• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»’U Rwanda ntirujenjeka ku mutekano warwo, gasopo ya Perezida Kagame ku bashotoranyi

’U Rwanda ntirujenjeka ku mutekano warwo, gasopo ya Perezida Kagame ku bashotoranyi

Ubwanditsi 14 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda ntawe ruzendereza ngo rwivangire muri gahunda ariko ruhora rwiteguye uwarusagarira kuko rutajya rujenjeka ku bijyanye n’umutekano warwo.

Yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru cyakurikiye Inama y’igihugu y’Umushyikirano  aho Perezida Kagame yabajijwe ku bibazo birimo umubano na Africa y’Epfo, igitutu kivugwa ku butabera ku rubanza rwa ba Rwigara, imikoranire mu bihugu bigize EAC, Umuryango w’Ubumwe bwa Africa ayoboye n’ibindi…

Ku mubano na Africa y’Epfo yavuze ko ikibazo atari u Rwanda, ahubwo ari yo icumbikiye abakatiwe n’inkiko mu Rwanda kubera ibyaha, kandi bafite umugambi mubi ku Rwanda, ndetse no kuba inzego zimwe muri Africa y’Epfo zumva zikemera ibivugwa n’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Yatanze urugero rwo kuba hari abayobozi muri Africa y’Epfo bavuga ku mubano n’u Rwanda bahereye ku byanditswe kuri Twitter na David Himbara, umwemu barwanya Leta y’u Rwanda uba mu mahanga.

Yavuze kandi ko atangazwa no kubona hari ibinyamakuru byanditse ko ikinyamakuru Rushyashya cyavuzwe muri iki kibazo ari icye. Ibintu ngo bidafite ishingiro.

Akavuga ko ibi atari ibintu igihugu gikwiye gushingira mu mubano n’ikindi.

Yabajijwe ku bivugwa ko hari igitutu cyashyizwe ku butabera bw’u Rwanda kugira ngo Diane Rwigara na nyina bagirwe abere ku byaha bari bakurikiranyweho.

Abavuga ibi babihera ko hari bamwe mu basenateri mu Nteko ya Leta zunze ubumwe za Amerika, imiryango mpuzamahanga inyuranye n’abantu ku giti cyabo bagiye bavuga ko Diane Rwigara na nyina ibyo baregwa bishingiye kuri Politiki. Nyuma bakaza kugirwa abere.

Perezida Paul Kagame yasubije umunyamakuru wa RBA wari ubajije iki kibazo ati “igitutu kiva kuri inde? Ni inde uri mu mwanya wo kugira uwo ashyiraho igitutu kuri iki kibazo. Simuzi.”

Yakomeje ati “Icyo nzi ni kimwe, ni uko igitutu kidakora kuri twe, ntidukorera ku gitutu cy’uwo ari we wese.”

Yavuze ko ibihugu byose ku isi bifite inzego z’ubutabera, ko n’aho inzego z’ubutabera zivanze n’iza politiki usanga bidakurura abantu benshi nko mu Rwanda.

Perezida Paul Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano

Ati “Impamvu ni uko Jenoside atari umushinga watangiriye mu Rwanda ngo urangirire mu Rwanda, ifite amateka mu bukoroni, mu madini no muri politiki mu isi, muri iki gihe bwo hajemo n’abitwa ko barengera uburenganzira bwa muntu.”

Yasobanuye ko byose bica mu itangazamakuru ry’ibihugu birimo ibiteye imbere riba rifite uruhande ribogamiyeho nubwo ryitwa ko ryigenga.

Ngo iri tangazamakuru rikoresha imbaraga zaryo mu kurengera ibyo bihugu rivuga nabi u Rwanda rikingira ikibaba ibyo bihugu ngo bitabazwa Jenoside.

Avuga ko Jenoside ifite imizi hanze y’u Rwanda, ko ariyo mpamvu ibyo mu Rwanda byose buri gihe biba ingingo ikomeye henshi mu mahanga.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ntawe ruzendereza ngo rwivangire muri gahunda ariko ruhora rwiteguye uwarusagarira kuko rutajya rujenjeka ku bijyanye n’umutekano warwo.

Yasubizaga ikibazo cy’umunyamakuru wari umubajije niba imyitozo ingabo z’igihugu zimazemo iminsi ntaho yaba ihuriye no kwitegura urugamba kubera agatotsi rumaze iminsi rufitanye na bimwe mu bihugu by’ibituranyi nk’u Burundi na Uganda.

Perezida Kagame yavuze ko ntaho bihuriye kuko iyo myitozo yo mu rwego rwo hejuru isanzwe ikorwa. Ariko yanaboneyeho umwanya wo kwihanangiriza abashaka gushotora u Rwanda ko n’ubwo u Rwanda rutazabasubiza ariko ruhora rwiteguye uwaruteramo ibuye.

Yavuze ko mu myaka 25 ishize u Rwanda rwahuye n’ibizazane ndetse n’ibigeragezo haba ibishingiye kuri politiki cyangwa ku ntambara kandi byose rwarabitsinze, akemeza ko hari isomo byasize.

Yagize ati “Ugendeye ku mateka yacu ntitujenjeka ku bintu birebana n’umutekano wacu. Ugukubise kenshi akumara ubwoba, isomo twararibonye. Ntidushaka kwisanga twananiwe kwicungira umutekano, haba mu bibazo binini cyangwa bito.”

Perezida Kagame yemeje ko u Rwanda rukikijwe n’abanzi bihishe mu bagizi ba nabi, haba mu karere cyanywa kure, bose barajwe ishinga no kurusenya.

Ati “Akazi kacu karoroshye, si ukwivanga mu by’abandi. Twebwe tureba ibyacu kandi tukabyikemurira ndetse n’abadukanga turabihorera, tugakomeza ibyo twarimo. Ntabwo tugikeneye kwambuka imipaka, twabikoze kera kuko ari yo mahitamo twari dufite ariko ubu ntibishoboka.”

Perezida Kagame wagaragaje ukwerura mu bisubizo bye, yavuze ko bigaragara ko ibihugu nk’u Burundi byahisemo kugira u Rwanda nk’ikibazo cyarwo, bitewe n’urwiyenzo iki gihugu cyakomeje kugaragaza. Ariko Perezida yavuze ko igisubizo ari kimwe ari ugukomeza gukora ibyarwo.

Gusa yizeje ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu warwo mu kubaka iterambere ry’akarere ndetse no gukorana n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kugira ngo ibibazo bikemuke.

Perezida Kagame yahishuye kandi ko hari abantu bavuga ko u Rwanda n’u Burundi bitari bikwiye kujya muri uyu muryango, hakaba n’abarenga bakavuga ko ruri mu muryango rutabishaka.

Yabinyomoje avuga ko kuba u Rwanda ruri muri uyu muryango atari impuhwe z’uwo ari we wese kuko kuba muri EAC ari inyungu z’abanyamuryango bose kurusha uko zari inyungu za bamwe.

2018-12-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Village Urugwiro : Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo kuri uyu wa Gatanu

Village Urugwiro : Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo kuri uyu wa Gatanu

Ubwanditsi 15 Sep 2018
Amaherezo y’Inzira ni mu nzu, umwicanyi Ndereyehe azoherezwa mu Rwanda

Amaherezo y’Inzira ni mu nzu, umwicanyi Ndereyehe azoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Dec 2020
Umuhanzi wo muri Uganda Ziggy Wine, wari inshuti ya hafi ya Bobi Wine, yapfuye urw’agashinyaguro nyuma yo kumara igihe atotezwa mu buryo bukomeye.

Umuhanzi wo muri Uganda Ziggy Wine, wari inshuti ya hafi ya Bobi Wine, yapfuye urw’agashinyaguro nyuma yo kumara igihe atotezwa mu buryo bukomeye.

Ubwanditsi 07 Aug 2019
ADEPR ivuga iki ku ifungwa n’iyicarubozo ry’abayoboke bayo muri Uganda

ADEPR ivuga iki ku ifungwa n’iyicarubozo ry’abayoboke bayo muri Uganda

Ubwanditsi 01 Aug 2019

6 Ibitekerezo

  1. Rwakimanzi
    December 14, 20185:23 pm -

    Presida asubiza neza. Uwitwa Nduhungirehe azavanwemo kuko ni kidobya

    Subiza
    • Sunday
      December 15, 20181:31 am -

      Asubiza neza? Kombona yavuze ubusa ahubwo yerekanako ubwoba aribwinshi

      Subiza
      • Salvator
        December 15, 20186:09 am -

        @ Sunday

        Ariko ubwo Kagame abaye afite ubwoba bwinshi nkawe waba ufite iki aho waba ubarizwa hose haba mu Rwanda, mu buhungiro, mu mashyamba cyangwa mu mwobo w’inyaga?!!!

        Subiza
        • katsinono
          December 15, 20187:01 am -

          Our President azi ibyo avuga. Bigize uwo bidashimisha uwo yavuga ibye.

          Subiza
          • Sunday
            December 15, 201811:42 am -

            At least you have some understanding

        • Sunday
          December 15, 20184:23 pm -

          Ndi munda murwanda. Uzambona twigijeyo kagome umwaka Utaha

          Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ghana yakiriye Dr Casimir Bizimungu na Sylvain Nsabimana barekuwe n’urukiko rw’Arusha
ITOHOZA

Ghana yakiriye Dr Casimir Bizimungu na Sylvain Nsabimana barekuwe n’urukiko rw’Arusha

Ubwanditsi 27 Dec 2016
DR.Congo yanze ikemezo cya AU cyo ‘kuba iretse gutangaza’ ibyavuye mu matora
POLITIKI

DR.Congo yanze ikemezo cya AU cyo ‘kuba iretse gutangaza’ ibyavuye mu matora

Ubwanditsi 18 Jan 2019
U Rwanda rwasabwe kugira icyo ruvuga ku ngingo y’irekurwa rya Col. Simba Aloys ufungiye ibyaha bya jenoside
Mu Rwanda

U Rwanda rwasabwe kugira icyo ruvuga ku ngingo y’irekurwa rya Col. Simba Aloys ufungiye ibyaha bya jenoside

Ubwanditsi 29 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru