• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abanyarwanda batatu barokotse abakozi b’inzego z’umutekano za Uganda bari bitwaje Kalashnikov

Abanyarwanda batatu barokotse abakozi b’inzego z’umutekano za Uganda bari bitwaje Kalashnikov

Ubwanditsi 11 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda batatu, ku mugoroba wo ku wa Gatandatu barokotse igikorwa cy’inzego z’umutekano za Uganda, zabafashe zitwaje imbunda za Kalachnikov, ariko bamenye ko hari umugambi wo kubahitana bakizwa n’amaguru.

Amakuru avuga ko byakozwe n’abantu babiri bambaye gisivili, “bari mu modoka ifite ibirahuri byijimye, bafite n’imbunda.”

Nk’uko ikinyamakuru Virunga Post cyabitangaje, abanyarwanda Habimana Juvénal w’imyaka 31, Nduwamungu Félix w’imyaka 52 na Bizimana Cyprien w’imyaka 36 bose bakomoka mu Karere ka Musanze, bari mu modoka ya Fuso ahagana saa cyenda n’iminota 40, ku isaha yo muri Uganda.

Abo bantu babiri bitwaje intwaro ngo bahagaritse imodoka yabo babasaba ibyangombwa.

Abo banyarwanda bavuga ko ari abacuruzi b’imbaho kandi basanzwe bazigura muri Uganda bakazigurisha mu Rwanda, ubucuruzi bakora guhera mu 2017.

Bavuga ko abo bagabo babiri nyuma yo gufata ibyangombwa byabo, babasabye kubakurikira. Habimana, Nduwamungu na Bizimana barabinginze ngo babarekure bikomereze urugendo, abandi babima amatwi, bumvisha aba Banyarwanda ko bagomba kubakurikira.

Ni nako byagenze kuko bisanze ku biro bya Polisi y’Akarere ka Rubanda, abo bakozi babanza kujya kuvugana n’umuyobozi wa polisi muri ako karere (DPC, District Police Commander).

Bavuga ko bakubise agatima ku bikorwa bya hato na hato byibasira abanyarwanda bimaze iminsi muri Uganda, batangira gutekereza ko ibi byo batabirokoka, bakeka ko hari umugambi wo kubahitana.

Bahise biyungura inama yo gukizwa n’amaguru bayoboka iy’ishyamba imodoka yabo bayita aho. Bagenda ijoro ryose batunguka ku mupaka wa Cyanika mu Karere ka Burera.

Nk’uko amakuru abivuga, abo bagabo bakomeje gusaba ubufasha kugira ngo basubizwe imodoka yabo, kimwe n’inyandiko zirimo ibyangombwa byabo.

Ikinyamakuru Virunga Post kivuga ko cyabonye amakuru ko Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imisoro n’Amahoro, RRA, cyageragezaga kuvugana na bagenzi babo ku ruhande rwa Uganda, ariko kugeza ubu nta kintu kiremeranywaho.

Icyo ni kimwe mu bikorwa biheruka byibasira Abanyarwanda muri Uganda by’umwihariko, aho batabwa muri yombi mu buryo budakurikije amategeko, bagashimutwa bakanakorerwa iyicarubozo rya hato na hato, byose bigakorwa n’inzego z’umutekano za Uganda.

Ibi bikorwa binagarukwaho cyane n’abanyarwanda bamaze iminsi birukanwa muri icyo gihugu, bisa n’aho birimo kuba buri munsi.

2019-02-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

Ubwanditsi 21 Dec 2024
Umusizi Innocent Bahati ntiyarigishijwe, yagiye mu mitwe iharanira guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Umusizi Innocent Bahati ntiyarigishijwe, yagiye mu mitwe iharanira guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 16 Feb 2022
Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa

Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 11 Jun 2025
Perezida Kagame yabajijwe ku ikurikiranwa rya Kayumba Nyamwasa n’itaha rya Twagiramungu

Perezida Kagame yabajijwe ku ikurikiranwa rya Kayumba Nyamwasa n’itaha rya Twagiramungu

Ubwanditsi 11 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imirwano iri kubera i Bukavu yatumye umupaka uyihuza na Rusizi ufungwa
ITOHOZA

Imirwano iri kubera i Bukavu yatumye umupaka uyihuza na Rusizi ufungwa

Ubwanditsi 05 Nov 2017
Producer Laser Beat utunganya indirimbo mu majwi arahamya ko inzu ya The Beam Beat Entertainment ije ari igisubizo ku bahanzi batinda kubona ibihangano byabo
Amakuru

Producer Laser Beat utunganya indirimbo mu majwi arahamya ko inzu ya The Beam Beat Entertainment ije ari igisubizo ku bahanzi batinda kubona ibihangano byabo

Ubwanditsi 31 Jul 2021
Maria Sharapova n’umukunzi we bahishuye ibihe bidasanzwe bagize ubwo basuraga u Rwanda
UBUKERARUGENDO

Maria Sharapova n’umukunzi we bahishuye ibihe bidasanzwe bagize ubwo basuraga u Rwanda

Ubwanditsi 10 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru