• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»’U Rwanda ntirujenjeka ku mutekano warwo, gasopo ya Perezida Kagame ku bashotoranyi

’U Rwanda ntirujenjeka ku mutekano warwo, gasopo ya Perezida Kagame ku bashotoranyi

Editorial 14 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda ntawe ruzendereza ngo rwivangire muri gahunda ariko ruhora rwiteguye uwarusagarira kuko rutajya rujenjeka ku bijyanye n’umutekano warwo.

Yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru cyakurikiye Inama y’igihugu y’Umushyikirano  aho Perezida Kagame yabajijwe ku bibazo birimo umubano na Africa y’Epfo, igitutu kivugwa ku butabera ku rubanza rwa ba Rwigara, imikoranire mu bihugu bigize EAC, Umuryango w’Ubumwe bwa Africa ayoboye n’ibindi…

Ku mubano na Africa y’Epfo yavuze ko ikibazo atari u Rwanda, ahubwo ari yo icumbikiye abakatiwe n’inkiko mu Rwanda kubera ibyaha, kandi bafite umugambi mubi ku Rwanda, ndetse no kuba inzego zimwe muri Africa y’Epfo zumva zikemera ibivugwa n’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Yatanze urugero rwo kuba hari abayobozi muri Africa y’Epfo bavuga ku mubano n’u Rwanda bahereye ku byanditswe kuri Twitter na David Himbara, umwemu barwanya Leta y’u Rwanda uba mu mahanga.

Yavuze kandi ko atangazwa no kubona hari ibinyamakuru byanditse ko ikinyamakuru Rushyashya cyavuzwe muri iki kibazo ari icye. Ibintu ngo bidafite ishingiro.

Akavuga ko ibi atari ibintu igihugu gikwiye gushingira mu mubano n’ikindi.

Yabajijwe ku bivugwa ko hari igitutu cyashyizwe ku butabera bw’u Rwanda kugira ngo Diane Rwigara na nyina bagirwe abere ku byaha bari bakurikiranyweho.

Abavuga ibi babihera ko hari bamwe mu basenateri mu Nteko ya Leta zunze ubumwe za Amerika, imiryango mpuzamahanga inyuranye n’abantu ku giti cyabo bagiye bavuga ko Diane Rwigara na nyina ibyo baregwa bishingiye kuri Politiki. Nyuma bakaza kugirwa abere.

Perezida Paul Kagame yasubije umunyamakuru wa RBA wari ubajije iki kibazo ati “igitutu kiva kuri inde? Ni inde uri mu mwanya wo kugira uwo ashyiraho igitutu kuri iki kibazo. Simuzi.”

Yakomeje ati “Icyo nzi ni kimwe, ni uko igitutu kidakora kuri twe, ntidukorera ku gitutu cy’uwo ari we wese.”

Yavuze ko ibihugu byose ku isi bifite inzego z’ubutabera, ko n’aho inzego z’ubutabera zivanze n’iza politiki usanga bidakurura abantu benshi nko mu Rwanda.

Perezida Paul Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano

Ati “Impamvu ni uko Jenoside atari umushinga watangiriye mu Rwanda ngo urangirire mu Rwanda, ifite amateka mu bukoroni, mu madini no muri politiki mu isi, muri iki gihe bwo hajemo n’abitwa ko barengera uburenganzira bwa muntu.”

Yasobanuye ko byose bica mu itangazamakuru ry’ibihugu birimo ibiteye imbere riba rifite uruhande ribogamiyeho nubwo ryitwa ko ryigenga.

Ngo iri tangazamakuru rikoresha imbaraga zaryo mu kurengera ibyo bihugu rivuga nabi u Rwanda rikingira ikibaba ibyo bihugu ngo bitabazwa Jenoside.

Avuga ko Jenoside ifite imizi hanze y’u Rwanda, ko ariyo mpamvu ibyo mu Rwanda byose buri gihe biba ingingo ikomeye henshi mu mahanga.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ntawe ruzendereza ngo rwivangire muri gahunda ariko ruhora rwiteguye uwarusagarira kuko rutajya rujenjeka ku bijyanye n’umutekano warwo.

Yasubizaga ikibazo cy’umunyamakuru wari umubajije niba imyitozo ingabo z’igihugu zimazemo iminsi ntaho yaba ihuriye no kwitegura urugamba kubera agatotsi rumaze iminsi rufitanye na bimwe mu bihugu by’ibituranyi nk’u Burundi na Uganda.

Perezida Kagame yavuze ko ntaho bihuriye kuko iyo myitozo yo mu rwego rwo hejuru isanzwe ikorwa. Ariko yanaboneyeho umwanya wo kwihanangiriza abashaka gushotora u Rwanda ko n’ubwo u Rwanda rutazabasubiza ariko ruhora rwiteguye uwaruteramo ibuye.

Yavuze ko mu myaka 25 ishize u Rwanda rwahuye n’ibizazane ndetse n’ibigeragezo haba ibishingiye kuri politiki cyangwa ku ntambara kandi byose rwarabitsinze, akemeza ko hari isomo byasize.

Yagize ati “Ugendeye ku mateka yacu ntitujenjeka ku bintu birebana n’umutekano wacu. Ugukubise kenshi akumara ubwoba, isomo twararibonye. Ntidushaka kwisanga twananiwe kwicungira umutekano, haba mu bibazo binini cyangwa bito.”

Perezida Kagame yemeje ko u Rwanda rukikijwe n’abanzi bihishe mu bagizi ba nabi, haba mu karere cyanywa kure, bose barajwe ishinga no kurusenya.

Ati “Akazi kacu karoroshye, si ukwivanga mu by’abandi. Twebwe tureba ibyacu kandi tukabyikemurira ndetse n’abadukanga turabihorera, tugakomeza ibyo twarimo. Ntabwo tugikeneye kwambuka imipaka, twabikoze kera kuko ari yo mahitamo twari dufite ariko ubu ntibishoboka.”

Perezida Kagame wagaragaje ukwerura mu bisubizo bye, yavuze ko bigaragara ko ibihugu nk’u Burundi byahisemo kugira u Rwanda nk’ikibazo cyarwo, bitewe n’urwiyenzo iki gihugu cyakomeje kugaragaza. Ariko Perezida yavuze ko igisubizo ari kimwe ari ugukomeza gukora ibyarwo.

Gusa yizeje ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu warwo mu kubaka iterambere ry’akarere ndetse no gukorana n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kugira ngo ibibazo bikemuke.

Perezida Kagame yahishuye kandi ko hari abantu bavuga ko u Rwanda n’u Burundi bitari bikwiye kujya muri uyu muryango, hakaba n’abarenga bakavuga ko ruri mu muryango rutabishaka.

Yabinyomoje avuga ko kuba u Rwanda ruri muri uyu muryango atari impuhwe z’uwo ari we wese kuko kuba muri EAC ari inyungu z’abanyamuryango bose kurusha uko zari inyungu za bamwe.

2018-12-14
Editorial

IZINDI NKURU

“Walk to Remember”, umwe mu miyoboro ikomeye inyuzwamo ubutumwa bwo guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi

“Walk to Remember”, umwe mu miyoboro ikomeye inyuzwamo ubutumwa bwo guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 06 Apr 2024
Gatare na Tom Ndahiro bati “Hari Abanyamakuru b’ Abanazi, Ingabire Victoire akwiye gusaba imbabazi abanyarwanda

Gatare na Tom Ndahiro bati “Hari Abanyamakuru b’ Abanazi, Ingabire Victoire akwiye gusaba imbabazi abanyarwanda

Editorial 13 Sep 2021
Perezida Kagame yasobanuye  ku mugaragaro ibyo abaminisitiri batatu baheruka kwegura bazize harimo Ruswa no kumubeshya ku myiteguro yo kurwanya Coronavirus

Perezida Kagame yasobanuye  ku mugaragaro ibyo abaminisitiri batatu baheruka kwegura bazize harimo Ruswa no kumubeshya ku myiteguro yo kurwanya Coronavirus

Editorial 16 Feb 2020
Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Editorial 03 Sep 2019
“Walk to Remember”, umwe mu miyoboro ikomeye inyuzwamo ubutumwa bwo guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi

“Walk to Remember”, umwe mu miyoboro ikomeye inyuzwamo ubutumwa bwo guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 06 Apr 2024
Gatare na Tom Ndahiro bati “Hari Abanyamakuru b’ Abanazi, Ingabire Victoire akwiye gusaba imbabazi abanyarwanda

Gatare na Tom Ndahiro bati “Hari Abanyamakuru b’ Abanazi, Ingabire Victoire akwiye gusaba imbabazi abanyarwanda

Editorial 13 Sep 2021
Perezida Kagame yasobanuye  ku mugaragaro ibyo abaminisitiri batatu baheruka kwegura bazize harimo Ruswa no kumubeshya ku myiteguro yo kurwanya Coronavirus

Perezida Kagame yasobanuye  ku mugaragaro ibyo abaminisitiri batatu baheruka kwegura bazize harimo Ruswa no kumubeshya ku myiteguro yo kurwanya Coronavirus

Editorial 16 Feb 2020
Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Editorial 03 Sep 2019
“Walk to Remember”, umwe mu miyoboro ikomeye inyuzwamo ubutumwa bwo guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi

“Walk to Remember”, umwe mu miyoboro ikomeye inyuzwamo ubutumwa bwo guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 06 Apr 2024
Gatare na Tom Ndahiro bati “Hari Abanyamakuru b’ Abanazi, Ingabire Victoire akwiye gusaba imbabazi abanyarwanda

Gatare na Tom Ndahiro bati “Hari Abanyamakuru b’ Abanazi, Ingabire Victoire akwiye gusaba imbabazi abanyarwanda

Editorial 13 Sep 2021
prev
next

6 Ibitekerezo

  1. Rwakimanzi
    December 14, 20185:23 pm -

    Presida asubiza neza. Uwitwa Nduhungirehe azavanwemo kuko ni kidobya

    Subiza
    • Sunday
      December 15, 20181:31 am -

      Asubiza neza? Kombona yavuze ubusa ahubwo yerekanako ubwoba aribwinshi

      Subiza
      • Salvator
        December 15, 20186:09 am -

        @ Sunday

        Ariko ubwo Kagame abaye afite ubwoba bwinshi nkawe waba ufite iki aho waba ubarizwa hose haba mu Rwanda, mu buhungiro, mu mashyamba cyangwa mu mwobo w’inyaga?!!!

        Subiza
        • katsinono
          December 15, 20187:01 am -

          Our President azi ibyo avuga. Bigize uwo bidashimisha uwo yavuga ibye.

          Subiza
          • Sunday
            December 15, 201811:42 am -

            At least you have some understanding

        • Sunday
          December 15, 20184:23 pm -

          Ndi munda murwanda. Uzambona twigijeyo kagome umwaka Utaha

          Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru