• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Uganda: Gen Kale Kayihura akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza

Uganda: Gen Kale Kayihura akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza

Ubwanditsi 21 May 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uwahoze ari umukuru w’Igipolisi cya Uganda, Gen Kale Kayihura, yaba akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza nk’uko amakuru ava muri Uganda avuga.

Ubundi amabwiriza ya gisirikare muri Uganda avuga ko abasirikare basanzwe bagomba kubanza kwaka uruhushya umugaba mukuru w’ingabo (CDF), naho abo ku rwego rwa General nka Kayihura bakabanza kurusaba umugaba mukuru w’ikirenga (CIC) ariko binyuze ku mugaba mukuru w’ingabo.

Biravugwa ko perezida Museveni yimye uruhushya Gen Kale Kayihura, aho ngo yamubajije ikibazo cy’uburwayi afite, akamusubiza inyuma atamwemereye cyangwa ngo amuhakanire ariko ngo agasaba  abantu be kutamwemerera gusohoka.

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko Gen Kayihura muri weekend yagiye I Kampala avuye ku ifamu ye, nyuma yo kubonana n’inshuti agafata inzira yerekeza ku kibuga cy’indege ashaka kujya hanze kwivuza. Ngo yatunguwe no gusanga umutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu (SFC) wamaze kumenyesha ubuyobozi bw’ikibuga cy’indege bushinzwe abinjira n’abasohoka, ko Kayihura atagomba gusohoka mu gihugu uko byagenda kwose.

Gen Kayihura ariko ngo yakoze kinyamwuga abasirikare bari munsi ye bamaze kumumenyesha ko nahatiriza bamuta muri yombi, asohoka ku kibuga cy’indege nta kibazo ateje, yanga no guhamagara umugaba mukuru w’ingabo ahubwo ahitamo gusubira iwe I Kampala.

Iyi nkuru ikaba isoza ivuga ko bitarasobanuka neza icyo Gen Kayihura agiye gukora, ariko ngo igihari n’uko niba yifuza gusohoka muri Uganda adashobora gukoresha ikibuga cy’indege.

Gen Kale Kayihura yari umukuru w’Igipolisi cya Uganda kuva mu 2005 kugeza muri Werurwe 2018 nyuma y’uko abaturage bari bakomeje gutaka ihungabana ry’umutekano mu gihugu ryari rikomeje kwiyongera, igipolisi gishinjwa gufatanya n’abanyabyaha no kubakingira ikibaba aho kubakurikirana.

 

2018-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma ya Lt Gen Mudacumura, Gen Musabyimana Juvenal wa RUD Urunana nawe yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Nyuma ya Lt Gen Mudacumura, Gen Musabyimana Juvenal wa RUD Urunana nawe yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Ubwanditsi 09 Nov 2019
Kampala: Umuryango wa Claude Iyakaremye uratabaza nyuma yaho uyu munyarwanda ashimutiwe na CMI,  ashinjwa kuba intasi no gutunga imbunda

Kampala: Umuryango wa Claude Iyakaremye uratabaza nyuma yaho uyu munyarwanda ashimutiwe na CMI, ashinjwa kuba intasi no gutunga imbunda

Ubwanditsi 21 Apr 2018
Mitsindo Fidele umuhungu wa Aloys Nsekarije yagize icyo vuga kuri Ingabire Victoire uvugwaho gushinga imitwe y’iterabwoba.

Mitsindo Fidele umuhungu wa Aloys Nsekarije yagize icyo vuga kuri Ingabire Victoire uvugwaho gushinga imitwe y’iterabwoba.

Ubwanditsi 16 May 2019
Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

RUSHYASHYA 27 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yataye  muri yombi  itsinda ry’abantu  biyitirira akazi badakora
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi itsinda ry’abantu biyitirira akazi badakora

Ubwanditsi 11 Nov 2016
Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi
Amakuru

Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi

Ubwanditsi 07 Sep 2020
Umurundi yacikanye amapingu ahungira mu Rwanda
ITOHOZA

Umurundi yacikanye amapingu ahungira mu Rwanda

Ubwanditsi 20 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru