• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibikorwa by’icyumweru cya Polisi 2018: Hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa

Ibikorwa by’icyumweru cya Polisi 2018: Hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa

Ubwanditsi 05 Jun 2018 Mu Rwanda

Muri gahunda z’ibikorwa by’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi muri uyu mwaka wa 2018, kuwa mbere tariki ya 4 Gicurasi, Polisi y’ u Rwanda yatangije icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa n’akarengane, umuhango wabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda, ahatangirijwe ubukangurambaga bwo gukumira ruswa n’ibyaha bifitanye isano nayo.

Ubu bukangurambaga bukaba bwatangijwe n’inama nyunguranabitekerezo, yahuje inzego zifite aho zihuriye no kurwanya ruswa.

Iyi nama nyunguranabitekerezo ikaba yitabiriwe na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Johnston Busingye, Umuvunyi mukuru w’u Rwanda Murekezi Anastase, Umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda Jean Bosco Mutangana, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana, uhagarariye urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, uhagarariye Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imiyoborere (RGB), uhagarariye Umuryango urwanya ruswa n’Akarengane, Transparency International, Ishami ry’u Rwanda, abayobozi bakuru batandukanye muri Polisi y’u Rwanda no mu zindi nzego  zifite aho zihuriye no kurwanya ruswa.

Minisitiri Busingye yavuze ko ibikorwa ngarukamwaka Polisi y’u Rwanda irimo bigamije umutekano n’iterambere ry’abaturage, aho ubuyobozi bwa Polisi n’abaturage mu bufatanye basanganywe barebera hamwe ibimaze kugerwaho mu kubaka umutekano, n’ibindi bikenewe kugirango tugere ku mutekano urambye.

Kuri iyi ngingo, yavuze ati:” Umutekano ntureberwa gusa ku kuba nta mutekano muke mu gihugu, cyangwa se kuba nta byaha bikomeye biri mu gihugu. N’iyo hari ibyaha abantu bita ko ari bito; indwara z’ibyorerezo; ubukene; ihohoterwa mu miryango; ruswa n’ibindi, umutekano uba wahungabanye. Mu kurinda umutekano w’abanyarwanda rero, ibyo byose Polisi y’u Rwanda ibyitaho, kandi abaturage bakabigiramo uruhare ubwabo. Ni iyo gushimirwa.”

Minisitiri Busingye, yavuze ko ruswa ari icyaha kibi gishobora kunaniza igihugu kugera ku ntego zacyo, aho yavuze ko inzego z’ubutabera zagiye zitungwa agatoki mu bikorwa byo kwishora muri ruswa, kandi ko igihugu kirangwamo ruswa kidashobora kugera ku iterambere, kuko ruswa imunga ubukungu bw’igihugu.

Aha yavuze ati:”Ni ngombwa ko dushyira imbaraga mu guhindura iyo myumvire, tukihatira gukora akazi kinyamwuga, amategeko akubahirizwa, tuzirikana ko umurongo duhabwa n’ubuyobozi bw’igihugu cyacu ari ukurandura ruswa n’ibindi byaha byose bifitanye isano nayo. Turizera ko ibi biganiro mubivanamo ingamba zihamye zigamije kurandura burundu ruswa mu nzego zose z’igihugu muri rusange no mu nzego z’ubutabera by’umwihariko.”

Yakomeje avuga ko ku birebana na ruswa, abanyarwanda dufite amahitamo amwe gusa; kuyirwanya n’imbaraga zacu zose tukayirandura burundu, cyangwa tukayigeza aho idashobora gukoma mu nkokora iterambere ryacu,  n’abayishoramo ntibabone aho bihisha ingaruka zayo.

Minisitiri Busingye yasoje avuga ko ubufatanye bwa twese  kugira ngo ruswa icike mu Rwanda ariyo mikorere dusabwa, ko ahubwo tutabigenje gutyo twaba dutatira indahiro zinyuranye tuba twaragiriye abaturarwanda, kandi ko insanganyamatsiko yahariwe ibikorwa bya Polisi muri uyu mwaka yo “Gutura mu mudugudu utarangwamo icyaha”, bivuze ko buri mudugudu ugeze kuri iyi ntego igihugu cyose cyaba cyageze ku mutekano urambye.

Umuvunyi mukuru, yavuze ko urwego ahagarariye rushima kuba Polisi ifata umwanya igategura ubukangurambaga bwo kurwanya ruswa, kuko idindiza iterambere ry’igihugu.

Yavuze ko ubufatanye bw’inzego zitandukanye ari ngomba kugirango ruswa icike mu gihugu, kuko twese dufite intego yo kutihanganira ruswa na gato.

Aha yavuze ati:”Ruswa n’akarengane ni ibimenyetso by’imiyoborere mibi, kandi bihabanye na gahunda y’imiyoborere y’igihugu cyacu kuko imiyoborere y’igihugu cyacu ishingiye ku miyoborere myiza.”

Yavuze kandi ko ibyaha bya ruswa bigeye kuba ibyaha bidasaza, ku buryo umuntu wese uzaba akekwaho ibi byaha bitazamworohera gucika ubutabera.

Yakomeje avuga ati:”Twese dufatanye, duhanahane amakuru y’aho ruswa igaragara, turusheho guteza imbere igihugu cyacu, cyane cyane turushaho kubikangurira urubyiruko.”

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana mu ijambo rye, yavuze ko intego yo kurwanya ruswa ifasha mu iterambere rituma habaho ubuzima bwiza bw’abaturage, kuzamura ubukungu bw’Igihugu hashingiye ku itangwa rya serivisi nziza.

IGP Gasana yagize ati:” Igihugu cyacu cyihaye intego yo kugera ku buyobozi bwiza kandi buzira ruswa nk’uko bigarara mu migambi itandukanye Leta igenda ishyiraho.”

Yongeyeho ati:”Kurwanya ruswa ntibyagerwaho, ababigizemo uruhare badashyikirijwe inzego z’ubutabera kugirango bahanwe, kandi nta rwego rwakora rwonyinye hatabayeho kuzuzanya kw’inzego zose, zaba iza Leta, izigenga, imiryango itegamiye kuri Leta n’abikorera ku giti cyabo.”

Yavuze kandi ko mu ngamba zo kurwanya ruswa, Polisi y’u Rwanda yashyizeho ikigo cy’amahugurwa cya Polisi (Ethic Centre), ishami rya Polisi rishinzwe gukumira no kurwanya ruswa, kandi ko mu myaka 8 ishize, hari abapolisi barenga 60 bafatiwe muri ruswa bashyikirijwe ubushinjacyaha, bamwe bakaba baranirukanywe muri Polisi y’u Rwanda.

Icyumweru cya kane cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda kizibanda ku kurwanya ruswa gifite insanganyamatsiko igira iti:”Twese hamwe turwanye ruswa, turinde igihugu cyacu.”

Icyumweru cya gatatu kibanze ku bukangurambaga ku kurwanya ihohoterwa rikorerwa mu miryango, icya kabiri kibanze ku bukangurambaga ku mutekano wo mu muhanda, naho icya mbere kikaba cyaribanze ku bukangurambaga bwo gukumira no kurwanya ibiyobyabwenge.

2018-06-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Malawi: Mu masaha abarirwa ku ntoki urubanza rwa Murekezi ruratangira gusubirishwamo

Malawi: Mu masaha abarirwa ku ntoki urubanza rwa Murekezi ruratangira gusubirishwamo

Ubwanditsi 09 Apr 2017
Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Ubwanditsi 06 May 2021
Ethiopie: Umugaba w’Ingabo yiciwe mu gikorwa cyo guhirika ubutegetsi

Ethiopie: Umugaba w’Ingabo yiciwe mu gikorwa cyo guhirika ubutegetsi

Ubwanditsi 23 Jun 2019
Polisi muri Burera yafashe imodoka ebyiri zipakiye inzoga zitemewe mu Rwanda

Polisi muri Burera yafashe imodoka ebyiri zipakiye inzoga zitemewe mu Rwanda

Ubwanditsi 31 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni iki kihishe inyuma y’uruzinduko rwa Nkurunziza muri Tanzania
Mu Rwanda

Ni iki kihishe inyuma y’uruzinduko rwa Nkurunziza muri Tanzania

Ubwanditsi 21 Jul 2017
Nyuma ya Iyanya na Timaya, itsinda rya Urban Boyz rigiye gukorana indirimbo na Patoranking
IMIKINO

Nyuma ya Iyanya na Timaya, itsinda rya Urban Boyz rigiye gukorana indirimbo na Patoranking

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Polisi y’u Rwanda irahakana gukubita no gukomeretsa umumotari
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irahakana gukubita no gukomeretsa umumotari

Ubwanditsi 13 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru