• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Umuraperi Meek Mill yavuye muri Gereza

Umuraperi Meek Mill yavuye muri Gereza

Editorial 25 Apr 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umuraperi Meek Mill wari uherutse kwandikira urukiko asaba guhindura icyemezo rwafashe rumuhamya ibyaha, yarekuwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Mata 2018.

Meek Mill ubusanzwe witwa Robert Rihmeek Williams yatawe muri yombi tariki ya 6 Ugushyingo 2017, afunzwe aryozwa kuba yaranze kurangiza igihano yahawe cyo gukora imirimo ifitiye igihugu akamaro ndetse agasohoka mu rugo rwe yari yarategetswe kugumamo akajya gukora ibitaramo.

CNN yatangaje ko Meek Mill yarekuwe by’agateganyo n’Urukiko Rukuru rwa Pennsylvania. Nyuma yo gusohoka mu buroko, uyu muraperi ukomoka muri Philadelphia yanditse kuri Instagram ashimira Imana n’abantu bose bamubaye hafi mu gihe yari amaze afunzwe.

Yanditse ati “Ndashaka gushimira Imana, umuryango wanjye, inshuti, abanyunganira mu mategeko, itsinda ryanjye rya Roc Nation ririmo Jay Z, , Desiree Perez, inshuti yanjye nziza Michael Rubin. Abafana banjye, Urukiko rukuru rwa Pennsylvania n’abandi bose banyeretse urukundo no kunshyigikira muri iki gihe cyari gikomeye.”

Yongeyeho ati “Aya mezi atanu yari ibihe bibi cyane, amasengesho, kunsura, kumpamagara, amabaruwa n’ibindi byose mwankoreye byamfashije gukomeza kugira icyizere.”

Meek Mill yashimangiye ko ibibazo yaciyemo byo gufungwa mu buryo bw’amaherere nta cyaha kigaragara yakoze ahubwo akazira ‘imikorere mibi ya Polisi’, ngo agiye gukoresha izina afite abirwanye mu buryo bwose bushoboka.

Uyu muhanzi yari afungiwy muri gereza yo mu Mujyi wa Chester wo muri Leta ya Pennsylvania, mu minsi mike ishize yatumyeho abunganizi be mu by’amategeko asaba urukiko ko rwamurekura.

Umuraperi Meek Mill n’umwunganizi we

Muri 2016, Mill yategetswe kumara iminsi 90 adasohotse mu rugo, abirengaho ndetse ku itariki ya 5 Kamena 2016, yagiye mu gitaramo Beyonce yise ‘Formation Tour’, cyabereye i Philadelphia ari na bimwe mu byo aryozwa no kudakora imirimo ifitiye igihugu akamaro uko bikwiye. Yakatiwe gufungwa imyaka ibiri kugera kuri ine.

Yafunzwe inshuro ebyiri muri 2017, muri Werurwe yafatiwe kuri St. Louis International Airport aryozwa guhangana n’abakozi babiri b’ikibuga cy’indege; muri Kanama nabwo yafatiwe i New York aryozwa kuba yaratwaye moto atambaye ingofero, ibintu ubutabera bwavugaga ko byashoboraga gushyira mu kaga ubuzima bwe.

Muri gereza, Meek Mill ngo yari umwe mu bagaragazaga imyitwarire myiza

Yaherekejwe n’inshuti ze Michael Rubin na Kevin Hart ahita ajya kureba umukino wa Basketball

Meek Mill yasubiye mu buzima busanzwe nyuma yo kuva muri Gereza

2018-04-25
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda : Andi makuru agaragaza uburyo CMI na RNC barimo guhatira abanyarwanda kwinjira mu gisirikare cya Kayumba

Uganda : Andi makuru agaragaza uburyo CMI na RNC barimo guhatira abanyarwanda kwinjira mu gisirikare cya Kayumba

Editorial 29 Apr 2019
RNC, nka AlQaida kwi kwegera urupfu batekereza ko barimo guharanira ubutabera

RNC, nka AlQaida kwi kwegera urupfu batekereza ko barimo guharanira ubutabera

Editorial 07 Aug 2019
Leta iraburira abanyarwanda kwirinda gukorera ingendo Uganda k’ubw’umutekano wabo (Yavuguruwe)

Leta iraburira abanyarwanda kwirinda gukorera ingendo Uganda k’ubw’umutekano wabo (Yavuguruwe)

Editorial 01 Mar 2019
Kagame arashima uruhare rwa Tshisekedi mu guhashya imitwe yitwaje intwaro

Kagame arashima uruhare rwa Tshisekedi mu guhashya imitwe yitwaje intwaro

Editorial 31 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame na João Lourenço wa Angola bagiye mu Bubiligi aho baziga ku kibazo cya Congo
POLITIKI

Perezida Kagame na João Lourenço wa Angola bagiye mu Bubiligi aho baziga ku kibazo cya Congo

Editorial 30 May 2018
Ubutumwa bw’Ishyaka PL bwo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24
Mu Rwanda

Ubutumwa bw’Ishyaka PL bwo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24

Editorial 07 Apr 2018
Ese Komisiyo y’Amatora ikwiriye kwakira Kandidatire ya Diane Shima Rwigara ?
POLITIKI

Ese Komisiyo y’Amatora ikwiriye kwakira Kandidatire ya Diane Shima Rwigara ?

Editorial 30 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru