• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Ubwanditsi 12 Jul 2018 UBUKUNGU

Perezida Kagame kuri uyu wa Kane yakiriye itsinda ry’Umuryango w’abayobozi b’ibigo mpuzamahanga by’ubucuruzi bakiri bato (Young Presidents Association), abasobanurira ko u Rwanda rwahisemo gushora imari mu ikoranabuhanga kuko ari igisubizo cy’ibibazo rwari rufite.

Iri tsinda ry’abantu 80 baturuka mu bihugu 17, bari mu ruzinduko rw’icyumweru mu Rwanda rugamije kureba aho igihugu kigeze mu iterambere.

Mu biganiro bagiranye n’Umukuru w’Igihugu ku cyerekezo cy’igihugu, yababwiye ko u Rwanda rwakoze impinduka rukava mu gihe rwageragezaga gushaka amaramuko none rukaba ruri mu gihe cyo kubaho. Yavuze ko igihugu cyahereye mu gushora imari mu baturage, mu buzima, uburezi n’umutekano, none kikaba kigeze mu gihe cyo gusigasira iryo terambere.

Perezida Kagame yatanze urugero rw’uko mu myaka 24 ishize, icyizere cyo kubaho ku Munyarwanda cyari imyaka 41, ubu kikaba ari 67, avuga ko ishoramari ryose rishingiye ku gusigasira iyi ntambwe kugira ngo idasubira inyuma.

U Rwanda rwihaye gahunda yo gushora imari mu ikoranabuhanga nk’ikivumbikisho gikomeye cy’ubukungu. Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi ko iyi gahunda hari abatekerezaga ko itashoboka, bakajya inama yo kuyisimbuza ibiryo.

Yagize ati “Benshi bibwiraga ko igitekerezo cyacu twibeshye. Twabajijwe uko ushobora gutekereza ku ikoranabuhanga mu gihe abaturage bawe badafite ibiryo. Ntabwo twabonye ikoranabuhanga nk’inzitizi ahubwo twaribonye nk’igisubizo cy’ibibazo twari dufite”.

U Rwanda rumaze gushora mu ikoranabuhanga miliyari y’amadolari mu mishinga inyuranye. Mu gihugu hose hamaze kugezwa umuyoboro mugari wa Internet (Fibre Optique) ureshya n’ibirometero 4 500, ukaba unahura n’ibihugu bituranye n’u Rwanda. Internet ya 4G yagejwejwe mu gihugu hose.

Abatunze telefoni ngendanwa mu Rwanda bageze kuri 76.2% aho abarenga miliyoni 8.5 bazitunze, naho abagerwaho na Internet bakaba ari 33%.

U Rwanda rumaze imyaka irenga 10 rukorana n’aba bayobozi ndetse bamwe muri bo bahashoye imari. Kugeza ubu hari amasosiyete 10 yabo akorera mu Rwanda ku bufatanye n’abandi banyarwanda, ku buryo bitezweho gukomeza kurufasha guteza imbere ishoramari.

Perezida Kagame yavuze kandi ko abashoramari bakwiye kuyishora mu Rwanda kuko rubikora, rwiteguye kwigira ku bunararibonye bw’abandi kandi ntirugire ubwoba bwo kugerageza ibintu bidasanzwe.

Yagarutse ku kurwanya ruswa avuga ko u Rwanda rutayemera kuko ifite ingaruka rudashobora gukemura.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Emmanuel Hategeka, yavuze ko icyo u Rwanda rwifuza kuri aba bayobozi ari ubufatanye mu iterambere yaba mu ishoramari no mu bindi bikorwa by’iterambere nk’uburezi, ubuvuzi n’ibindi bihitiyemo.

Yagize ati “Icyo tubashakaho cyane icya mbere ni ubuvugizi, kugaragaza igihugu mu mahanga n’ibyo tumaze kugeraho, icya kabiri ni ugufatanya natwe mu iterambere mu buryo bwose bihitiyemo, yaba ishoramari, mu bikorwa by’iterambere binyuranye”.

Umuhuzabikorwa w’iri tsinda, Tom Krulis, washoye imari mu Rwanda mu bijyanye n’ingufu, avuga ko nk’uko Umukuru w’Igihugu yabibashishikarije biteguye gukomeza gutanga umusanzu mu iterambere ry’u Rwanda.

Yagize ati “Turi hano turifuza kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda, twazanye imiryango, abana kugira ngo dutange umusanzu hano nk’uko tubikora n’ahandi ku Isi, dutewe ishema no gutuma byinshi byakoreka”.

Umuryango w’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato ugizwe n’abanyamuryango barenga 24 000 bo mu bihugu 130. Mu gihe bazamara bazatembera u Rwanda ku buryo bazajyana impamba ihagije y’icyo bakora kugira ngo nabo binjire mu rugendo rurimo rwo kwiteza imbere.

Perezida Kagame yasobanuye ko ikoranabuhanga rizafasha u Rwanda gukemura ibibazo rufite

Perezida Kagame na Tom Krulis nyuma y’ibiganiro

Iri tsinda rizamara icyumweru mu Rwanda

2018-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One ? Irebere uko bakurikirana

Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One ? Irebere uko bakurikirana

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Abanyarwanda babiri bavumbuye App “VugaPay” none igeze ku gaciro ka miliyoni 3$

Abanyarwanda babiri bavumbuye App “VugaPay” none igeze ku gaciro ka miliyoni 3$

Ubwanditsi 11 May 2017
BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Icyo Minisitiri w’Intebe yaganiriye n’Umuyobozi wa IMF muri Afurika ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda

Icyo Minisitiri w’Intebe yaganiriye n’Umuyobozi wa IMF muri Afurika ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda

Ubwanditsi 23 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya: Urukukiko rw’ikirenga rwemeje bidasubirwaho itorwa rya Uhuru Kenyatta
INKURU NYAMUKURU

Kenya: Urukukiko rw’ikirenga rwemeje bidasubirwaho itorwa rya Uhuru Kenyatta

Ubwanditsi 20 Nov 2017
Une étrange rumeur sur des tirs contre Kabila relayée par Theo Francken
Mu Rwanda

Une étrange rumeur sur des tirs contre Kabila relayée par Theo Francken

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Aho bikomereye  n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe
Mu Rwanda

Aho bikomereye n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe

Ubwanditsi 03 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru