• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki zungutse miliyari 23Frw, ibigo by’imari iciriritse byivana mu bihombo byasigiwe na 2017

Banki zungutse miliyari 23Frw, ibigo by’imari iciriritse byivana mu bihombo byasigiwe na 2017

Ubwanditsi 27 Jul 2018 UBUKUNGU

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko urwego rw’imari mu gice cya mbere cy’umwaka wa 2018 rwakomeje guhagarara neza, kuko umutungo warwo wazamutseho 11.2% ukagera kuri miliyari 4,278 Frw, nubwo izamuka ryagenze gahoro kuko umwaka ushize ryari 12.4%.

Ibi byatangajwe nyuma y’Inama ngarukagihembwe y’Akanama Gashinzwe ubusugire bw’urwego rw’imari (Financial Stability Committee, FSC) kuri uyu wa 26 Nyakanga, yagaragaje ko kugeza muri Kamena 2018 urwego rw’imari rwari ruhagaze neza haba ku mabanki, ibigo by’imari iciriritse n’ibigo by’ubwishingizi.

BNR yatangaje ko umutungo w’amabanki wazamutseho 9.8% ukagera kuri miliyari 2,824Frw, gusa iri zamuka riri munsi ya 12.9% ryagaragaye kugeza muri Kamena 2017.

Yakomeje igira iti “Inyungu y’amabanki nyuma yo kwishyura imisoro yavuye kuri miliyari 21.5Frw muri Kamena 2017 igera kuri miliyari 22.9 Frw muri Kamena 2018. Muri icyo gihe kandi inyungu y’ibigo by’imari iciriritse yavuye ku gihombo cya miliyari 0.12 Frw igera ku nyungu ya miliyari 3.3Frw.”

“Ku rundi ruhande, inyungu y’ibigo by’ubwishingizi byigenga nayo yarazamutse igera kuri miliyari 2.7 Frw mu gice cya mbere cy’umwaka wa 2018 ugereranyije na miliyari 0.6 mu gihe nk’icyo mu 2017.”

Izamuka ry’iyi nyungu ngo ahanini rishingiye ku buryo bwashyizweho mu kugaruza inguzanyo banki zitanga n’izamuka ry’amafranga asohoka riri munsi y’amafaranga yinjizwa, haba ku mabanki n’ibigo by’imari iciriritse.

Yakomeje igira iti “Inguzanyo zitishyurwa mu mabanki zaragabanyutse ziva ku 8.2 zabarwaga muri Kamena 2017 zigera kuri 6.9% muri Kamena 2018, mu gihe mu rwego rw’imari iciriritse zagabanyutse zikava kuri 12.3% zikagera ku 8%.”

Ibyo ngo byatewe ahanini n’uburyo ubukungu bw’igihugu muri rusange bwifashe neza mu gihembwe cya mbere cya 2018 ndetse na banki zitandukanye zikaba zarahagurukiye ikibazo cy’inguzanyo zishyurwa nabi.

Binashingira ku buryo n’ibigo by’ubwishingizi byakomeje kwitwara neza urebye ku mafaranga byinjije n’ayo byagiye bisohora byishyura abishinganishije cyangwa bashinganishije ibyabo.

BNR kandi yagaragaje ko banki cyangwa ibigo by’imari iciriritse, bifite amafaranga ahagije ku mari shingiro yo gukomeza gukoresha mubikorwa byabo.

Urebye uburyo izindi nzego z’imari zazamutse mu mezi atandatu ya mbere ya 2018, urw’imari iciriritse rwazamutseho 14.3% (mu 2017 yari 7.6%) rugera kuri miliyari 283Frw, urw’ubwishingizi ruzamuka 15.4% (mu 2017 yari 10.2%) rugera kuri miliyari 423Frw naho urw’ubwiteganyirize ruzamuka 19.2% (mu 2017 yari 8.2%) rugera kuri miliyari 749Frw.

BNR yanzuye ko urwego rw’inguzanyo rukeneye gukomeza gukurikiranirwa hafi haba mu mabanki n’ibigo by’imari iciriritse. Yagaragaje ko hari icyizere ko n’aho inyungu itazamutse, ko hari impinduka bitewe n’izamuka ry’ubukungu, impinduka mu mitangire y’inguzanyo no gukurikirana izatanzwe.

Kugeza ku wa 31 Werurwe 2017 BNR yabaruraga ibigo by’imari iciriritse bigera kuri 18, Umurenge Sacco 416, Ibigo byo kubitsa no kuguriza bitari UMURENGE SACCO 38; mu gihe kugeza ku wa 31 Kamena 2017 habarurwaga banki z’bucuruzi 11, banki ziciriritse enye, Banki y’Iterambere imwe, na Cooperative Bank imwe.

Mu bigo by’ubwishingizi, kugeza ku wa 30 Gicurasi habarurwaga ibigo bya leta (RSSB na MMI) n’ibigo byigenga 14.

Ubushakashatsi bwakozwe ku buryo Abanyarwanda bagerwaho na serivisi z’imari, FinScope Survey 2016, bwagaragaje ko 89% bagerwaho na serivisi z’imari, barimo 26% bakoresha amabanki, 65% bagakoresha ubundi buryo nka Konti za telefoni, Umurenge Sacco, Ibigo by’ubwishingizi n’ibigo by’imari iciriritse, mu gihe 72% bakoresha uburyo bw’imari butanditse nk’ibimina no kugurizanya mu matsinda.

2018-07-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Ubwanditsi 16 Dec 2018
RRA yakusanyije miliyari 582.7 Frw mu mezi atandatu ya nyuma ya 2017

RRA yakusanyije miliyari 582.7 Frw mu mezi atandatu ya nyuma ya 2017

Ubwanditsi 31 Jan 2018
Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara

Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Kagame na Nguema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane hagati y’u Rwanda na Guinée Equatoriale

Kagame na Nguema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane hagati y’u Rwanda na Guinée Equatoriale

Ubwanditsi 14 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urugaga rw’Abavoka rurasaba Polisi gutanga amakuru afatika ku iyicwa rya Me Toy
Mu Mahanga

Urugaga rw’Abavoka rurasaba Polisi gutanga amakuru afatika ku iyicwa rya Me Toy

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Ibitego bibiri bya Kagere byafashije Simba SC gutangira neza amatsinda ya CAF Champions League
IMIKINO

Ibitego bibiri bya Kagere byafashije Simba SC gutangira neza amatsinda ya CAF Champions League

Ubwanditsi 13 Jan 2019
Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda
IMIKINO

Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda

Ubwanditsi 29 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru