• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Gen. Salim Saleh udacana uwaka na Gen. Kale Kayihura yamusuye aho afungiye
Gen Salim Saleh na Gen Kayihura (iburyo)

Uganda: Gen. Salim Saleh udacana uwaka na Gen. Kale Kayihura yamusuye aho afungiye

Ubwanditsi 28 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Gen Salim Saleh, umuvandimwe wa Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni, yasuye Gen Kale Kayihura wahoze ari umuyobozi mukuru wa Polisi, aho afungiye muri gereza ya gisirikare ya Makindye.

Ku wa Kabiri tariki ya 26 Kamena 2018, nibwo Gen Saleh yabonanye na Gen Kayihura ariko ibyo baganiriye bigirwa ibanga.

Ikinyamakuru Dailymonitor, gitangaza ko amakuru aturuka mu nzego z’umutekano, avuga ko Gen Salim Saleh yabazaga Kayihura ku makuru avuga ko yakoranaga n’igihugu cy’igituranyi na Uganda, ay’ubwicanyi, ishimuta rya hato na hato n’ibindi byaha byagiye bikorwa mu gihugu ubwo yari umukuru w’igipolisi.

Andi makuru iki kinyamakuru gifite, avuga ko Minisitiri w’umutekano Gen Elly Tumwine n’umuyobozi w’ubutasi bwa gisirikare, Brig Abel Kandiho, nabo babonanye na Kayihura mbere y’uko abonana na Salim Saleh.

Andi makuru akaba avuga ko Gen Kayihura yanze kugira icyo avugana n’abo yita abasirikare b’abofisiye b’abana kuri we, ndetse n’ubwo yabazwaga mu iperereza ngo akaba yararyumyeho.

Iki kinyamakuru gitangaza ko kitabashije kuvugana na Gen Salim Saleh, ko cyamuhamagaye kuri telefoni ye igendanwa ngo kigire byinshi kimubaza ku ukubonana kwe na Kayihura, birangira atitabye.

Gen Kayihura yatawe muri yombi   13 Kamena 2018, n’igisirikare cya Uganda kimusanze iwe mu gace ka Lyantonde, ajyanwa i Kampala muri kajugujugu, nyuma ajyanwa gufungirwa muri gereza ya gisirikare ya Makindye.

Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig Richard Karemire ubwo yabazwaga impamvu Kayihura amaze ibyumweru birenga bibiri afunze atagezwa imbere y’urukiko, ngo yanze kugira icyo abivugaho, abanyamakuru bakomeje kubimubazaho cyane, ngo yasubije agira ati « Nta cyo mbivugaho».

Aho Kayihura afungiye, ngo icyo yemerewe ni ukutarenga urubaraza rw’inzu afungiyemo, imbere mu cyumba arimo akaba afite televiziyo areba n’ibinyamakuru asoma.

Abo mu muryango we, ngo bemerewe kumuzanira amafunguro ariko ngo kuba bavugana na we mu muhezo ntibabyemerewe, abashinzwe umutekano kuri iyo gereza haba imbere n’inyuma yayo, ngo bakaba bahoza ijisho ku bo mu muryango we, ku buryo ngo ntacyo bavugana cy’ibanga.

Muri Werurwe uyu mwaka, nibwo Perezida Museveni yavanye Gen Kayihura ku mwanya w’umukuru wa Polisi, amusimbuza Okoth Ochola.

N’ubwo ataragezwa imbere y’urukiko, bivugwa ko Kayihura akurikiranyweho ubwicanyi bwakozwe ari umuyobozi wa Polisi, bwanahitanye uwari umuvugizi w’igipolisi, AIGP Andrew Kaweesi, n’ibindi byaha bitandukanye.

2018-06-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RPF : Gen Kabarebe yakomoje ku ibanga ry’Urugamba rw’Inkotanyi n’urupfu rwa Fred Rwigema

RPF : Gen Kabarebe yakomoje ku ibanga ry’Urugamba rw’Inkotanyi n’urupfu rwa Fred Rwigema

Ubwanditsi 26 Nov 2017
Imyaka ibiri irashize Ingabire Victoire ahawe imbabazi akarekurwa, akabaye icwende ntikoga ngo gashire umunuko

Imyaka ibiri irashize Ingabire Victoire ahawe imbabazi akarekurwa, akabaye icwende ntikoga ngo gashire umunuko

Ubwanditsi 16 Sep 2020
Uganda yakabaye ariyo iharanira ko umubano n’u Rwanda uzanzamurwa- Andrew Mwenda

Uganda yakabaye ariyo iharanira ko umubano n’u Rwanda uzanzamurwa- Andrew Mwenda

Ubwanditsi 14 Mar 2019
Uganda: Depite Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ yongeye kwibasira Perezida Museveni

Uganda: Depite Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ yongeye kwibasira Perezida Museveni

Ubwanditsi 03 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bimwe mu bintu bishobora kongera gusenya EAC nk’uko byagenze mu 1977-Ambassador Harold Acemah
INKURU NYAMUKURU

Bimwe mu bintu bishobora kongera gusenya EAC nk’uko byagenze mu 1977-Ambassador Harold Acemah

Ubwanditsi 11 Dec 2018
Visi Perezida wa APR FC Maj Gen Mubarakh Muganga Yagejeje ku Bakinnyi Imigabo n’Imigambi ya APR FC y’Umwaka Utaha Anabasaba Gukomeza Kwirinda Icyorezo COVID-19
IMIKINO

Visi Perezida wa APR FC Maj Gen Mubarakh Muganga Yagejeje ku Bakinnyi Imigabo n’Imigambi ya APR FC y’Umwaka Utaha Anabasaba Gukomeza Kwirinda Icyorezo COVID-19

Ubwanditsi 04 Aug 2020
Impamvu U Rwanda rwizeye ko minisitiri Mushikiwabo azatsindira kuyobora OIF
POLITIKI

Impamvu U Rwanda rwizeye ko minisitiri Mushikiwabo azatsindira kuyobora OIF

Ubwanditsi 30 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru