• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Ingabo z’u Rwanda ziri gusuzumwa uko umubiri wazo uhagaze

Uko Ingabo z’u Rwanda ziri gusuzumwa uko umubiri wazo uhagaze

Editorial 21 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Igisirikare cy’u Rwanda cyatangiye gahunda ngarukamwaka yo gusuzuma uko umubiri uhagaze(imyitozo ngororamubiri) ku basirikare bose. Ku ikubitiro haherewe ku basirikare bari mu cyiciro cya ba ofisiye bato n’abakuru.

Iyi gahunda izakomeza kugeza buri musirikare wese asuzumwe.

Major Patrick Kayinamura, umuyobozi w’agateganyo wa siporo mu ngabo z’u Rwanda avuga ko abasirikare b’u Rwanda basabwa byibura gusuzumwa inshuro ebyiri mu mwaka.

“Abitabiriye isuzuma ry’uyu munsi basoje neza ibyiciro bitatu bisabwa hashingiye ku myaka ya buri umwe. Nk’ubu umwe mu basirikare bakuru yashoboye gukora umwitozo wo ‘kwicara-uhaguruka’(sit-ups) inshuro 60 mu gihe kitageze no ku minota ibiri” nk’uko Major Kayinamura. Iri suzuma ryatangirijwe mu kigo cya gisirikare cya Kami, giherereye mu murenge wa Kinyinya, mu karere ka Gasabo.

Itsinda rya mbere rya ba ofisiye ryitabiriye iri suzuma, ni abakora ku cyicaro gikuru cya minisiteri y’ingabo n’ibigo bishamikiye ku gisirikare cy’u Rwanda nka MMI, Horizon Group, Urwego rw’ubushinjacyaha rwa gisikare(military prosecutor’s office),Urukiko rwa gisirikare, iguriro rya gisirikare, , APTC LTD na LTC.

Major Patrick Kayinamura yongeyeho ko iri suzumamubiri rikubiye mu byiciro bitatu aribyo: “push-ups, sit-ups, no kwiruka n’amaguru urugendo rw’ibirometero 3.2(two-mile). Buri musirikare asabwa kubona byibura amanota 60 muri buri cyiciro.

Major Kayinamura yashimangiye ko siporo ari ishingiro mu guhoza abasirikare biteguye mu nshingano zindi. Gahunda y’isuzumamubiri ku basirikare b’u Rwanda iba buri mwaka, igakorwa mu mezi ane.

Lt Umuhire Triphonie ukorera mu rukiko rwa gisirikare avuga ko yishimiye iri suzumamubiri kubera ko rimuha amahirwe yo kumenya ingano y’imbaraga z’umubiri we, ubushobozi ndetse n’imihumekere ye.

Ati:”nk’umusirikare w’igihugu, iri suzumamubiri rimfasha kongera gukangura imikaya y’umubiri, ndetse no kongera ubwirekure bw’umubiri, ubushobozi bwo gukora buri kimwe, Imbaraga z’ubwonko n’imbaraga zo kwitabara.

Lt Col Charles Safari, umuyobozi mukuru w’iguriro rya gisirikare nawe yavuze ko ku basirikare, iri suzuma rigamije kubongerera ubuzima; kubaka ubudahangarwa, kubaka ubushobozi bwo kwihagararaho, no kongera Imbaraga zikenewe mu buzima bw’umusirikare. Yanongeyeho ko abatitegura bagwa mu byago ku buryo bworoshye.

2018-10-21
Editorial

IZINDI NKURU

Agathon Rwasa mu mazi abira

Agathon Rwasa mu mazi abira

Editorial 14 Feb 2018
Perezida Kagame yacanye urumuri rw’icyizere mu gutangiza kwibuka Jenoside ku nshuro ya 24

Perezida Kagame yacanye urumuri rw’icyizere mu gutangiza kwibuka Jenoside ku nshuro ya 24

Editorial 07 Apr 2018
Intumwa ya Perezida Kagame Gen ( Rtd) James Kabarebe Yakiriwe na Dr Samoei Ruto

Intumwa ya Perezida Kagame Gen ( Rtd) James Kabarebe Yakiriwe na Dr Samoei Ruto

Editorial 17 Jul 2025
U Rwanda rwasabye Uganda ibisobanuro ku ifungwa ry’Abanyarwanda n’imitwe ishaka guhungabanya umutekano

U Rwanda rwasabye Uganda ibisobanuro ku ifungwa ry’Abanyarwanda n’imitwe ishaka guhungabanya umutekano

Editorial 20 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Canada umunyarwanda yarohamye mu mazi arapfa
ITOHOZA

Canada umunyarwanda yarohamye mu mazi arapfa

Editorial 22 Aug 2016
Perezida Kagame yageze mu Murwa Mukuru wa Misiri, Cairo, aho yitabiriye inama ya AU yiga ku kibazo cy’umutekano mu bihugu bya Sudani na Libya.
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yageze mu Murwa Mukuru wa Misiri, Cairo, aho yitabiriye inama ya AU yiga ku kibazo cy’umutekano mu bihugu bya Sudani na Libya.

Editorial 23 Apr 2019
KNC yishyuye Nyagatare miliyoni 25 Frw ngo ave mu banyamigabane ba Radio 1
Mu Rwanda

KNC yishyuye Nyagatare miliyoni 25 Frw ngo ave mu banyamigabane ba Radio 1

Editorial 06 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru