• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho

Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho

Editorial 28 Apr 2018 IKORANABUHANGA

Tecno Mobile Rwanda yamuritse telefoni nshya yise Camon X Pro n’iyigwa mu ntege Camon X, zifite ikoranabuhanga rigezweho n’ubushobozi bwo gufata amafoto butari busanzwe kuri telefoni z’uru ruganda.

Muri izi telefoni zashyizwe ku isoko kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Mata 2018, Camon X Pro ifite nka camera y’imbere ifite Megapixels 24, ububiko bwa Gigabytes 64, na Camera y’inyuma ifite Mega pixels 16.

Camon X yo ifite camera y’imbere ifite ubushobozi bwa Mega Pixels 20 n’iy’inyuma ya Megapixels 16, ububiko bwa 16 GB, zombi zigahurira ku kuba ari iza mbere zikoresha Android ya 8.1 zivuye kuri Android ya 7.0 yari imenyerewe, kandi zikoresha imirongo yose y’itumanaho guhera kuri 2G kugeza kuri 4G.

Umuyobozi Ushinzwe amahugurwa muri Tecno Mobile Rwanda, Tharcisse Usabyimana, yavuze ko ikintu cya mbere izi telefoni zifite gishya ari uko ikirahuri kinini ku buryo zigira amashusho atagira uko asa.

Yakomeje agira ati “Akandi gashya ku kirahuri ni uko ushobora kuba wakoresha porogaramu ebyiri mu gihe kimwe, ukabireba neza bitakugoye. Urugero ushobora kuba ureba nka film unaganira n’abantu kuri WhatsApp, muri telefioni imwe. Izindi wasangaga wenda biza ari bito cyane.”

“Ikindi izi telefoni zifite kidasanzwe ni camera y’imbere ifata selfie, ubundi izi ni telefoni zigenewe selfie kurusha ibindi. Camera y’imbere rero urasanga ari nini kurusha iy’inyuma, ikagira amafoto acyeye cyane. Ikindi cya gatatu ni uko twari tumenyereye telefoni bafunguza urutoki, izi zo ni ukuzifunguza isura.”

Muri ubu bushobozi izi telefoni za Camon X zazanye, umuntu azakomeza ajye azifunguza igikumwe, ariko habemo n’uburyo bwo kuyitunga mu isura yawe igafunguka (Face ID), ku buryo uretse wowe, n’ubwo yaba impanga yawe itabasha kwinjira muri telefoni yawe igihe utabishaka.

Abaziguze ku munsi wa mbere boroherejwe

Abaguze izi telefoni ubwo zashyirwaga ahagaragara kuri uyu wa Gatanu, boroherejwe mu buryo burimo kugabanyirizwa ibiciro banemererwa kwishyura mu byiciro bibiri.

Usabyimana yakomeje agira ati “Icyiciro cya mbere, ufashe igiciro cyazo ukagabanyamo kabiri, igice kimwe hari amafaranga turakugabanyirizaho, asigaye uyishyure uyu munsi, noneho kuko uraba wishyuye mu byiciro ntabwo urahita uyitwara, noneho uzagaruke nk’ejo uzanye cya gice cyasigaye hanyuma uyitware.”

Kuri Camon X iri kugura 158 000Frw hagendaga hagabanywaho 26 000 Frw kuri kimwe cya kabiri umuntu akishyura asigaye, naho kuri Camon X Pro igura 220 000 hakagabanywaho 44 000 Frw.

Didier Ndangamira nawe ukora muri Tecno yakomeje agira ati “Kuri izi telefoni nshya zaje, akarusho dufite ku bakiliya bacu ni uko uyiguze ikagira nk’ikibazo cyo kumeneka mbere y’amezi atatu, azaza muri serivisi zacu tumuhindurire icyo kirahuri ku buntu, ku bantu bazagurira mu maduka yacu ya VIP.”

Uruganda rwa Tecno rumaze kwigarurira isoko ryo mu Rwanda, kuko imibare iheruka yerekanaga ko Tecno ifite 75% by’isoko rya telefoni mu Rwanda.

Umuhango wo kumurika iyi telefoni wanitabiriwe n’abantu bazwi mu Rwanda barimo Ntabanganyimana Jean de Dieu uzwi nka Jay Rwanda wabaye rusadumbwa wa Afurika mu 2017, umuhanzi Yvan Buravan, Yannick Mukunzi ukinira Rayon Sports na Ingabire Habiba wahagarariye u Rwanda muri Miss Supranational mu 2017.

Aba bose nk’ababimburiye abandi gutunga izi telefoni za Camon X na Camon X Pro, bazivuze imyato nka telefoni zifite umwihariko mu birebana n’amafoto.

Jay Rwanda yagize ati “Iyi telefoni ni nziza cyane, ikirahuri cyayo kigaragara neza cyane, ikindi ni kuri selfie, ifoto iragaragara cyane, nabashishikariza kuyigura.”

Yannick Mukunzi nawe yavuze ko iyi ari telefoni nziza cyane, ahubwo icyo abantu bakora ari uguharanira kuzitunga kubera ubwiza zihariye, kimwe na Ingabire Habiba wavuze ko icyo yabwira abantu ari ukwitabira kuzigura bigishoboka.

Dushime Burabyo Yvan uzwi nka Buravan we yabanje gufata selfie ashyiramo abantu bari bitabiriye iki gikorwa, nawe ayivuga imyato avuga ko iyi telefoni ntako isa.

Ati “Iyi telefoni ni nziza. Impamvu mfashe selfie yindi nashakaga kureba neza ko ibyo mazemo iminsi atari inzozi, hari ukuntu ari byiza mu buryo burenze uko ubitekereza. Muyigure! ”

Muri iki gikorwa hanabayemo gutungurwa ku muhanzi Buravan, Tecno imufasha kwizihiza isabukuru y’imyaka 22, imuzanira umutsima ndetse imbaga yari ihari yose iramuririmbira.

Abakozi ba Tecno bari bitabiriye iki gikorwa

2018-04-28
Editorial

IZINDI NKURU

Ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga mu Buyapani bigiye kumurikira i Kigali ibyo bikora

Ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga mu Buyapani bigiye kumurikira i Kigali ibyo bikora

Editorial 05 May 2018
I&M Bank yegereje abagana Expo serivisi zituma batandukana no kugendana amafaranga

I&M Bank yegereje abagana Expo serivisi zituma batandukana no kugendana amafaranga

Editorial 07 Aug 2018
U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

Editorial 08 Aug 2025
Apple yaciwe miliyari $1.2 ishinjwa kubangamira ihiganwa mu bucuruzi mu Bufaransa

Apple yaciwe miliyari $1.2 ishinjwa kubangamira ihiganwa mu bucuruzi mu Bufaransa

Editorial 17 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Gahunda ya Nk’uwikorera’ izunganira izindi mu kwita ku mitangire ya servisi
Mu Rwanda

‘Gahunda ya Nk’uwikorera’ izunganira izindi mu kwita ku mitangire ya servisi

Editorial 22 Apr 2017
Umugabo yishe umugore we utwite amezi 7 wari waramuhungiye i Ntarama
Mu Rwanda

Umugabo yishe umugore we utwite amezi 7 wari waramuhungiye i Ntarama

Editorial 04 Jan 2018
Perezida Kagame yagiye muri Tchad akoresheje Pasiporo Nyafurika
Mu Rwanda

Perezida Kagame yagiye muri Tchad akoresheje Pasiporo Nyafurika

Editorial 08 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru