• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»RDF yohereje abasirikare bakoresha Ibifaru mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Centrafrique

RDF yohereje abasirikare bakoresha Ibifaru mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Centrafrique

Ubwanditsi 07 May 2018 Mu Rwanda

Igisirikare cy’u Rwanda cyohereje itsinda ry’abasirikare 238 bakoresha ibibunda binini bizwi ku izina ry’ibifaru, mu butumwa bw’Umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro mu gihugu cya Centrafrique.

JPEG - 1.8 Mb
Lt Gen Jacques Musemakweli ahanura ingabo zigiye mu butumwa

Izo ngabo zahagurutse ku kibuga cy’indege i Kanombe ku Cyumweru,tariki ya 6 Gicurasi,zikaba zagiye zisanga bagenzi bazo bagezeyo mu kwezi gushize bitwaje bimwe mu bikoresho bizifashishwa muri ubwo butumwa bufite izina rya MINUSCA.

Lt Gen Jacques Musemakweli,Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, mu mpanuro yahaye izo ngabo mbere y’uko zihaguruka, yazisabye gukomeza kuba maso ndetse no kurushaho kurangwa n’ikinyabupfura mu butumwa zigiyemo.

Yagize ati “Tubatezeho byinshi muri ubu butumwa, ni yo mpamvu mugomba kurangwa n’ikinyabupfura, ndetse n’ubushishozi mu kazi muzakora kose.”

JPEG - 261.8 kb
Bimwe mu bikoresho bizifashishwa muri ubu butumwa byagiye bisanga ibyagiye mbere

Lt Col Charles RUTAYISIRE, uyoboye izo ngabo zigiye mu butumwa, yatangaje ko ingabo ayoboye yizeye ko zizakora akazi neza, kuko zifite ubumenyi n’ibikoresho bihagije bizazifasha kwesa imihigo.

Izo ngabo zigize icyiciro cya gatatu cy’ingazo z’u Rwanda zitabiriye ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye ( MINUSCA), bugamije kugarura amahoro muri Centrafrique.

JPEG - 237.4 kb
Ibi bikoresho ngo bizabafasha kuzuza neza inshingano bagiyemo.

Kuri iki cyumweru kandi umugaba mukuru w’Ingabo Gen Patrick Nyamvumba n’itsinda ayoboye, bakaba barageze mu gihugu cya Centrafrique, aho yagiye gusura izo ngabo, mu rwego rwo kureba uko zihagaze mu bikorwa by’umuryango w’abibumbye.

JPEG - 319.6 kb
Gen Patrick Nyamvumba yakirwa muri Centrafrique

2018-05-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Komisiyo ya AU yabonye  umuyobozi mushya usimbura Dr Zuma

Komisiyo ya AU yabonye umuyobozi mushya usimbura Dr Zuma

Ubwanditsi 30 Jan 2017
Gusohoka mu mwiherero ntaruhushya byatumye Muhitira Felicien atazitabira imikino Olimpike, we avugako yasohotse agiye kunywa umuti umuvura amarozi

Gusohoka mu mwiherero ntaruhushya byatumye Muhitira Felicien atazitabira imikino Olimpike, we avugako yasohotse agiye kunywa umuti umuvura amarozi

Ubwanditsi 30 Jun 2021
Ndimbati Aloys washakishwaga ku byaha bya Jenoside, yarapfuye

Ndimbati Aloys washakishwaga ku byaha bya Jenoside, yarapfuye

Ubwanditsi 14 Nov 2023
Politiki idaheza u Rwanda rwiyemeje, ni umusingi ukomeye w’ubumwe bw’Abanyarwanda

Politiki idaheza u Rwanda rwiyemeje, ni umusingi ukomeye w’ubumwe bw’Abanyarwanda

Ubwanditsi 13 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Udushya mu mukino wa mbere wa CHAN :  Ubujura bukabije mu matike yo kwinjira
Mu Mahanga

Udushya mu mukino wa mbere wa CHAN : Ubujura bukabije mu matike yo kwinjira

Ubwanditsi 19 Jan 2016
Gianni Infantino uyobora FIFA yashimye Perezida  Paul Kagame ukomeje guteza imbere Ruhago
Amakuru

Gianni Infantino uyobora FIFA yashimye Perezida Paul Kagame ukomeje guteza imbere Ruhago

Ubwanditsi 27 Jul 2024
Mayweather yatsinze MacGregor Umunya-Ireland
IMIKINO

Mayweather yatsinze MacGregor Umunya-Ireland

Ubwanditsi 27 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru