• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ibyo kwitega kuri telefoni nshya Apple iteganya gushyira ku isoko

Ibyo kwitega kuri telefoni nshya Apple iteganya gushyira ku isoko

Ubwanditsi 11 Sep 2018 IKORANABUHANGA

Bimaze kumenyerwa ko muri Nzeri, uruganda rukora ibikoresho by’ikoranabuhanga rwa Apple rushyira hanze telefoni nshya, kandi ikaza yisumbuye ku zo isanze ku isoko.

Ku itariki ya 12 Nzeri nibwo Umuyobozi Mukuru wa Apple, Tim Cook azashyira ahagaragara telefoni nshya zakozwe muri uyu mwaka.

Bizakorerwa mu kiganiro n’abanyamakuru kizabera muri Steve Jobs Theater i Cupertino muri Leta ya California.

Mu gihe habura amasaha make ngo iki gikorwa kibe, ibinyamakuru bitandukanye byatangiye kugaragaza ibyo umuntu yakwitega kuri telefoni nshya.

Bloomberg na 9to5Mac byemeza ko byabonye amafoto ya telefoni nshya zizashyirwa hanze.

Bivuga ko muri zo harimo iPhone XS izaba imeze neza nk’iyayibanjirije, icyahindutse akaba ari uburyo yihuta na camera.

Iyi telefoni kandi ishobora kuzaba ifite indi bimeze kimwe ariko yisumbuye mu bunini kuko izaba ifite santimetero 17.2. Bikekwa ko izahabwa izina rya iPhone XS Max.

Apple kandi ishobora gushyira hanze izindi telefoni zifitemo udushya nk’utwa iPhone X, turimo nk’uburyo bwo gushyiramo urufunguzo ukoresheje isura (Face ID), buzasimbura igikumwe.

Abahanga mu birebana na telefoni bavuga ko ibi bizagira uruhare mu gutuma iPhone zinjiriza Apple amafaranga menshi, kabone n’ubwo igiciro cyazo gishobora kuzaba kiri hasi ugereranyije na iPhone X igura kugera ku bihumbi 999 by’amadolari.

Uru ruganda ngo rushobora no gushyira hanze isaha (Apple Watch) isimbura imaze imyaka itatu ishyizwe ku isoko, byitezwe ko mu dushya izaba ifite harimo ikirahure kigera ku mpande nk’uko bimeze kuri iPhone X.

Mu bindi byitezwe harimo kuba Apple ishobora gushyira ku isoko AirPower ishobora kugufasha gushyira umuriro muri iPhone, Apple Watch ndetse no mu ’utwumvisho (Airpods) bidasabye ko hakoreshwa umugozi.

Mu kumurika ibi bikoresho by’ikoranabuhanga bishya, binitezwe ko ubuyobozi bwa Apple buzanatangaza igihe porogaramu nshya zirimo Mac OS Mojave iOS 12, zizazana n’utundi dushya turimo Memoji [uburyo bwo guhindura isura], gukoresha Face Time [uburyo bwo guhamagara] mu itsinda, zizatangira gukoresherezwa.

iPhone XS izaba imeze neza nk’iyayibanjirije, icyahindutse akaba ari uburyo yihuta na camera

2018-09-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Ubwanditsi 25 Oct 2018
‘Feu Rouge’ zo muri Kigali zigiye kuvugururwa zikemure umubyigano w’imodoka

‘Feu Rouge’ zo muri Kigali zigiye kuvugururwa zikemure umubyigano w’imodoka

Ubwanditsi 06 Jan 2018
Amafoto – Nyuma yo kumara hafi amezi 4 adakina, Umurundi Aruna Mussa Madjaliwa yasubukuye imyitozo mu ikipe ya  Rayon Sports

Amafoto – Nyuma yo kumara hafi amezi 4 adakina, Umurundi Aruna Mussa Madjaliwa yasubukuye imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports

Ubwanditsi 28 Feb 2024
Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara

Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara

Ubwanditsi 15 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: polisi yikomye raporo yayishyize  mu myanya 5 ya nyuma kw’isi mu mikorere
Mu Mahanga

Uganda: polisi yikomye raporo yayishyize mu myanya 5 ya nyuma kw’isi mu mikorere

Ubwanditsi 15 Nov 2017
Bagaragaza yuko Museveni azatsinda kuri 51 %- Ubushakashatsi
POLITIKI

Bagaragaza yuko Museveni azatsinda kuri 51 %- Ubushakashatsi

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi Gen. Prime Niyongabo afatanije na  Kayumba Nyamwasa  mu bikorwa bya RNC
ITOHOZA

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi Gen. Prime Niyongabo afatanije na Kayumba Nyamwasa mu bikorwa bya RNC

Ubwanditsi 04 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru