezwa niba Mushikiwabo azayobora OIF

Perezida Kagame yasesekaye muri Arménie ahagomba kwemerezwa niba Mushikiwabo azayobora OIF

Editorial 10 Oct 2018
Umujyanama muri Loni ushinzwe kurwanya Jenoside arashinja FDLR ubwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo

Umujyanama muri Loni ushinzwe kurwanya Jenoside arashinja FDLR ubwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo

Editorial 01 Dec 2022
Umunyarwandakazi wafunzwe mbere yo kwirukanwa muri Uganda arasaba kubona uruhinja rwe yambuwe

Umunyarwandakazi wafunzwe mbere yo kwirukanwa muri Uganda arasaba kubona uruhinja rwe yambuwe

Editorial 30 Sep 2019
Frank Ntwali yarize amarira y’ingona ngo ababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo

Frank Ntwali yarize amarira y’ingona ngo ababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo

Editorial 18 Feb 2020
Perezida Kagame yasesekaye  muri Arménie ahagomba kwemerezwa niba Mushikiwabo azayobora OIF

Perezida Kagame yasesekaye muri Arménie ahagomba kwemerezwa niba Mushikiwabo azayobora OIF

Editorial 10 Oct 2018
Umujyanama muri Loni ushinzwe kurwanya Jenoside arashinja FDLR ubwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo

Umujyanama muri Loni ushinzwe kurwanya Jenoside arashinja FDLR ubwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo

Editorial 01 Dec 2022
Umunyarwandakazi wafunzwe mbere yo kwirukanwa muri Uganda arasaba kubona uruhinja rwe yambuwe

Umunyarwandakazi wafunzwe mbere yo kwirukanwa muri Uganda arasaba kubona uruhinja rwe yambuwe

Editorial 30 Sep 2019
Frank Ntwali yarize amarira y’ingona ngo ababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo

Frank Ntwali yarize amarira y’ingona ngo ababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo

Editorial 18 Feb 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru