• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi   |   07 Jun 2025

  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kirehe: Abayobozi b’ibigo by’amashuri bitatu bari mu mazi abira

Kirehe: Abayobozi b’ibigo by’amashuri bitatu bari mu mazi abira

Editorial 16 May 2018 Mu Rwanda

Itsinda rya Minisiteri y’uburezi ryari rimaze iminsi 10 rikora ubukangurambaga ku ireme ry’uburezi mu karere ka Kirehe ryasabye ko hagira igikorwa ku bayobozi b’ibigo bitatu ryasanze mo ibibazo bikomeye, akarere gahita kavuga ko kazabirukana.

Umuyobozi w’iki kigo cya GS Rugoma Emile Mukunzi.

Umuyobozi w’iki kigo cya GS Rugoma Emile Mukunzi uri mu bashobora kwirukanwa.

Ku mugoroba wo kuwa kabiri, ririya tsinda ryamurikiye akarere ka Kirehe ibyo ryasanze mu bigo 21 ryasuye, bingana na 30.8% y’ibigo byose biri mu karere ka Kirehe.

Umuyobozi wa IPRC Ngoma Ing. Ephrem Musonera wari uyoboye iri tsinda yagaragaje ko muri ibi bigo hari ibyiza bihakorerwa ariko hakiri n’ibibazo birimo iby’isuku, imikorere n’imyigishirize itanoze y’abarimu, ikoreshwa ry’ururimi rw’icyongereza riri hasi, ubucucike bushingiye ku bikorwaremezo bike, gufata nabi no kudakoresha uko bikwiye mudasobwa Leta yahaye ibigo by’amashuri n’ibindi.

Ing. Musonera muri raporo yahaye akarere yagaragaje ko byinshi muri ibi bibazo bishingiye ku bushobozi buke bwa bamwe mu bayobozi b’ibigo no kudakora akazi kabo neza.

Ndetse anasaba ko ubuyobozi bw’akarere bugira icyo bukora ku bibazo by’imiyoborere biri mu bigo bitandukanye.

Ati “Hari aho twasanze abana barya saa kumi wabaza umuyobozi w’ikigo ati: izo ni inshingano za Accountant ntabwo bindeba iyo ntabwo ari imikoranire.

Hari abarimu birukana abanyeshuri babatumye amafaranga atazwi, abarimu baza kwigisha banyoye inzoga, ariko ugasanga umuyobozi w’ikigo ntabizi, ibyo ni ibibazo bibangamiye ireme ry’uburezi bishingiye ku buyobozi.”

Ing. Ephrem Musonera, umuyobozi wa IPRC Ngoma wari uyoboye iri tsinda rya MINEDUC.

Ing. Ephrem Musonera, umuyobozi wa IPRC Ngoma wari uyoboye iri tsinda rya MINEDUC.

Iri tsinda rya MINEDUC ryasabye by’umwihariko ko habaho impinduka mu buyobozi bwa GS Rugarama II, GS Rugoma, na GS Kigina kubera amakosa akomeye ryahasanze.

Umuyobozi w’akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage MUKANDARIKANGUYE Gérardine.

MUKANDARIKANGUYE Gérardine

Umuyobozi w’akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage MUKANDARIKANGUYE Gérardine, yabwiye Umuseke dukesha iyi nkuru  ko aba bayobozi impinduka zasabwe mu buyobozi bw’ibigo zigiye gukorwa.

Ati “Ibigo twagaragarijwe by’abayobozi bakwiye guhinduka ntabwo ari ugukurwa ahantu ujyanwa ahandi kandi aho yari ari afite ibyo yahishe, turakurikiza amategeko babihanirwe, bamenye ko izo nshingano zabananiye bave muri izo nshingano bajye mubyo bashobora gukora hashyirweho ubundi buyobozi bw’ibigo by’amashuri.”

MUKANDARIKANGUYE avuga ko akarere kagiye gutangira nako icyumweru cy’uburezi kizaba kigamije kugera mu bigo byose kugira ngo baganire n’abarezi ndetse n’ubuyobozi.

Ati “Ni ubukangurambaga buzaba nabwo bugamije kongera kugenzura kugira ngo abagaragaraho amakosa bayahanirwe.”

Aba bayobozi bariyongera ku barezi bagera kuri batandatu nabo basabiwe ‘ibihano by’akazi’ mu minsi iri tsinda rya MINEDUC rimaze mu karere ka Kirehe ndetse bamwe baranabihawe.

Itsinda rya MINEDUC ryagiye rigaragaza impamvu risaba impinduka mu buyobozi bwa biriya bigo.

Itsinda rya MINEDUC ryagiye rigaragaza impamvu risaba impinduka mu buyobozi bwa biriya bigo.

Sr: Umuseke

 

2018-05-16
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame  kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda

Perezida Kagame kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda

Editorial 25 Jun 2017
Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Editorial 09 Apr 2020
Paul Kagame yatorewe kuyobora u Rwanda indi myaka irindwi, ashimira  abo bahatanaga ko ‘bagerageje’

Paul Kagame yatorewe kuyobora u Rwanda indi myaka irindwi, ashimira abo bahatanaga ko ‘bagerageje’

Editorial 05 Aug 2017
Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?

Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?

Editorial 28 Apr 2023
Perezida Kagame  kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda

Perezida Kagame kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda

Editorial 25 Jun 2017
Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Editorial 09 Apr 2020
Paul Kagame yatorewe kuyobora u Rwanda indi myaka irindwi, ashimira  abo bahatanaga ko ‘bagerageje’

Paul Kagame yatorewe kuyobora u Rwanda indi myaka irindwi, ashimira abo bahatanaga ko ‘bagerageje’

Editorial 05 Aug 2017
Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?

Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?

Editorial 28 Apr 2023
Perezida Kagame  kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda

Perezida Kagame kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda

Editorial 25 Jun 2017
Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Editorial 09 Apr 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru