• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame yazamuye mu ntera abapolisi 4385

Perezida Kagame yazamuye mu ntera abapolisi 4385

Editorial 29 Jan 2019 Mu Rwanda

Inama idasanzwe y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Mbere, yemeje iteka rya Perezida rizamura mu ntera ba Ofisiye Bato 618 ba Polisi y’u Rwanda n’Iteka rya Minisitiri rizamura mu ntera ba Su-Ofisiye n’Abapolisi Bato 3767 ba Polisi y’u Rwanda.

Itegeko Rigena Ububasha, Inshingano, Imitunganyirize n’Imikorere bya Polisi y’ u Rwanda, rigena ko ba Ofisiye ba Polisi y’u Rwanda bazamurwa mu ntera n’iteka rya Perezida.

Guhabwa ipeti biterwa n’ubushobozi Ofisiye yagaragaje mu mirimo ye nk’uko amanota ye aba abyerekana. Iyo ari Ofisiye Muto, agomba kuba amaze nibura imyaka ine ku ipeti, naho iyo ari Ofisiye Mukuru; agomba kuba amaze nibura imyaka itanu ku ipeti.

Ba Su-Ofisiye bazamurwa mu ntera na Minisitiri ufite Polisi y’u Rwanda mu nshingano ze, bitewe n’ubushobozi Su-Ofisiye yagaragaje mu mirimo ye nk’uko amanota ye aba abyerekana.

Kugira ngo Su-Ofisiye azamurwe mu ntera agomba kuba amaze nibura imyaka itatu ku ipeti. Ashobora kuzamuka mu rwego rwa ba Ofisiye iyo afite impamyabumenyi cyangwa icyemezo cy’amashuri asabwa ku bashaka kuba ba ofisiye, yatsinze ikizamini cyo kwinjira mu ishuri ritegura abigira kuba ofisiye cyangwa yakurikiye kandi agatsinda amasomo yateguwe n’ishuri ritegura ba ofisiye.

Minisitiri ufite Polisi mu nshingano ze ashingiye ku cyemezo cy’Inama Nkuru ya Polisi ashobora kwemeza ko aba Su Ofisiye bamaze imyaka itanu bakorera Polisi kandi bafite impamyabumenyi y’amashuri atandatu yisumbuye, bajya mu nyigisho z’ibanze zitegura ba ofisiye.

Ba ‘Police Constables’ bo bazamurwa mu ntera na Minisitiri ufite Polisi mu nshingano ze. Bisaba kuba afite imyaka ine y’uburambe ku ipeti; kuba ishimwe rya nyuma ririmo “Arabikwiye” no kuba yarabonye nibura ishimwe “Nyamwete” mu myaka itatu ikurikirana ya nyuma.

“Police Constable” kandi ashobora kuzamurwa mu rwego rw’aba Ofisiye iyo yujuje ibisabwa.

Gusa hashingiwe kuri Politiki y’Igihugu igamije iterambere ry’umugore, hashingiwe kandi ku bumenyi bwihariye kandi bujyanye n’inshingano za Polisi y’u Rwanda, Inama Nkuru ya Polisi ishobora kugeza kuri Minisitiri icyifuzo cyo gusabira amapeti yo hejuru abapolisi batarageza ku burambe bw’imyaka buteganywa muri iri teka.

2019-01-29
Editorial

IZINDI NKURU

AMAFOTO – Ku bufatanye na SKOL, Rayon Sports yamuritse imyambaro n’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 25 Frw bizakoresha mu isubukurwa rya shampiyona ya 2020-2021 .

AMAFOTO – Ku bufatanye na SKOL, Rayon Sports yamuritse imyambaro n’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 25 Frw bizakoresha mu isubukurwa rya shampiyona ya 2020-2021 .

Editorial 24 Apr 2021
Umunyamakuru Mugabushaka Jeanne de Chantal [ Maman Eminante ] na Bizimana Ibrahim bakatiwe igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 3

Umunyamakuru Mugabushaka Jeanne de Chantal [ Maman Eminante ] na Bizimana Ibrahim bakatiwe igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 3

Editorial 13 May 2017
Sayinzoga Jean wari Umuyobozi wa Komisiyo ya ‘Demobilisation’ yitabye Imana

Sayinzoga Jean wari Umuyobozi wa Komisiyo ya ‘Demobilisation’ yitabye Imana

Editorial 17 Apr 2017
Nyaruguru: Umutekano warakajijwe hirindwa abakongera kubaca mu rihumye

Nyaruguru: Umutekano warakajijwe hirindwa abakongera kubaca mu rihumye

Editorial 12 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ICC unhappy with the government of Kenya
Mu Rwanda

ICC unhappy with the government of Kenya

Editorial 19 Sep 2016
Nene wari warirukanywe na Zuma yasubijwe muri guverinoma, Nkosazana nawe ahabwa umwanya
POLITIKI

Nene wari warirukanywe na Zuma yasubijwe muri guverinoma, Nkosazana nawe ahabwa umwanya

Editorial 27 Feb 2018
Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo
Amakuru

Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Editorial 30 Jul 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru