• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urukiko rwemeje intsinzi ya Tshisekedi, Fayulu abitera utwatsi yiyita ko ariwe Perezida wa RDC

Urukiko rwemeje intsinzi ya Tshisekedi, Fayulu abitera utwatsi yiyita ko ariwe Perezida wa RDC

Ubwanditsi 20 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU

Urukiko rurinda Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwemeje bidasubirwaho ko Félix Tshisekedi ari we watsinze amatora ya Perezida, rutesha agaciro ikirego cyari cyatanzwe na Martin Fayulu.

Uwo mwanzuro w’urukiko wari utegerejwe na benshi watangajwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru.

Komisiyo y’Amatora yari yatangaje ko Tshisekedi ari we watsinze amatora yo ku wa 30 Ukuboza 2018 n’amajwi 38.57%, biterwa utwatsi na Martin Fayuku wamukurikiye mu majwi wahise aregera urukiko rurengera Itegeko Nshinga.

Byari biteganyijwe ko umwanzuro w’urukiko usomwa ahagana saa cyenda kuri uyu wa Gatandatu i Kinshasa icyakora RFI yatangaje ko isomwa ry’urubanza ryatangiye ahagana saa tanu z’ijoro.

Rwanzuye ko ikirego Martin Fayulu yatanze asaba ko kubara amajwi bisubirwamo nta shingiro gifite kubera ko nta bimenyetso yatanze.

Fayulu yagiye gusaba ko amajwi asubirwamo ahanini ashingiye ku byatangajwe na Kiliziya Gatolika muri icyo gihugu byavugaga ko ari we watsinze amatora ndetse n’ibyakusanyijwe n’ikipe ye yari ishinzwe kumureberera.

Urukiko rwavuze ko nta wundi wari wemerewe gutangaza ibyavuye mu matora byashingirwaho atari Komisiyo y’Amatora.

Rwemeje ko Tshisekedi ari we watsinze bidasubirwaho amatora ya Perezida aherutse kuba.

Fayulu yahise atangaza ko ibikozwe n’urukiko rurinda Itegeko Nshinga ari ‘ihirikwa ry’ubutegetsi ryitwaje Itegeko Nshinga’.

Yavuze ko atazemera Tshisekedi nka Perezida ndetse asaba abaturage bose kubigenza batyo.

Ati “Nta banga ko mwantoreye kuba Perezida ku majwi ari hejuru ya 60 % ariko Komisiyo y’Amatora n’urukiko rurinda Itegeko Nshinga bahimbye ibitandukanye n’ibyavuye mu matora ku mpamvu idasobanutse. Ibi ni uguhirika ubutegetsi hitwajwe Itegeko Nshinga.”

Yongeyeho ati “Ni njye Perezida wemewe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Kubera iyo mpamvu ndasaba abaturage ba Congo kutemera undi muntu uziyitirira uyu mwanya ndetse no kutumvira amategeko azaturuka kuri uwo muntu.”

Martin Fayulu yasabye abaturage kwigaragambya mu mahoro berekana ko batishimiye ibyavuye mu matora.

Thoko Mabitu, umwe mu bajyanama ba Tshisekedi yabwiye RFI ko ukuri kwatsinze ikinyoma, asaba abaturage bose na Martin Fayulu gushyigikira Perezida wemejwe.

Ati “Turasaba abanye-Congo bose gushyigikira Perezida kuko turi bamwe kandi akazi ni kenshi ngo twongere kubaka igihugu cyacu.Turasaba umuvandimwe Martin Fayulu ko igihe kigeze ngo dufatanye kubaka igihugu. Nidufatanya na Perezida watowe, tuzageza abaturage kuri byinshi.”

Kuri uyu wa Mbere muri Congo hategerejwe intumwa z’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ziyobowe na Perezida Paul Kagame zigamije kumvikanisha impande zitavuga rumwe.

Uwo muryango ku wa Kane wari wasabye RDC kuba ihagaritse gutangaza ibyavuye mu matora bya burundu, nyuma yo kubona ko ibyari byatangajwe na Komisiyo y’Amatora mbere byari biteye impungenge.

Ariko Umuvugizi wa Leta ya Congo, Lambert Mende, ibi yabiteye utwatsi yagize ati “Sintekereza ko uwo ari we wese afite uburenganzira bwo guha amabwiriza urukiko. Sinizeye neza ko Umuryango wa Africa yunze Ubumwe usobanukiwe neza imikorere y’Ubutabera bwa Congo Kinshasa.”

Yongeyeho ati “Nta gihugu na kimwe ku isi cyakwemera ko ubutabera bwacyo bukoreshwa n’abantu bavuye hanze.”

Urukiko rurinda Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwemeje bidasubirwaho ko Félix Tshisekedi ari we watsinze amatora ya Perezida

Martin Fayulu yanze ibyatangajwe n’urukiko, ahubwo avuga ko ariwe Perezida wa RDC

 

2019-01-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Ubwanditsi 26 Dec 2024
Ari Umunyamabanga Wa Leta Evode Uwizeyima Na Victoire Ingabire Ni Inde Wigiza Nkana?

Ari Umunyamabanga Wa Leta Evode Uwizeyima Na Victoire Ingabire Ni Inde Wigiza Nkana?

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Ruharwa Stanislas Mbonampeka yatawe muri yombi

Ruharwa Stanislas Mbonampeka yatawe muri yombi

Ubwanditsi 01 Apr 2024
Uwizera Christine Coleman na Sylvia Mukankiko , inkotsa-nkunguzi zarenze ihaniro

Uwizera Christine Coleman na Sylvia Mukankiko , inkotsa-nkunguzi zarenze ihaniro

Ubwanditsi 13 Jan 2023

4 Ibitekerezo

  1. Bob deol
    January 20, 20199:53 am -

    Congo nukuyisengera kbs Ndabona Satani ashaka kuhakora akazi.

    Subiza
  2. Btwenge
    January 20, 20192:01 pm -

    ARIKO. FAYILU NIBA ATARI
    UMUTESI. NINJIJI!!!
    NGO. BAHIRITSE UBUTEGETSI
    BITWAJE. ITEGEKO SHINGA
    YIYIBAGIJE YUKO ARI MURI
    AFRIKA. AHO NITEGEKO NSHINGA
    NARYO BARISEMYA. BAKIKORERA
    IRIBAHESHA. UMUGATI
    NGO. ABATURAGE BIGARAGAMBYE
    BEMEZA YUKO FAYURU ARIWE
    PREZIDA. ABANYARWA BACUMUGANI
    NGO UMUPFU ARAGWA. AKABYINIRA
    HASI AHO GUHAGURUKA NGO AKOMEZE URUGENDO
    FAYULU WE. UZAJYE GUSURA
    ODINGA MURI KENYA AKUGIRE
    INAMA. ESE KINYATA YIMIKWA
    ABAKURIYE. UBUMWE BWAFURIKA
    BARI HEHE???KO BATAGIYEYO???

    Subiza
  3. Btwenge
    January 20, 20192:16 pm -

    MBESE. KO MUTATUGEJEJEHO
    ITANGAZO RYA PREZIDA
    WA NAMIBIYA?????
    MUBAZE. IKINYAMAKURU
    UMUSEKE UKO. BYIFASHE!!!

    KARABAYE!!!BINYIBUKIJE
    IBYA M23

    Subiza
  4. Sunday
    January 21, 20193:25 pm -

    THE GOON KAGOME’S HEART RATE IS HIGH. ARAKUBISWE. I CONGRATULATE H. E. TSHEKEDI

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta yubitse imbehe z’abatujuje ibyangombwa
Mu Rwanda

Leta yubitse imbehe z’abatujuje ibyangombwa

Ubwanditsi 02 Mar 2018
Uburundi bwagiye Uganda gushimangira ibyo guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uburundi bwagiye Uganda gushimangira ibyo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 23 Nov 2018
RwandAir yatangije  ingendo enye mu cyumweru zigana Cape Town
UBUKERARUGENDO

RwandAir yatangije ingendo enye mu cyumweru zigana Cape Town

Ubwanditsi 16 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru