• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ni iyihe mpamvu yari gutuma tubuza Katumbi kwinjira mu Rwanda?-Perezida Kagame

Ni iyihe mpamvu yari gutuma tubuza Katumbi kwinjira mu Rwanda?-Perezida Kagame

Ubwanditsi 12 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasobanuye ko nta mpamvu abona yari gutuma u Rwanda rwangira Moïse Katumbi, utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kwitabira inama izwi nka Mo Ibrahim Governance Weeekend, yabereye i Kigali mu mpera za Mata uyu mwaka.

Ubwo yari i Kigali, Katumbi umaze imyaka ibiri mu buhungiro yatangaje ko adatinya Perezida Kabila kandi agiye gusubira muri iki gihugu akiyamamariza kukiyobora mu matora ateganyijwe ku wa 23 Ukuboza 2018.

Yagize ati “Nyakanga ntabwo ari kera, ngiye gusubira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kabila ntabwo anteye ubwoba. Ubu kuko ndi mu Rwanda barazana ibirego byinshi by’ibihimbano kuko badakunda u Rwanda.”

Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’Umunyamakuru wa Jeune Afrique, François Soudain, yabajijwe ku ruzinduko rwa Katumbi mu Rwanda n’amagambo yahatangarije anenga Perezida Joseph Kabila.

Perezida Kagame yavuze ko byari kuba byiza iyo Katumbi avugira ariya magambo mu gihugu cye, ariko ku rundi ruhande i Kigali atari ho honyine yayavugiye.

Yagize ati “Ibibazo bya Katumbi ntabwo ari we bireba gusa, ni Congo yose na Perezida wayo. Ikindi ntabwo yari yatumiwe n’u Rwanda, ni Umuryango wa Mo Ibrahim, wari wateguriye i Kigali ibirori byo gutanga igihembo cyawo”.

Umukuru w’Igihugu yakomeje avuga ko nta mpamvu yari gutuma u Rwanda rubuza Katumbi kwinjira mu gihugu kuko uretse muri RDC ahandi hose yemerewe kuhajya.

Ati “Amasezerano yakozwe hagati y’igihugu cyakiriye n’abateguye ibirori, abemerera gutumira abantu uko babyifuza. Ni iyihe mpamvu yari gutuma tubuza Katumbi kwinjira mu Rwanda? Uko mbizi Katumbi abujijwe kwinjira mu gihugu cye ariko ntabwo ari hano cyangwa ahandi. Agenda ahantu hose, ntabwo u Rwanda arirwo rwonyine rwari kuba ikibazo.”

Moïse Katumbi watangaje ko aziyamamariza kuyobora RDC ahagarariye amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, aherutse kwemeza ko Kabila ariwe nkomoko y’umutekano muke uri mu gihugu biturutse ahanini ku kugundira ubutegetsi akanga ko habaho amatora.

Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye na Mo Ibrahim, yagarutse ku mvururu za politiki ziri muri RDC, yemeza ko ibihugu bituranye bigera ku icyenda ari ngombwa ko bigira uruhare mu gukemura ikibazo cyayo kuko kitayigiraho ingaruka yonyine.

Ati “Nk’abaturanyi niba dushobora gutanga ubufasha mu guhererekanya ubutegetsi muri Congo ntibibagireho ingaruka natwe ntizitugereho, niyo mpamvu tugomba kubigiramo uruhare.”

Avuga kandi ko ibyo abaturanyi bifuza ari uko amasezerano yitiriwe Mutagatifu Sylvestre yumvikanyweho n’Abanya-Congo, yubahirizwa n’abayasinye bose.

Moïse Katumbi w’imyaka 54, kuva 2007 yabaye Guverineri w’Intara ya Katanga ikungahaye ku mabuye y’agaciro, avaho yeguye mu 2015. Ubwo yari i Kigali yahagiriye ibihe byiza kuko Abanya –Congo baturutse imihanda yose, barimo ababa mu Rwanda, muri Uganda, i Burundi n’abo muri RDC mu Ntara zitandukanye, baje kumwakira bakamwishimira.

Gusa ashobora gufungwa aramutse asubiye muri RDC kuko mu 2016 yakatiwe n’Urukiko rw’Amahoro rwa Kamalondo i Lubumbashi, igifungo cy’imyaka itatu nyuma yo gushinjwa kubohoza ndetse akagurisha inzu y’umugereki Alexandros Stoupis.

Akekwaho kandi kwinjiza abacancuro b’abanyamahanga mu gihugu no gutunga ubwenegihugu bw’u Butaliyani kandi bitemewe ko atunga bubiri.

Kuva mu 2016, muri RDC hadutse imvururu zakuruwe n’icyemezo cya Perezida Kabila cyo kwanga kubahiriza ibiteganywa n’Itegeko Nshinga ngo ave ku butegetsi ubwo manda ze ebyiri zarangiraga.

Amatora yari ateganyijwe umwaka ushize ariko yimurirwa ku wa 23 Ukuboza 2018, ku mpamvu abatavuga rumwe n’ubutegetsi bemeza ko zigamije gukomeza gukenesha abaturage, guteza umutekano muke mu gihugu no kugundira ubutegetsi kuri Perezida Kabila.

Aya matora amaze gusubikwa inshuro ebyiri. Kabila wagiye ku butegetsi mu 2001, yagombaga kubuvaho mu 2016 arangije manda ze ebyiri.

Katumbi ubwo yari i Kigali mu Rwanda yitabiriye inama yari yateguwe na Mo Ibrahim Foundation

2018-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhigi ahindutse umuhigo: Tshisekedi yibwiraga ko uruzinduko rwa Papa Francis ruzamufasha gukomeza kubeshya amahanga, none ahubwo rumwambitse ubusa ku manywa y’ihangu.

Umuhigi ahindutse umuhigo: Tshisekedi yibwiraga ko uruzinduko rwa Papa Francis ruzamufasha gukomeza kubeshya amahanga, none ahubwo rumwambitse ubusa ku manywa y’ihangu.

Ubwanditsi 02 Feb 2023
Ibyo Mwenda ashingiraho yemeza ko Intambara hagati y’u Rwanda na Uganda ishoboka

Ibyo Mwenda ashingiraho yemeza ko Intambara hagati y’u Rwanda na Uganda ishoboka

Ubwanditsi 05 Jun 2019
“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 18 Jul 2024
Mu gihugu cy’ ubugande Imyigaragambyo y’abadashaka Museveni imaze guhitana ubuzima bw’abarenga 16 basaba ko Umukandida wabo afungurwa

Mu gihugu cy’ ubugande Imyigaragambyo y’abadashaka Museveni imaze guhitana ubuzima bw’abarenga 16 basaba ko Umukandida wabo afungurwa

Ubwanditsi 20 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Akanama k’Abaminisitiri ka EAC kajyanywe mu nkiko gashinjwa kutubahiriza amasezerano agenga umuryango
POLITIKI

Akanama k’Abaminisitiri ka EAC kajyanywe mu nkiko gashinjwa kutubahiriza amasezerano agenga umuryango

Ubwanditsi 24 Jan 2020
U Rwanda rwizeye kungukira mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubukerarugendo muri Israel
UBUKERARUGENDO

U Rwanda rwizeye kungukira mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubukerarugendo muri Israel

Ubwanditsi 13 Feb 2020
Muyoboke yamaganiye kure ibivugwa ko agiye gutandukana na Charly na Nina
MULTIMEDIA

Muyoboke yamaganiye kure ibivugwa ko agiye gutandukana na Charly na Nina

Ubwanditsi 11 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru