• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Ubwanditsi 12 Jul 2018 UBUKUNGU

Perezida Kagame kuri uyu wa Kane yakiriye itsinda ry’Umuryango w’abayobozi b’ibigo mpuzamahanga by’ubucuruzi bakiri bato (Young Presidents Association), abasobanurira ko u Rwanda rwahisemo gushora imari mu ikoranabuhanga kuko ari igisubizo cy’ibibazo rwari rufite.

Iri tsinda ry’abantu 80 baturuka mu bihugu 17, bari mu ruzinduko rw’icyumweru mu Rwanda rugamije kureba aho igihugu kigeze mu iterambere.

Mu biganiro bagiranye n’Umukuru w’Igihugu ku cyerekezo cy’igihugu, yababwiye ko u Rwanda rwakoze impinduka rukava mu gihe rwageragezaga gushaka amaramuko none rukaba ruri mu gihe cyo kubaho. Yavuze ko igihugu cyahereye mu gushora imari mu baturage, mu buzima, uburezi n’umutekano, none kikaba kigeze mu gihe cyo gusigasira iryo terambere.

Perezida Kagame yatanze urugero rw’uko mu myaka 24 ishize, icyizere cyo kubaho ku Munyarwanda cyari imyaka 41, ubu kikaba ari 67, avuga ko ishoramari ryose rishingiye ku gusigasira iyi ntambwe kugira ngo idasubira inyuma.

U Rwanda rwihaye gahunda yo gushora imari mu ikoranabuhanga nk’ikivumbikisho gikomeye cy’ubukungu. Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi ko iyi gahunda hari abatekerezaga ko itashoboka, bakajya inama yo kuyisimbuza ibiryo.

Yagize ati “Benshi bibwiraga ko igitekerezo cyacu twibeshye. Twabajijwe uko ushobora gutekereza ku ikoranabuhanga mu gihe abaturage bawe badafite ibiryo. Ntabwo twabonye ikoranabuhanga nk’inzitizi ahubwo twaribonye nk’igisubizo cy’ibibazo twari dufite”.

U Rwanda rumaze gushora mu ikoranabuhanga miliyari y’amadolari mu mishinga inyuranye. Mu gihugu hose hamaze kugezwa umuyoboro mugari wa Internet (Fibre Optique) ureshya n’ibirometero 4 500, ukaba unahura n’ibihugu bituranye n’u Rwanda. Internet ya 4G yagejwejwe mu gihugu hose.

Abatunze telefoni ngendanwa mu Rwanda bageze kuri 76.2% aho abarenga miliyoni 8.5 bazitunze, naho abagerwaho na Internet bakaba ari 33%.

U Rwanda rumaze imyaka irenga 10 rukorana n’aba bayobozi ndetse bamwe muri bo bahashoye imari. Kugeza ubu hari amasosiyete 10 yabo akorera mu Rwanda ku bufatanye n’abandi banyarwanda, ku buryo bitezweho gukomeza kurufasha guteza imbere ishoramari.

Perezida Kagame yavuze kandi ko abashoramari bakwiye kuyishora mu Rwanda kuko rubikora, rwiteguye kwigira ku bunararibonye bw’abandi kandi ntirugire ubwoba bwo kugerageza ibintu bidasanzwe.

Yagarutse ku kurwanya ruswa avuga ko u Rwanda rutayemera kuko ifite ingaruka rudashobora gukemura.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Emmanuel Hategeka, yavuze ko icyo u Rwanda rwifuza kuri aba bayobozi ari ubufatanye mu iterambere yaba mu ishoramari no mu bindi bikorwa by’iterambere nk’uburezi, ubuvuzi n’ibindi bihitiyemo.

Yagize ati “Icyo tubashakaho cyane icya mbere ni ubuvugizi, kugaragaza igihugu mu mahanga n’ibyo tumaze kugeraho, icya kabiri ni ugufatanya natwe mu iterambere mu buryo bwose bihitiyemo, yaba ishoramari, mu bikorwa by’iterambere binyuranye”.

Umuhuzabikorwa w’iri tsinda, Tom Krulis, washoye imari mu Rwanda mu bijyanye n’ingufu, avuga ko nk’uko Umukuru w’Igihugu yabibashishikarije biteguye gukomeza gutanga umusanzu mu iterambere ry’u Rwanda.

Yagize ati “Turi hano turifuza kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda, twazanye imiryango, abana kugira ngo dutange umusanzu hano nk’uko tubikora n’ahandi ku Isi, dutewe ishema no gutuma byinshi byakoreka”.

Umuryango w’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato ugizwe n’abanyamuryango barenga 24 000 bo mu bihugu 130. Mu gihe bazamara bazatembera u Rwanda ku buryo bazajyana impamba ihagije y’icyo bakora kugira ngo nabo binjire mu rugendo rurimo rwo kwiteza imbere.

Perezida Kagame yasobanuye ko ikoranabuhanga rizafasha u Rwanda gukemura ibibazo rufite

Perezida Kagame na Tom Krulis nyuma y’ibiganiro

Iri tsinda rizamara icyumweru mu Rwanda

2018-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

#Kwibohora25 : Impinduka zidasanzwe mu iterambere ry’ubukungu mu myaka 25

#Kwibohora25 : Impinduka zidasanzwe mu iterambere ry’ubukungu mu myaka 25

Ubwanditsi 05 Jul 2019
Perezida Kagame yavuze ko ubucuruzi hagati ya Afurika n’u Burusiya butanga icyizere

Perezida Kagame yavuze ko ubucuruzi hagati ya Afurika n’u Burusiya butanga icyizere

Ubwanditsi 25 Oct 2019
Afurika irashoboye, yagiye ihezwa inyuma n’imiyoborere-Perezida Kagame

Afurika irashoboye, yagiye ihezwa inyuma n’imiyoborere-Perezida Kagame

Ubwanditsi 03 Oct 2019
KIGALI : Embouteillage yo mu Giporoso yavugutiwe umuti,  U Bushinwa bwatanze miliyari zisaga 38 Frw yo kwagura umuhanda Giporoso-Nyandungu-Masaka

KIGALI : Embouteillage yo mu Giporoso yavugutiwe umuti, U Bushinwa bwatanze miliyari zisaga 38 Frw yo kwagura umuhanda Giporoso-Nyandungu-Masaka

Ubwanditsi 20 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mugabe agiye guhatwa ibibazo ku gihombo cya miliyari 15 z’amadolari yari kuva muri “diamant”
POLITIKI

Mugabe agiye guhatwa ibibazo ku gihombo cya miliyari 15 z’amadolari yari kuva muri “diamant”

Ubwanditsi 12 Apr 2018
Itorero Solution Center Celebration Church rikorera umurimo w’ivugabutumwa bwiza mu Rwanda, rikomeje imirimo yaryo.
Mu Mahanga

Itorero Solution Center Celebration Church rikorera umurimo w’ivugabutumwa bwiza mu Rwanda, rikomeje imirimo yaryo.

Ubwanditsi 06 Aug 2016
Minisitiri Kaboneka yakomoje ku mpinduramatwara mu kurwanya ubukene mu itangazamakuru
POLITIKI

Minisitiri Kaboneka yakomoje ku mpinduramatwara mu kurwanya ubukene mu itangazamakuru

Ubwanditsi 21 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru