• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Uganda: Gen Kale Kayihura akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza

Uganda: Gen Kale Kayihura akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza

Editorial 21 May 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uwahoze ari umukuru w’Igipolisi cya Uganda, Gen Kale Kayihura, yaba akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza nk’uko amakuru ava muri Uganda avuga.

Ubundi amabwiriza ya gisirikare muri Uganda avuga ko abasirikare basanzwe bagomba kubanza kwaka uruhushya umugaba mukuru w’ingabo (CDF), naho abo ku rwego rwa General nka Kayihura bakabanza kurusaba umugaba mukuru w’ikirenga (CIC) ariko binyuze ku mugaba mukuru w’ingabo.

Biravugwa ko perezida Museveni yimye uruhushya Gen Kale Kayihura, aho ngo yamubajije ikibazo cy’uburwayi afite, akamusubiza inyuma atamwemereye cyangwa ngo amuhakanire ariko ngo agasaba  abantu be kutamwemerera gusohoka.

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko Gen Kayihura muri weekend yagiye I Kampala avuye ku ifamu ye, nyuma yo kubonana n’inshuti agafata inzira yerekeza ku kibuga cy’indege ashaka kujya hanze kwivuza. Ngo yatunguwe no gusanga umutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu (SFC) wamaze kumenyesha ubuyobozi bw’ikibuga cy’indege bushinzwe abinjira n’abasohoka, ko Kayihura atagomba gusohoka mu gihugu uko byagenda kwose.

Gen Kayihura ariko ngo yakoze kinyamwuga abasirikare bari munsi ye bamaze kumumenyesha ko nahatiriza bamuta muri yombi, asohoka ku kibuga cy’indege nta kibazo ateje, yanga no guhamagara umugaba mukuru w’ingabo ahubwo ahitamo gusubira iwe I Kampala.

Iyi nkuru ikaba isoza ivuga ko bitarasobanuka neza icyo Gen Kayihura agiye gukora, ariko ngo igihari n’uko niba yifuza gusohoka muri Uganda adashobora gukoresha ikibuga cy’indege.

Gen Kale Kayihura yari umukuru w’Igipolisi cya Uganda kuva mu 2005 kugeza muri Werurwe 2018 nyuma y’uko abaturage bari bakomeje gutaka ihungabana ry’umutekano mu gihugu ryari rikomeje kwiyongera, igipolisi gishinjwa gufatanya n’abanyabyaha no kubakingira ikibaba aho kubakurikirana.

 

2018-05-21
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: Umuyobozi ukomeye mu Ishyaka CNDD-FDD yahishuye umugambi wacuzwe wo kwikiza ‘abakeba’

Burundi: Umuyobozi ukomeye mu Ishyaka CNDD-FDD yahishuye umugambi wacuzwe wo kwikiza ‘abakeba’

Editorial 30 Apr 2018
Uganda : Umunyamabanga wa Leta arashinja inzego z’umutekano kwica abayobozi hakabeshyerwa inyeshyamba

Uganda : Umunyamabanga wa Leta arashinja inzego z’umutekano kwica abayobozi hakabeshyerwa inyeshyamba

Editorial 20 May 2019
Abo muri “opozisiyo” baharanira kuyobora u Rwanda nabo ubwabo badashoboye kwiyobora

Abo muri “opozisiyo” baharanira kuyobora u Rwanda nabo ubwabo badashoboye kwiyobora

Editorial 19 Nov 2021
Kisangani :“Twatsinze Uganda inshuro eshatu”-Kagame

Kisangani :“Twatsinze Uganda inshuro eshatu”-Kagame

Editorial 01 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda
Mu Rwanda

Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda

Editorial 09 Apr 2018
Umuhanzikazi Lilian Mbabazi wabyaranye na Nyakwigendera Mowzey Radio arikoma abavuga ko atwite
SHOWBIZ

Umuhanzikazi Lilian Mbabazi wabyaranye na Nyakwigendera Mowzey Radio arikoma abavuga ko atwite

Editorial 14 Feb 2018
Abandi bantu barindwi bakize Coronavirus, umubare w’abanduye mu Rwanda ugera ku 126
HIRYA NO HINO

Abandi bantu barindwi bakize Coronavirus, umubare w’abanduye mu Rwanda ugera ku 126

Editorial 13 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru