• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Hari Akagambane Ko Kuzana Kayumba Nyamwasa Kumutuza Muri Uganda

Hari Akagambane Ko Kuzana Kayumba Nyamwasa Kumutuza Muri Uganda

Editorial 15 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Amakuru  aturuka ahizewe aratubwira ko hari umugambi wo gutuza Kayumba Nyamwasa muri Uganda, nyuma yaho Perezida w’Afrika y’Epfo  Cyril Ramaphosa, aheruka muri  Uganda mu bukwe bw’umuhungu we  bwabaye  mu ntangiriro za Kanama 2018.  Ubu bukwe bwabereye ahitwa Kololo i Kampala, bwitabiriwe na Perezida Yoweri Museveni, ibintu byatunguye abanyayuganda benshi cyane ko adacana uwaka na Amama Mbabazi, yari atahiye ubukwe.  Museveni yirengagije kutumvikana muri politiki kwamuranze hagati ye na Amama Mbabazi wamubereye Minisitiri w’Intebe igihe kirekire ndetse nyuma bakaza guhatana mu matora.

Ibi rero byaje gutahurwa  na Rushyashya ko icyari kihishe inyuma y’ibi byose yari amayeri  ya Perezida Museveni kuri ubu weruye mu kugambanira u Rwanda, ko arimo gutegura uko Kayumba Nyamwasa yakurwa muri Afrika y’Epfo akaba yatuzwa muri Uganda. Niyo mpamvu icyari  ubukwe  cyaje guhinduka inama yabaye mu ibanga rikomeye  hagati ya Perezida Museveni na  Perezida Ramaphosa wa Afrika y’Epfo.

Museveni n’umugore we bari bitabiriye ibirori biba mu bukwe bw’Abanyankole bikabera iwabo w’umukobwa ufite ubukwe, ibyo bita (Kuhingira), aha umugeni bamuhuza n’umuryango w’umusore wamusabye, ndetse agasuhuza sebukwe. Abavandimwe n’inshuti zo ku ruhande rw’umukobwa bamuha impano.

Perezida Museveni asuhuza Amama Mbabazi, badacana uwaka.

Aya makuru avuga ko Perezida  Ramaphosa yasabye Perezida Museveni ko yareba aho ashyira Kayumba Nyamwasa kuko amaze kurambirana muri Afrika y’Epfo kandi bikaba bimuteranya n’inshutiye Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, Perezida Ramaphosa ngo yabwiye Museveni ko Kayumba  yaje muri Afrika y’Epfo avuye Kampala –Uganda, kandi akaba yari afite icyemezo [Recommendation], aricyo Perezida wariho Jacob Zuma yashingiyeho amuha ubuhungiro.

Ikindi ngo Kayumba yagombaga kuva muri Afrika y’Epfo agashaka ahandi yerekeza umwaka ushize 2017, yongererwa igihe [prolongation]  kuko aba muri Afrika y’epfo muburyo munyuranije n’amategeko, ariko bakomeza kumwihanganira. ati :Ibi bitwara amafaranga menshi y’igihugu agenda kuba murinda [Haute Sécurité.] yasabye ndetse no kubimutunga kuko ntabyangombwa agira byo kuba muri Afrika y’epfo nk’impunzi kandi akaba atakwirukanwa kuko byaba binyuranije n’amasezerano ya Geneve agenga impunzi.

Ibi ariko ngo byaba byaratewe n’uko hari ibikorwa by’urugomo byakozwe n’abayoboke ba RNC, byabereye muri Afrika y’epfo, ubwo Perezida Kagame yitabiraga inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS” yatangiye kuwa 25 Nyakanga igasozwa kuwa 27 Nyakanga 2018.

Perezida Museveni ngo yaba yarasubije mugenzi we w’Afrika y’epfo Perezida Ramaphosa ko yaba abahaye igihe bakareba uko babigenza.

Aya makuru avuga ko mu minsi ishize muri UK, no mu Bufaransa habereye inama za RNC, zo kureba uko Kayumba yakwimurwa naho yakwimukira  nkuko byari byasabwe na Perezida Museveni, umwanzuro wabaye uwo kuzana Kayumba kumutuza muri Uganda, ahari ibikorwa bya RNC, byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, akegera u Rwanda.

Kayumba, arikumwe na mubyara wa Karegeya na muramuwe Frank Ntwari muri Afrika y’epfo

Uganda rero iri mu myiteguro yanyuma yo kureba aho yatuza Kayumba Nyamwasa n’uko yamurindira umutekano, hari amakuru avuga ko Kayumba, amaze iminsi agenda genda muri iki gihugu, akaba agaragara mudece dutandukanye twa Uganda nka Migera, Gasese, Bururi,Kigumba,Masindi, Ngoma Luwero, Bugungu Wanseko n’ahandi.., aho ashakisha abayoboke.

Andi makuru avuga ko Perezida Museveni, yamaze gusaba Perezida w’u Burundi Pierre Nkurunziza ko yakwemera gukorana na Kayumba Nyamwasa cyangwa se akamuvanaho amaboko , impamvu nyamakuru ni uko u Burundi bwaba inzira ihungabanya umutekano w’u Rwanda kurusha uko RNC, yaturuka muri Uganda igahungabanya umutekano mu Rwanda.

Ikibazo ariko Kayumba ngo yavugaga ko Nkurunziza yica buri mututsi wese uvuye mu Rwanda, bityo n’aba RNC, bashobora kubigwamo, hakaba hari na Calixte Sankara wirirwa usakuza ko ari mu nyungwe kandi ari i Burundi. Perezida Museveni ngo akaba yarasabye Nkurunziza ko yaca ako kavuyo akemera gukorana na Kayumba gusa kandi ko atakongera kwica abatutsi, ati : Ntitwakorana wica abatutsi, bishyire hasi maze ngushakire abantu bagufasha kwikiza umuturanyi. Ngayo nguko.

2018-08-15
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Hatahuwe  inkambi nshya ikorerwamo imyitozo y’abarwanya leta y’u Rwanda

Uganda: Hatahuwe  inkambi nshya ikorerwamo imyitozo y’abarwanya leta y’u Rwanda

Editorial 25 Nov 2017
Uganda yahawe ukwezi ko guhashya imitwe y’iterabwoba ya RNC na RUD-Urunana ikorera muri iki gihugu

Uganda yahawe ukwezi ko guhashya imitwe y’iterabwoba ya RNC na RUD-Urunana ikorera muri iki gihugu

Editorial 21 Feb 2020
Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27

Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27

Editorial 31 Oct 2024
U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

Editorial 06 Apr 2018
Uganda: Hatahuwe  inkambi nshya ikorerwamo imyitozo y’abarwanya leta y’u Rwanda

Uganda: Hatahuwe  inkambi nshya ikorerwamo imyitozo y’abarwanya leta y’u Rwanda

Editorial 25 Nov 2017
Uganda yahawe ukwezi ko guhashya imitwe y’iterabwoba ya RNC na RUD-Urunana ikorera muri iki gihugu

Uganda yahawe ukwezi ko guhashya imitwe y’iterabwoba ya RNC na RUD-Urunana ikorera muri iki gihugu

Editorial 21 Feb 2020
Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27

Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27

Editorial 31 Oct 2024
U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

Editorial 06 Apr 2018
Uganda: Hatahuwe  inkambi nshya ikorerwamo imyitozo y’abarwanya leta y’u Rwanda

Uganda: Hatahuwe  inkambi nshya ikorerwamo imyitozo y’abarwanya leta y’u Rwanda

Editorial 25 Nov 2017
Uganda yahawe ukwezi ko guhashya imitwe y’iterabwoba ya RNC na RUD-Urunana ikorera muri iki gihugu

Uganda yahawe ukwezi ko guhashya imitwe y’iterabwoba ya RNC na RUD-Urunana ikorera muri iki gihugu

Editorial 21 Feb 2020
prev
next

16 Ibitekerezo

  1. Shimon
    August 15, 20181:18 pm -

    Ariko ibibyose ntacyo bivuze. HE yibugiye ko ntaho banyura. Ntabwo bashobora RDF

    Subiza
    • Sunday
      August 15, 20181:37 pm -

      Rindira igihe Niki urebe muzika ikigari

      Subiza
  2. RUGENDO
    August 15, 20182:08 pm -

    INGABO ZU RWANDA HARIMO ABAJENERARI BATUMBWIRA KO
    NTAHO UMWANZI YAMENERA!!ATI NDARIMBWA INTOKI NIBAZE

    KABARERE ATI NTABARWANYA URWANDA BAMARA ISAHA MURWANDA
    NONE MURI KWANDIKA AMATIKU!!

    Subiza
  3. Marius Nkwaya
    August 16, 20188:58 am -

    Ese uwo M7 yamuzanye ko wumva ariho yotorongereye ava mu Rwanda? Uriya musaza nawe yabuze ayo acira nayo amira.Reka rero Ramaphoza amute hanze murebe uko imbwa zimurya.Ntamuntu uzanga imfura y’Umwami , president wacu P.K ngo azagire amahoro.Azaze tumupfunyikire ibimukwiye yo kagubwa nabi.

    Subiza
  4. Mutezintare Jean- Michel
    August 16, 20189:04 am -

    Abari hafi ya Uganda muzatubwire tumanuke, tumukanire urumukwiye seriously yo kabura igihugu. Aba demob.tubonye ikiraka tutirutse.
    President wacu amenye ko turi tayari, aracyari our commander-in-chief wacu nubwo turi mu mahanga. Afande muzaturye akara ngo birebere uko zambarwa.

    Subiza
  5. Teteli Josée
    August 16, 20189:40 am -

    Ariko ye, ubwo Kayumba koko yatinyuka? Aka kanya yibagiwe umuriro w’Izamarere? Kakandi ka Sankara kirarira ngo kari mu Nyungwe. Iyo nyungwe niyihe?Ubanza avuga iyo mw’ishyamba za Kibira aho baturamye.

    Subiza
  6. Marie- Grace Umurerwa
    August 16, 201810:01 am -

    Koko se Kayumba yatinyuka kwegera umuriro?
    Yaba yibagiwe se abahungu yasize nabo atasize uko bahagaze? Jye numva yemeye kwegera inkengera y’Izamarere, ashobora kuhatera ibaba.
    Abo niyiziye kandi nizera ntibatuma uwo musaza yishora nk’uwahiriye mu nzu.

    Subiza
  7. Floriane Uwimana
    August 16, 201810:08 am -

    Rushya, rushyashya urakagira inkuru, ufite na kibara. Uti Kayumba hafi aha mu gihe kitari kera.Ahahaa!!! Ahubwo rero. Naze tumwakirire ku mupaka, tumutwaze akarago amaze imyaka yikoreye ngo arahunga igihugu we ubwe yabohoye ari kumwe n’Intore nkuru PK yahemukiye. M7 we se ngo amumarire iki bahungu bo mu Rwagasabo mwe? Uriya usigaye uterwa amabuye ku manwa y’ihangu?

    Subiza
  8. Abdallah bin Yusufu
    August 16, 201810:13 am -

    Ramaphoza, fukuza mshenzi arudi kwawo.
    RNC wajinga sana. Harya buriya Kayumba azi ko aho yasize majeshi yetu ariho akiri ? Mzee M7 nawe rwose nta kigenda ashaje nabi.

    Subiza
  9. Ernest Barahira
    August 16, 201810:18 am -

    Iyo nkuru irashimishije. Ngaho Kayumba yegere umupaka niba ar’umugabo.Harya ngo ni M7 uzamwakira? Uriya nawe ni Sebiyoro, akukumba ibyo abonye byose. Ngaho namuzane, kereka niba azajya amugendana cg bakamushyira mu nkangara. Ese yibwira ki inuru risakaye?

    Subiza
  10. Capt.Fabius Agaba
    August 16, 201810:28 am -

    Rushyashya.net ndakwemera. Inkuru zanyu ziba ari impamo ahubwo zihahamura ba hadui kuko ibyo bakora mw’ibanga byose bijya hanze bikamenyekana. Ubwo nuwo Kayumba muzatubwire umunsi n’isaha tuzajye kumwakira .
    Niba akeneye escort ndahari rwose. Niba yifuza kwambuka nabyo tuzabimufashamo.

    Subiza
  11. rwasubutare
    August 16, 20182:58 pm -

    Mwese rero muravuga ibyimirwano nkaho ntayindi nzira. Njyewe ibyo nifuriza Kayumba nukuza akiyunga nabo yahemukiye. Cyangwa se agasobanura abamushutse…dore ko iteka Bene kanyarwanda bapfa ibishuko byabandi.
    Naho Sankara we mumureke ntabwo azi ibyo arimo

    Subiza
  12. Btwenge
    August 16, 20188:32 pm -

    Hari comment ndeba zikambabaza
    P kagame niwe wavuze ngo
    Isenene harubwo ziryana!!
    Aho gutekereza icyazamura
    abavukarwannda bose hamwe
    bamwe bati dushyigikiye HE abandi
    Ngo turi aba Nyamwasa
    Ikibabaza nuko abari muribyo
    Abeshi nurubyiruko!!
    Ubwose umusanzu muha igihugu
    Niwuhe? Kayumba na Kagame
    Kugihe gito bazaba bashaje
    ariko mwe muzakomeza
    ayo matiku yanyu niba mutayarwanyije
    ubu hakiri kare!!

    Subiza
  13. RUGENDO
    August 17, 20184:53 am -

    KUKI KAYUMBA ATAZA IWABO MU RWANDA?
    YEGO UBUGANDE NABWO SIBUBI KUKO YARAHIZE
    ARAHABA YAKWITAHIYE!!EREGA KAYUMBA SINTERAHAMWE
    NKABA RWARAKABIJE ,RUCAGU,!!!NAWE AZUMVIKANA NU MUSAZA PR
    PAUL KAGAME AMUSUBIZE IBYUBAHIRO BYE
    INJIJI MWANDIKA NTIMUZI POLITIKE
    MWEBWE RUSHYASHYA MURI INJIJI MUKWANDIKA INKURU!!!IDIOT QUE VOUS ETEZ!!

    Subiza
  14. Intareyakanwa
    August 19, 201811:55 am -

    Ubwenge bw’abanditse comments zitandukanye hano, ni ubwenge bufite intumbero itarenza uburebure bw’amazuru yabo, ntiburenze ijwi ingano ya rimwe mu menyo yabo ikirenze ibyo rwose namwe mwavuze ko muri abasirikari, ntabwenge mufite bwa ki officers! mwese ndabona mwari za wawaka cg se abafase.

    Ubonye ubujinga mwagaragaje hano kweli?

    Ibi mwanditse hano ntabwo ari iby’inyenzi-kotanyi ni ibya ba matope( iri zina” inyenzi-nkotanyi” tugomba kurisigasira kuko niryo ryaturutseho urwango rwavuyemo urukundo dufitiye u Rwanda ubu), .

    Warabaye inyenzi-nkotanyi ntiwavuga ubujinga nkubu.
    ariko uri inkotanyi wabuvuga kuko ubu n’interahamwe zinjijwe mu cyama ubu zitwa inkotanyi.

    So aba bagabo aho bashwaniye ntimwari muhari, ndetse n’aho baziyungira ntimuzigera muhamenya.

    H.E Paul Kagame intore nyakuri nakore akazi ke ubundi dukomeze dutere imbere abashaka intambara nabo barabizi kdi bazi nezako umubiri utagira spareparts.

    Rata Paul ikomereze rekana n’induru twarakwitoreye wo kabyara we gumamo gumamo kdi Guma guma Papa !

    Subiza
  15. Ikibasumba
    August 19, 20183:01 pm -

    Ntakiza nkokuzabona abigize, bakanagirwa ibigirwamana bakubitwa nutwana duto tutarwana tutabara imitungo cg ngo dusubire inyuma tujya kureba umwana n’umugore barwaye. Ibyo bigirwamana byanyu tuzabirasa twongere tubirase maze izo za ndamagabo turebe icyo zizajya zivuga.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru