• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyarwandakazi wafunzwe mbere yo kwirukanwa muri Uganda arasaba kubona uruhinja rwe yambuwe

Umunyarwandakazi wafunzwe mbere yo kwirukanwa muri Uganda arasaba kubona uruhinja rwe yambuwe

Ubwanditsi 30 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umunyarwandakazi Julienne Kayirere, watawe muri yombi agafungwa binyuranyije n’amategeko ndetse agatandukanywa n’uruhinja rwe rw’ukwezi mbere yo kujugunywa ku mupaka w’u Rwanda na Uganda, arasaba ubufasha ngo yongere kubonana n’uruhinja rwe.

Uyu yasobanuriye itangazamakuru akaga yahuye nako kuri iki Cyumweru. Yavuze ko yagiye muri Uganda mu 2017 agiye mu rugendo rwa business.

“Polisi yaramfashe iramfunga. Nari mfite uruhinja rw’ukwezi batwaye. Umucamanza yarandekuye ariko ngiye gufata indangamuntu yanjye, telephone n’uruhinja, polisi yarongeye iramfata,”

Yavuze ko yafunzwe ibindi byumweru bitatu, agasanga abandi Banyarwanda bari bamaze imyaka isaga ibiri bafunzwe.

Nyuma yaje kurekurwa ajugunywa ku mupaka nta ruhinja rwe ahawe.

Ati: “Polisi yanze kumpa uruhinja rwanjye. Narabatakambiye ngo bampe umwana wanjye ariko baranze. Najugunywe nta ruhinja rwanjye,”

Kayirere ukomoka mu Karere ka Ruhango, yavuze ko umupolisi wari wamusezeranyije kongera kumuhuza n’uruhinja rwe yimuriwe ahandi hantu.

“Bahimbye inyandiko, amafoto banahindura izina ry’umwana wanjye barangije bavuga ko yapfuye,”ibi nibyo yakomeje avuga yongeraho ko ubwo yasabaga ibindi bisobanuro ku hantu umwana we yaba ari, igipolisi cyamukangishije kumwica.

Akomeza agira ati: “Umuntu umwe yangiriye inama yo kubigeza kuri Ambasade y’u Rwanda muri Uganda. Nagarutse mu Rwanda ariko kugeza ubu nta makuru mfite y’aho umwana wanjye yaba aherereye,”

Usibye Kayirere, undi Munyarwanda, Desire Uwitonze, akaba ari umuhanzi, nawe yajugunywe ku mupaka nyuma yo gukorerwa iyicarubozo muri Uganda.

Ati: “Natawe muri yombi nshinjwa kuba binyuranyije n’amategeko no gutata muri Uganda.”

Yavuze ko Igipolisi cya Uganda cyamusabye miliyoni imwe y’amashilingi kugirango kimurekure.

Ati: “Nakubitwaga buri munsi. Nangiwe kuvugna n’abo mu muryango wanjye n’inshuti.”

Uyu musore w’imyaka 28 wakorewe iyicarubozo nyuma yemerewe kuvugisha nyina ngo amufashe kwishyura amande yari yaciwe n’umucamanza mbere yo kurekurwa.

Yashimangiye ko hari Abanyarwanda benshi bari mu magereza yo muri Uganda banakoreshwa imirimo y’agahato.

Ati: “Ndasaba Abanyarwanda gushaka uko baguma mu Rwanda aho kujya ahantu hadatekanye.”

Yakomeje avuga ko bamwe mu Banyarwanda bakorewe iyicarubozo kuri ubu bafite ibibazo by’ubuzima.

Silas Hategekimana, umugabo w’Umunyarwanda wamaze ibyumweru akorerwa iyicarubozo ku mubiri no mu mutwe muri kasho z’Urwego rushinzwe Ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI), vuba aha muri uyu mwaka yaje gupfa azize ingaruka z’ibyo bikorwa yakorewe ubwo yari afunzwe binyuranyije n’amategeko.

Undi witwa Ernest Abijuru, umunyeshuri w’Umunyarwanda wakorewe iyicarubozo n’inzego z’umutekano za Uganda, kuri ubu akomeje gukurikiranwa n’abaganga ku Bitaro bya Kamonyi.

Ni mu gihe muri uku kwezi hagati abayobozi b’u Rwanda na Uganda bakoranye inama y’umunsi umwe yabereye I Kigali hagamijwe kureba uko ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi byabonerwa igisubizo kirambye.

U Rwanda rushinja Uganda gufasha no gushyigikira abafite imigambi yo guhungabanya umutekano warwo, ibirego Uganda yakomeje guhakana nubwo ibimenyetso bifatika byagiye bijya ku karubanda. Uganda nayo ishinja u Rwanda ibikorwa by’ubutasi.

2019-09-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Perezida Museveni akomeje gukora impinduka zidasanzwe mu ngabo ze

Uganda: Perezida Museveni akomeje gukora impinduka zidasanzwe mu ngabo ze

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Interahamwe n’ibigarasha byabaga muri Zambiya byatangiye gukwira imishwaro nyuma y’aho polisi y’icyo gihugu n’iy’u Rwanda ziyemereje gufatanya mu guhashya abanyabyaha

Interahamwe n’ibigarasha byabaga muri Zambiya byatangiye gukwira imishwaro nyuma y’aho polisi y’icyo gihugu n’iy’u Rwanda ziyemereje gufatanya mu guhashya abanyabyaha

Ubwanditsi 21 Dec 2020
Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Ubwanditsi 26 Mar 2024
Ku Mbibi Z’igihugu Nk’ingabo Z’igihugu Dushinzwe Umutekano Ni Mwiza 100% – Col. Pascal Muhizi

Ku Mbibi Z’igihugu Nk’ingabo Z’igihugu Dushinzwe Umutekano Ni Mwiza 100% – Col. Pascal Muhizi

Ubwanditsi 29 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19
Amakuru

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Ubwanditsi 13 Jul 2021
Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN
Amakuru

Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Ubwanditsi 20 Sep 2021
Twagiramungu yabuze ayo acira nayo amira mu gihe umutwe avugira wacitse umutwe n’imizi
INKURU NYAMUKURU

Twagiramungu yabuze ayo acira nayo amira mu gihe umutwe avugira wacitse umutwe n’imizi

Ubwanditsi 21 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru