• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: APR FC yerekanye abakinnyi bashya barimo uwabaye umukinnyi mwiza muri Burkina Faso   |   22 Jun 2025

  • IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA   |   19 Jun 2025

  • APR FC yatangaje umunya-Maroc Taleb Abderrahim nk’umutoza wayo mu gihe cy’Imyaka 2 iri imbere ishobora kongerwa   |   17 Jun 2025

  • FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda   |   17 Jun 2025

  • Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball   |   16 Jun 2025

  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Museveni yamaze iminota icumi mu mwijima mu gitaramo cya Bebe Cool

Perezida Museveni yamaze iminota icumi mu mwijima mu gitaramo cya Bebe Cool

Editorial 06 Aug 2018 Mu Mahanga

Perezida Museveni yatunguranye yitabira igitaramo cy’umuhanzi Bebe Cool basanzwe bafitanye umubano wihariye, cyabereyemo agashya kadasanzwe kubera umuriro wabuze mu gihe cy’iminota icumi.

Bebe Cool yakoze igitaramo gikomeye mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 3 Kanama 2018, cyabereye ahitwa Kololo Airstrip ahari hateraniye abakunzi b’umuziki amagana bari baje kureba uyu muhanzi ubimazemo imyaka irenga makumyabiri.

Iki gitaramo cyagombaga kurangira saa sita z’ijoro nk’uko amategeko y’Umujyi wa Kampala abigena ku bitaramo bibera hanze ariko cyo cyagejeje saa munani.

Perezida Museveni yaratunguranye yitabira iki gitaramo mu gihe mu myaka yashize nabwo Bebe Cool yategura ibitaramo binini agateguza abakunzi be ko bazabona uyu mutegetsi ariko bikarangira atahakandagiye.

Daily Monitor yatangaje ko ubwo Perezida Museveni yari amaze kwinjira muri iki gitaramo yitabiriye bwa mbere kuva yajya ku butegetsi, haririmbwe indirimbo yubahiriza igihugu ubundi ahabwa icyicaro.

Akimara kwicara, umuriro wahise ubura ndetse umara hafi iminota icumi abafana bari mu kizima ku buryo n’Umukuru w’Igihugu yamaze icyo gihe cyose yicaye ahantu hatabona ibintu byafashe nk’ibidasanzwe.

Uyu muriro umaze kubura, mu bafana bamwe batangiye kujujura bemeza ko ubuyobozi bw’Umujyi wa Kampala ari bwo bubiri inyuma mu gihe abandi bavugaga ko byakozwe n’abarwanya Museveni barangajwe imbere na Bobi Wine umaze iminsi afungirwa ibitaramo.

Ubuyobozi bwateguye iki gitaramo cya Bebe Cool nyuma bwamenyesheje abafana ko ikibazo cyabayeho ari moteri yari yashizemo amavuta gusa bamwe banze kubyemera.

Muri iki gihe cyose umuriro wabuze, Perezida Museveni n’abamurinda bagumye hamwe ndetse aho igitaramo cyabereye nta mufana wari wemerewe kuva mu cyicaro ngo ajye ahandi, muri make buri wese yategetswe kuguma aho ari mu buryo bwo kurinda icyahungabanya uyu muyobozi wari wicaye ahatabona.

Perezida Museveni ntiyigeze ahaguruka ngo abyine gusa mu byiciro yagaragazaga ko yishimiye cyane uyu muhanzi ku buryo yanamusabye ko yamuririmbira iyitwa “Kabulengane”, imwe mu zo akunda bidasanzwe.

Yongeyeho ati “Nkunda abahanzi bo muri Uganda by’umwihariko Bebe Cool kuko basigasira umuco wacu biciye mu ndirimbo zabo gakondo. Muri make mba numva abo mu bindi bihugu bakwiye kwigira kuri izi ndirimbo zacu.”

Bebe Cool yashimiye mu buryo bukomeye Perezida Museveni witabiriye igitaramo cye n’uburyo ashyigikira abahanzi ba Uganda mu byiza no mu bibi.

Perezida Museveni yashimiye cyane Bebe Cool ku bw’umuziki we

Uyu muhanzi yaririmbye mu gihe cy’iminota 40, yagiye imbere y’abafana inshuro eshatu aririmba izakunzwe cyane mu myaka yo hambere n’zindi nyinshi zigicurangwa uyu munsi zirimo Ki Ekiganye, Ndi wuwo, Batidemu, Nananana, 18 and over, Nasalawo with Chizzo, I do, Tofayo, freedom, Love you everyday, Sente n’izindi.

Muri iki gitaramo, Bebe Cool yunamiye Mowzey Radio witabye Imana muri Gashyantare 2018, yacuranze mu buryo bwa live indirimbo ya Good Life yakunzwe cyane ‘Zuena’.

Bebe Cool n’umugore we Zuena ku munsi w’igitaramo bari bishimye cyane

2018-08-06
Editorial

IZINDI NKURU

Ukuri kwa Corneille Nangaaa kuba FDLR isigaye irinda Tshisekedi gushobora kumusiga inyuma y’igihome nkuko byatangajwe na Muyaya

Ukuri kwa Corneille Nangaaa kuba FDLR isigaye irinda Tshisekedi gushobora kumusiga inyuma y’igihome nkuko byatangajwe na Muyaya

Editorial 18 Aug 2023
Uganda: Umwe mu basirikare barinda umugore wa Perezida Museveni tayewe icyuma

Uganda: Umwe mu basirikare barinda umugore wa Perezida Museveni tayewe icyuma

Editorial 05 May 2018
Uganda: Batangiye gusaba Museveni kuzahatanira manda ya 7

Uganda: Batangiye gusaba Museveni kuzahatanira manda ya 7

Editorial 04 Dec 2018
Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Editorial 08 Nov 2022
Ukuri kwa Corneille Nangaaa kuba FDLR isigaye irinda Tshisekedi gushobora kumusiga inyuma y’igihome nkuko byatangajwe na Muyaya

Ukuri kwa Corneille Nangaaa kuba FDLR isigaye irinda Tshisekedi gushobora kumusiga inyuma y’igihome nkuko byatangajwe na Muyaya

Editorial 18 Aug 2023
Uganda: Umwe mu basirikare barinda umugore wa Perezida Museveni tayewe icyuma

Uganda: Umwe mu basirikare barinda umugore wa Perezida Museveni tayewe icyuma

Editorial 05 May 2018
Uganda: Batangiye gusaba Museveni kuzahatanira manda ya 7

Uganda: Batangiye gusaba Museveni kuzahatanira manda ya 7

Editorial 04 Dec 2018
Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Editorial 08 Nov 2022
Ukuri kwa Corneille Nangaaa kuba FDLR isigaye irinda Tshisekedi gushobora kumusiga inyuma y’igihome nkuko byatangajwe na Muyaya

Ukuri kwa Corneille Nangaaa kuba FDLR isigaye irinda Tshisekedi gushobora kumusiga inyuma y’igihome nkuko byatangajwe na Muyaya

Editorial 18 Aug 2023
Uganda: Umwe mu basirikare barinda umugore wa Perezida Museveni tayewe icyuma

Uganda: Umwe mu basirikare barinda umugore wa Perezida Museveni tayewe icyuma

Editorial 05 May 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru