• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»’U Rwanda ntirujenjeka ku mutekano warwo, gasopo ya Perezida Kagame ku bashotoranyi

’U Rwanda ntirujenjeka ku mutekano warwo, gasopo ya Perezida Kagame ku bashotoranyi

Ubwanditsi 14 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda ntawe ruzendereza ngo rwivangire muri gahunda ariko ruhora rwiteguye uwarusagarira kuko rutajya rujenjeka ku bijyanye n’umutekano warwo.

Yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru cyakurikiye Inama y’igihugu y’Umushyikirano  aho Perezida Kagame yabajijwe ku bibazo birimo umubano na Africa y’Epfo, igitutu kivugwa ku butabera ku rubanza rwa ba Rwigara, imikoranire mu bihugu bigize EAC, Umuryango w’Ubumwe bwa Africa ayoboye n’ibindi…

Ku mubano na Africa y’Epfo yavuze ko ikibazo atari u Rwanda, ahubwo ari yo icumbikiye abakatiwe n’inkiko mu Rwanda kubera ibyaha, kandi bafite umugambi mubi ku Rwanda, ndetse no kuba inzego zimwe muri Africa y’Epfo zumva zikemera ibivugwa n’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Yatanze urugero rwo kuba hari abayobozi muri Africa y’Epfo bavuga ku mubano n’u Rwanda bahereye ku byanditswe kuri Twitter na David Himbara, umwemu barwanya Leta y’u Rwanda uba mu mahanga.

Yavuze kandi ko atangazwa no kubona hari ibinyamakuru byanditse ko ikinyamakuru Rushyashya cyavuzwe muri iki kibazo ari icye. Ibintu ngo bidafite ishingiro.

Akavuga ko ibi atari ibintu igihugu gikwiye gushingira mu mubano n’ikindi.

Yabajijwe ku bivugwa ko hari igitutu cyashyizwe ku butabera bw’u Rwanda kugira ngo Diane Rwigara na nyina bagirwe abere ku byaha bari bakurikiranyweho.

Abavuga ibi babihera ko hari bamwe mu basenateri mu Nteko ya Leta zunze ubumwe za Amerika, imiryango mpuzamahanga inyuranye n’abantu ku giti cyabo bagiye bavuga ko Diane Rwigara na nyina ibyo baregwa bishingiye kuri Politiki. Nyuma bakaza kugirwa abere.

Perezida Paul Kagame yasubije umunyamakuru wa RBA wari ubajije iki kibazo ati “igitutu kiva kuri inde? Ni inde uri mu mwanya wo kugira uwo ashyiraho igitutu kuri iki kibazo. Simuzi.”

Yakomeje ati “Icyo nzi ni kimwe, ni uko igitutu kidakora kuri twe, ntidukorera ku gitutu cy’uwo ari we wese.”

Yavuze ko ibihugu byose ku isi bifite inzego z’ubutabera, ko n’aho inzego z’ubutabera zivanze n’iza politiki usanga bidakurura abantu benshi nko mu Rwanda.

Perezida Paul Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano

Ati “Impamvu ni uko Jenoside atari umushinga watangiriye mu Rwanda ngo urangirire mu Rwanda, ifite amateka mu bukoroni, mu madini no muri politiki mu isi, muri iki gihe bwo hajemo n’abitwa ko barengera uburenganzira bwa muntu.”

Yasobanuye ko byose bica mu itangazamakuru ry’ibihugu birimo ibiteye imbere riba rifite uruhande ribogamiyeho nubwo ryitwa ko ryigenga.

Ngo iri tangazamakuru rikoresha imbaraga zaryo mu kurengera ibyo bihugu rivuga nabi u Rwanda rikingira ikibaba ibyo bihugu ngo bitabazwa Jenoside.

Avuga ko Jenoside ifite imizi hanze y’u Rwanda, ko ariyo mpamvu ibyo mu Rwanda byose buri gihe biba ingingo ikomeye henshi mu mahanga.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ntawe ruzendereza ngo rwivangire muri gahunda ariko ruhora rwiteguye uwarusagarira kuko rutajya rujenjeka ku bijyanye n’umutekano warwo.

Yasubizaga ikibazo cy’umunyamakuru wari umubajije niba imyitozo ingabo z’igihugu zimazemo iminsi ntaho yaba ihuriye no kwitegura urugamba kubera agatotsi rumaze iminsi rufitanye na bimwe mu bihugu by’ibituranyi nk’u Burundi na Uganda.

Perezida Kagame yavuze ko ntaho bihuriye kuko iyo myitozo yo mu rwego rwo hejuru isanzwe ikorwa. Ariko yanaboneyeho umwanya wo kwihanangiriza abashaka gushotora u Rwanda ko n’ubwo u Rwanda rutazabasubiza ariko ruhora rwiteguye uwaruteramo ibuye.

Yavuze ko mu myaka 25 ishize u Rwanda rwahuye n’ibizazane ndetse n’ibigeragezo haba ibishingiye kuri politiki cyangwa ku ntambara kandi byose rwarabitsinze, akemeza ko hari isomo byasize.

Yagize ati “Ugendeye ku mateka yacu ntitujenjeka ku bintu birebana n’umutekano wacu. Ugukubise kenshi akumara ubwoba, isomo twararibonye. Ntidushaka kwisanga twananiwe kwicungira umutekano, haba mu bibazo binini cyangwa bito.”

Perezida Kagame yemeje ko u Rwanda rukikijwe n’abanzi bihishe mu bagizi ba nabi, haba mu karere cyanywa kure, bose barajwe ishinga no kurusenya.

Ati “Akazi kacu karoroshye, si ukwivanga mu by’abandi. Twebwe tureba ibyacu kandi tukabyikemurira ndetse n’abadukanga turabihorera, tugakomeza ibyo twarimo. Ntabwo tugikeneye kwambuka imipaka, twabikoze kera kuko ari yo mahitamo twari dufite ariko ubu ntibishoboka.”

Perezida Kagame wagaragaje ukwerura mu bisubizo bye, yavuze ko bigaragara ko ibihugu nk’u Burundi byahisemo kugira u Rwanda nk’ikibazo cyarwo, bitewe n’urwiyenzo iki gihugu cyakomeje kugaragaza. Ariko Perezida yavuze ko igisubizo ari kimwe ari ugukomeza gukora ibyarwo.

Gusa yizeje ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu warwo mu kubaka iterambere ry’akarere ndetse no gukorana n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kugira ngo ibibazo bikemuke.

Perezida Kagame yahishuye kandi ko hari abantu bavuga ko u Rwanda n’u Burundi bitari bikwiye kujya muri uyu muryango, hakaba n’abarenga bakavuga ko ruri mu muryango rutabishaka.

Yabinyomoje avuga ko kuba u Rwanda ruri muri uyu muryango atari impuhwe z’uwo ari we wese kuko kuba muri EAC ari inyungu z’abanyamuryango bose kurusha uko zari inyungu za bamwe.

2018-12-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ethiopia: Perezida Kagame yagabiwe  inka n’inyana yayo

Ethiopia: Perezida Kagame yagabiwe inka n’inyana yayo

Ubwanditsi 26 May 2018
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa Gatanu tariki ya 1 Kamena 2018

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa Gatanu tariki ya 1 Kamena 2018

Ubwanditsi 02 Jun 2018
Impamvu Canada yaba yaremeye gukura amaboko ku mukandida wayo igashyigikira Mushikiwabo

Impamvu Canada yaba yaremeye gukura amaboko ku mukandida wayo igashyigikira Mushikiwabo

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Amatakirangoyi ya ruharwa Angelina Mukandutiye imbere y’ubutabera; ngo azamenya ko ubutabera bubaho nibamuha imbabazi

Amatakirangoyi ya ruharwa Angelina Mukandutiye imbere y’ubutabera; ngo azamenya ko ubutabera bubaho nibamuha imbabazi

Ubwanditsi 23 Jul 2021

6 Ibitekerezo

  1. Rwakimanzi
    December 14, 20185:23 pm -

    Presida asubiza neza. Uwitwa Nduhungirehe azavanwemo kuko ni kidobya

    Subiza
    • Sunday
      December 15, 20181:31 am -

      Asubiza neza? Kombona yavuze ubusa ahubwo yerekanako ubwoba aribwinshi

      Subiza
      • Salvator
        December 15, 20186:09 am -

        @ Sunday

        Ariko ubwo Kagame abaye afite ubwoba bwinshi nkawe waba ufite iki aho waba ubarizwa hose haba mu Rwanda, mu buhungiro, mu mashyamba cyangwa mu mwobo w’inyaga?!!!

        Subiza
        • katsinono
          December 15, 20187:01 am -

          Our President azi ibyo avuga. Bigize uwo bidashimisha uwo yavuga ibye.

          Subiza
          • Sunday
            December 15, 201811:42 am -

            At least you have some understanding

        • Sunday
          December 15, 20184:23 pm -

          Ndi munda murwanda. Uzambona twigijeyo kagome umwaka Utaha

          Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi
Amakuru

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Ubwanditsi 01 Jun 2023
Kwangiza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizabakuraho ikimwaro cy’amaraso y’inzirakarengane mwamennye
Amakuru

Kwangiza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizabakuraho ikimwaro cy’amaraso y’inzirakarengane mwamennye

Ubwanditsi 04 Jun 2024
Ukuri k’urupfu rwa Depite Nyandwi Desire ukomoka mu ishyaka RPF-Inkotanyi  witabye Imana bitunguranye
Mu Mahanga

Ukuri k’urupfu rwa Depite Nyandwi Desire ukomoka mu ishyaka RPF-Inkotanyi witabye Imana bitunguranye

Ubwanditsi 14 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru