• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Igipolisi cy’u Burundi kishe umunyagihugu Albert Niyondiko kimutemaguje umupanga

Igipolisi cy’u Burundi kishe umunyagihugu Albert Niyondiko kimutemaguje umupanga

Ubwanditsi 17 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Iryo bara ryaguye mu gitondo cyo kuwa 9 Werurwe 2020. Mu rukerere, mu gihe cy’isaha cumi n’imwe za mugitondo, igico cy’abapolisi bari bazengurutse urugo rw’uwitwa Niyongabo ruri ku musozi wa Gakaranka muri komine Mugamba mu ntara ya Bururi.

Urwo rugo rubamo cyane cyane inka za Niyongabo kuko we aba mu Nyagasasa. Kuri urwo rugo niho kandi Albert Niyondiko yari yaraye iryo joro ari kumwe n’uwitwa Gatoto, umukozi wa Niyongabo. Kuba igipolisi cyari kizi neza aho Niyondiko yaraye, byerekana ko yari yakurikiranywe rwose umusi wa mbere y’uko afatwa kugeza igihe ba maneko bamenya  iyo yagiye kurara.

Mugitondo, abo bapolisi bahise  bategeka abari munzu bose ko basohoka, bumva ntawuvuga. Hahise akanya barasa amasasu atatu ku muryango,  kubera ubwoba, Gatoto arafungura arasohoka, bahita bamufata baramuboha. Albert Niyondiko we yanze gusohoka. Niho umwe mu bapolisi yafata ikemezo cyo kwinjira munzu ku ngufu. Ibyakurikiye bivugwa  muburyo butandukanye. Bamwe mu bapolisi bavuga ko Niyondiko yaba yagerageje kurwanya polisi akoresheje umupanga yari afite, abari hafi ye bo bavuga ko  Niyondiko yagerageje guhunga ahita yicwa. Icyo bose bahurizako n’ukuntu yishwe. Albert Niyondiko yapfuye kugera hanze, umupolisi ahita amurasa urusasu mu mpyiko, Niyondiko yikubita hasi ariko ntiyari apfa. Muri ako kanya abapolisi bahita baza kumusonga bamutemaguje umupanga wiwe.

Mugihe byari bimeze gutyo, abapolisi bahise babwira abaturage ko Niyondiko yabatorotse ariko ko bashoboye gusigarana umupanga wiwe. Abaturage bategetswe guterura umurabo wa Niyondiko Albert, bawuzamukana ku rugo iwe ruri kur’uwo musozi  wa Gakaranka, bagahita bawuhamba vuba vuba. Uko byategetswe niko byagenze : Albert Niyondiko yahambwe hafi y’irembo ry’urugo rwe, ahambwa umuryango we ntanumwe uhari. Uretse ba bapolisi, ibyo bikorwa byahagarikiwe n’intumwa ebyiri za Burugumesitiri wa komini.

Inyuma yo gushyingura umurambo wa Albert Niyondiko, polisi yatangiye gusaka ingo zimwe na zimwe, harimo n’urwa Gatoto, gifata abantu bake barimo Niyongabo, ariwe wari mu rugo kwa Niyondiko yicirwa aho.

Albert Niyondiko yazize iki ?

Mu mwaka wa 2015, Niyondiko ari mu bamaganye ukwiyamiriza  manda ya gatatu ya Petero Nkurunziza, nyuma aza gushinjwa gukorana n’imitwe yitwaje intwaro, inzego za maneko ziramushaka ziramubura zakomeje kumugendaho ziza kumenya aho aherereye nyuma aza kwicwa. Albert Niyondiko yari mu nama y’ishyirahamwe ry’iterambere ku musozi aho yari atuye.  Mu gihe cy’iyo nama haravugwa abasore babiri baje kureba abayirimo, bigashoboka ko zari  intasi za polisi za mukurikiranaga. Bishoboka kandi ko hari abagumye bamucunze kugirango barebe aho ajya kurara  kuko si kenshi yararaga mu rugo iwe. Albert Niyondiko, naho yakoraga imirimo ye yaburi munsi yari abizi ko azicwa. Ikibabaje n’uko polisi yahisemo kumwica imutemaguye aho kumuha  umwanya wo kwisobanura kubyo ashinjwa.

Ikibabaje kurutaho n’ukuntu yashyinguwe iwe kandi umuryango we ugahezwa nuhakandagire kugirango uhahamuke kurushaho.

Albert Niyondiko yavukiye ku musozi  wa Gakaranka muri komine Mugamba mu 1986. Yize amashuri yiwe kugeza mu mwaka wa gatanu w’amashuri mato.  Ntiyigeze yinjira igisirikare cy’Uburundi. Yakora akazi k’ubuhinzi n’ubworozi. Yari yubatse, apfuye asize abana bane, abakobwa babiri n’abahungu babiri. Mu bya politike, Albert Niyondiko yari mu ishyaka rya MSD.

2020-03-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hakuzimana Rashid yahamwe n’ibyaha byose aregwa, akatirwa gufungwa imyaka irindwi.

Hakuzimana Rashid yahamwe n’ibyaha byose aregwa, akatirwa gufungwa imyaka irindwi.

Ubwanditsi 08 Oct 2024
Denise Nkurunziza yajyanwe ikitaraganya kuvurwa COVID-19 muri Kenya, umugabo we aho kujya mu kato ari mu masengesho n’abandi bantu

Denise Nkurunziza yajyanwe ikitaraganya kuvurwa COVID-19 muri Kenya, umugabo we aho kujya mu kato ari mu masengesho n’abandi bantu

Ubwanditsi 29 May 2020
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Seychelles

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Seychelles

Ubwanditsi 13 Aug 2018
UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke,  bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke, bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

Ubwanditsi 31 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yatsinze Musanze ishimangira umwanya wa mbere, Rayon Sports yafashe umwanya wa Kabiri itsinze Marine FC
Amakuru

APR FC yatsinze Musanze ishimangira umwanya wa mbere, Rayon Sports yafashe umwanya wa Kabiri itsinze Marine FC

Ubwanditsi 05 Feb 2024
APR FC na Kiyovu SC zabonye intsinzi y’umunsi wa 20 zikomeza kugaragaza inyota yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

APR FC na Kiyovu SC zabonye intsinzi y’umunsi wa 20 zikomeza kugaragaza inyota yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 06 Mar 2022
Umucungamutungo wa Miroplast FC yacikanye imishahara y’abakinnyi
IMIKINO

Umucungamutungo wa Miroplast FC yacikanye imishahara y’abakinnyi

Ubwanditsi 17 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru