• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • UBUSESENGUZI: Mpaga ya Libya yemejwe na CAF isobanuye iki k’u Rwanda mu kujya muri CAN 2025?   |   29 Oct 2024

  • Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda   |   28 Oct 2024

  • Djibouti yatsinze u Rwanda 1-0 hashakwa itike ya CHAN 2025, Amavubi ahita yongeramo abandi bakinnyi bane   |   27 Oct 2024

  • Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame   |   27 Oct 2024

  • Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu   |   26 Oct 2024

  • Karabaye! Umugambi wa Tshisekedi wo guhindura itegekonshinga uhuhuye Kongo n’ubundi yasambaga.   |   24 Oct 2024

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Igisirikare cya Uganda kirimo gutera mu ngo z’Abanyarwanda gisaka imbunda

Igisirikare cya Uganda kirimo gutera mu ngo z’Abanyarwanda gisaka imbunda

Editorial 25 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abanyarwanda babiri bageze mu Rwanda bahunze abasirikare ba Uganda, nyuma y’uko babateye mu ngo zabo bashaka kureba ko na ntwaro babitse.

Aba bantu bakoreraga ubucuruzi muri Uganda, mu gihe cy’imyaka ine, bavuze ko bagabweho igitero n’abasirikare bo mu mutwe wa Military Police, ijagajaga inzu bakoreramo ngo ishaka imbunda ariko iraheba.

Umugabo tutangaje amazina ye kubera impamvu ze z’umutekano, yavuze ko ubusanzwe afite umuryango we mu Rwanda ariko yari amaze imyaka ine n’umuvandimwe we muri iki gihugu bacuruza.

Ati “Ndi umuntu wacururizaga muri Uganda, aho nari mpafite iduka, ubwo najyaga mu Mujyi wa Kampala kurangura, nibwo abasirikare baje iwanjye bavuga ko ndi maneko w’u Rwanda baza kunsaka bakoresheje Military Police ariko basanga ntahari”.

“Bahasanze umuvandimwe wanjye twakoranaga, nibwo yababwiye ko nagiye kurangura ariko binjira mu nzu barasaka ibintu byose bashaka imbunda babura ikintu na kimwe.”

Aba basirikare ngo basize babwiye umuvandimwe we ko ari uyu mugabo bashakaga. Uyu munyarwanda yavuze ko aba basirikare babwiye uyu muvandimwe we ko bazagaruka kureba ko yagarutse.

Ati “Umuvandimwe wanjye ambwiye ko baje banshaka, nahise mpungira mu Rwanda kuko numvaga ko ubuzima bwanjye bushobora kujya mukaga.”

Nyuma yo kugera mu Rwanda nibwo yabwiye umuvandimwe we ko agurisha ibyo bari bafiteyo byose, ubu bose bagarutse mu Rwanda.

Yatangaje ko hari amakuru yamenye ko bashakaga kuzamufata ngo bamukorere iyicarubozo, bikaba ari byo byatumye ahunga.

Abanyarwanda bari muri Uganda bafite impungenge

Uyu muturage yavuze ko abanyarwanda bari muri Uganda, bahangayitse kuko ubwe ari umusivili wikoreraga akazi k’ubucuruzi.

Ati “Hariyo abanyarwanda benshi barengana, icyo gihe baza kunsaka hari undi munyarwanda bajyanye, iyo uriyo uri umunyarwanda baraza bakagufata uko bashatse, iyo basanze amakuru bagushakaho ntayo ufite kukurekura baguca amafaranga, bahera muri miliyoni 5 z’amashilingi.”

Ikibazo cy’Abanyarwanda bafatirwa muri Uganda, bagafungwa, bagakorerwa iyicarubozo abandi bakaburirwa irengero, gikomeje gufata indi ntera, aho ibi bikorwa by’ubugizi bwa nabi byose usanga bikorwa n’inzego z’umutekano cyane cyane urw’iperereza (CMI).

Tariki 23 Gashyantare uyu mwaka, Muhawenimana Damascène utuye mu Murenge wa Macuba, Akarere ka Nyamasheke, ni umwe muri abo banyarwanda wari umaze amezi abiri afunzwe amapingu ku maguru no ku maboko, anapfutse ku mutwe n’inzego z’iperereza mu Mujyi wa Kampala wageze mu Rwanda.

Yavuze ko iyicarubozo yakorerwaga kubera ko ari umunyarwanda, yarikorewe n’abantu bavuga Ikinyarwanda, akeka ko ari abanyarwanda barwanya u Rwanda bakorana n’Urwego rw’ubutasi rwa Uganda (CMI), mu guhohotera abo bita ‘Intasi za Kagame’.

Aba banyarwanda bariyongera ku bandi bakomeje kugarurwa mu Rwanda bahonotse iyicarubozo n’ihohoterwa bakorerwaga muri gereza za Uganda. Hari kandi n’abatawe muri yombi kugeza n’uyu munsi baburiwe irengero.

2019-02-25
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Editorial 30 Jul 2021
Uko Abagande binjijwe mu nyeshyamba za FDLR

Uko Abagande binjijwe mu nyeshyamba za FDLR

Editorial 06 May 2019
Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Editorial 09 Dec 2020
Itangazo ry’Ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 06 Werurwe 2020

Itangazo ry’Ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 06 Werurwe 2020

Editorial 07 Mar 2020

Igitekerezo kimwe

  1. RUGENDO
    February 26, 20193:41 pm -

    NIBAZE IWABO UBUNDI BAKORA IKI MU BUGANDE !!KABAREBE ATI KUKI BAJYA GUHUNAHUNA BABA BASHAKA IKI??NIBAZE MU GIHUGU CYABO BAKORE UBWO BUCURUZI !!NONESE UBUGANDE BUBABUZA KUTAHA IWABO!!????BOSE BABACYURE BAZE TWUBAKE U RWANDA RWACU!!BAREKE GUHUNAHUNA NKUKO GENERAL KABAREBE YABIVUZE!!IBI BIRUMVIKANA!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024
Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

01 Mar 2024
M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri

M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri

10 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru