• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame yazamuye mu ntera abapolisi 4385

Perezida Kagame yazamuye mu ntera abapolisi 4385

Ubwanditsi 29 Jan 2019 Mu Rwanda

Inama idasanzwe y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Mbere, yemeje iteka rya Perezida rizamura mu ntera ba Ofisiye Bato 618 ba Polisi y’u Rwanda n’Iteka rya Minisitiri rizamura mu ntera ba Su-Ofisiye n’Abapolisi Bato 3767 ba Polisi y’u Rwanda.

Itegeko Rigena Ububasha, Inshingano, Imitunganyirize n’Imikorere bya Polisi y’ u Rwanda, rigena ko ba Ofisiye ba Polisi y’u Rwanda bazamurwa mu ntera n’iteka rya Perezida.

Guhabwa ipeti biterwa n’ubushobozi Ofisiye yagaragaje mu mirimo ye nk’uko amanota ye aba abyerekana. Iyo ari Ofisiye Muto, agomba kuba amaze nibura imyaka ine ku ipeti, naho iyo ari Ofisiye Mukuru; agomba kuba amaze nibura imyaka itanu ku ipeti.

Ba Su-Ofisiye bazamurwa mu ntera na Minisitiri ufite Polisi y’u Rwanda mu nshingano ze, bitewe n’ubushobozi Su-Ofisiye yagaragaje mu mirimo ye nk’uko amanota ye aba abyerekana.

Kugira ngo Su-Ofisiye azamurwe mu ntera agomba kuba amaze nibura imyaka itatu ku ipeti. Ashobora kuzamuka mu rwego rwa ba Ofisiye iyo afite impamyabumenyi cyangwa icyemezo cy’amashuri asabwa ku bashaka kuba ba ofisiye, yatsinze ikizamini cyo kwinjira mu ishuri ritegura abigira kuba ofisiye cyangwa yakurikiye kandi agatsinda amasomo yateguwe n’ishuri ritegura ba ofisiye.

Minisitiri ufite Polisi mu nshingano ze ashingiye ku cyemezo cy’Inama Nkuru ya Polisi ashobora kwemeza ko aba Su Ofisiye bamaze imyaka itanu bakorera Polisi kandi bafite impamyabumenyi y’amashuri atandatu yisumbuye, bajya mu nyigisho z’ibanze zitegura ba ofisiye.

Ba ‘Police Constables’ bo bazamurwa mu ntera na Minisitiri ufite Polisi mu nshingano ze. Bisaba kuba afite imyaka ine y’uburambe ku ipeti; kuba ishimwe rya nyuma ririmo “Arabikwiye” no kuba yarabonye nibura ishimwe “Nyamwete” mu myaka itatu ikurikirana ya nyuma.

“Police Constable” kandi ashobora kuzamurwa mu rwego rw’aba Ofisiye iyo yujuje ibisabwa.

Gusa hashingiwe kuri Politiki y’Igihugu igamije iterambere ry’umugore, hashingiwe kandi ku bumenyi bwihariye kandi bujyanye n’inshingano za Polisi y’u Rwanda, Inama Nkuru ya Polisi ishobora kugeza kuri Minisitiri icyifuzo cyo gusabira amapeti yo hejuru abapolisi batarageza ku burambe bw’imyaka buteganywa muri iri teka.

2019-01-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Col. Chance Ndagano  wari Umucamanza mu rukiko  rwa gisilikare niwe wagizwe umuyobozi mushya wa Rwandair

Col. Chance Ndagano wari Umucamanza mu rukiko rwa gisilikare niwe wagizwe umuyobozi mushya wa Rwandair

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Rubavu: Abanyekongo babiri basanganwe indwara ya kolera

Rubavu: Abanyekongo babiri basanganwe indwara ya kolera

Ubwanditsi 09 Jul 2017
Umujyi wa Kigali watangiye  gusenya  Hoteli Top Tower [ AMAFOTO ]

Umujyi wa Kigali watangiye gusenya Hoteli Top Tower [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 12 Jul 2017
PL yasabye abagihembera ingengabitekerezo mu mahanga gutaha mu rwababyaye

PL yasabye abagihembera ingengabitekerezo mu mahanga gutaha mu rwababyaye

Ubwanditsi 07 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kamonyi: Njyanama yahishuye ko Udahemuka yari Meya urangwa n’imyitwarire idahwitse
ITOHOZA

Kamonyi: Njyanama yahishuye ko Udahemuka yari Meya urangwa n’imyitwarire idahwitse

Ubwanditsi 21 Jun 2017
MTN yateguye igitaramo cy’imbaturamugabo yatumiyemo bamwe mu bahanzi b’ibyamamare
IMIKINO

MTN yateguye igitaramo cy’imbaturamugabo yatumiyemo bamwe mu bahanzi b’ibyamamare

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Adil Erradi Mohammed yabonye ibyangombwa bimwemerera gutoza imikino mpuzamahanga, umunsi wa kabiri wa shampiyona wasize Rayon Sports itsinze Police FC 1-0
Amakuru

Adil Erradi Mohammed yabonye ibyangombwa bimwemerera gutoza imikino mpuzamahanga, umunsi wa kabiri wa shampiyona wasize Rayon Sports itsinze Police FC 1-0

Ubwanditsi 09 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru