• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda ifungirana u Rwanda ubugira kabiri – Perezida Kagame

Uganda ifungirana u Rwanda ubugira kabiri – Perezida Kagame

Editorial 25 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU

Mu kiganiro cyabanjirije ibindi mu nama y’abayobozi b’ibigo muri Afurika ACF2019 irimo kubera i Kigali, Perezida Paul Kagame yagaragaje uburyo ibura ry’ubushake bwa politiki ari ryo rituma urujya n’uruza hagati y’u Rwanda na Uganda ritagerwaho kuko Uganda ikomeje gufungirana u Rwanda.

Perezida Kagame yatanze ingero nke muri nyinshi z’uburyo hari ibicuruzwa byinshi biva mu Rwanda bigana ku cyambu cya Mombasa muri Kenya ariko byagera muri Uganda bikabuzwa gukomeza kandi nta mpamvu itangwa.

Yagize ati “Twari dufite imizigo ijya Mombasa. Kugira ngo tugereyo tugomba guca muri Uganda. Igisekeje, ni uko twembi (ndavuga u Rwanda na Uganda) tudakora ku Nyanja, ariko twebweho iyo dushatse gukoresha iyo nzira, dufungiranwa ubugira kabiri, kuko Uganda irongera ikadufungirana.”

“Imodoka zari zikoreye amabuye y’agaciro zigana Mombasa zafungiwe muri Uganda mu gihe cy’amezi atanu, dushatse kubaza ikibazo uko giteye mu bashinzwe imisoro, dusanga iyo mizigo yari yujuje ibisabwa. Tubajije na bagenzi babo muri Uganda na bo batubwira ko nta kibazo, ko bazemereye gukomeza urugendo.”

Yavuze kandi ko babajije impamvu zafashwe maze abazihagaritse muri Uganda bakavuga ko ari itegeko bahawe rituruka hejuru. Avuga ko abababwiye aya makuru atari n’Abanyarwanda ati “Abo nta n’ubwo ari Abanyarwanda, ni abashoramari b’abanyamahanga. Ni umushoramari w’umudage.”

Perezida Kagame kandi yatanze urugero rw’amata yaganaga muri Kenya maze agapfira mu nzira bitewe no kuyabuza gukomeza urugendo kandi nta mpamvu.

Ati “Hari abashoramari b’Abanyakenya barimo bajyana amata muri Kenya…, bakura amata mu Rwanda, muri Uganda n’ahandi. Ndibwira ko bafite ubushobozi bwagutse bwo kuyatunganya. Ayo mata yangiwe gukomeza urugendo muri Uganda hashira iminsi, bituma ibihumbi bya za litiro byangirika.”

Perezida Kagame yanagaragaje uburyo Abanyarwanda bakomeje gukorerwa iyicarubozo ndetse avuga ko ntako u Rwanda rutagize ariko Uganda ntigire icyo ikora.

Ati “Dufite amagana y’Abanyarwanda bafashwe bagafungirwa muri za gereza, amezi menshi ndetse n’imyaka muri Uganda. Ubu ntabwo barimo bacirwa imanza ahubwo bakomeje baborera muri za gereza muri Uganda. Urebye ni nk’aho Uganda iri kuvuga ngo ntimuze mu gihugu cyacu.”

Avuga ko bagaragarije iki kibazo Guverinoma ya Uganda kuva mu myaka ibiri ishize ariko ntihagire igikorwa. “Niba mufite Abanyarwanda bakoze ibyaha muri Uganda, mubikemure mu buryo bukurikije amategeko.”

Uretse no kuba nta butabera aba bantu bari guhabwa, yavuze ko nta n’ubwo bari kwemererwa gusurwa na ambasade. Ambasaderi ati “N’abandi ba dipolomate ntabwo bashobora kujya kubasura kuko bamwe muri aba bantu bafungiye muri za gereza zitazwi.”

Perezida Kagame kandi yasobanuye ku bijyanye no gufunga umupaka, yerekana ko u Rwanda rufite imipaka itatu iruhuza na Uganda, ariko umwe gusa akaba ari wo utari gukora uko bikwiye.

Yagize ati “Ni umwe gusa utari gukora ku buryo busanzwe kubera ibikorwa by’ubwubatsi. Urakora nko kuri 20 cg 30% kandi turizera ko mu byumweru bike uza kuba ukora bisanzwe. Ikibazo rero ni ubushake bwa politiki mbere y’uko biba ikindi.”

Ubwo u Rwanda rwarimo rwakira inama ku rujya n’uruza n’isoko rusange muri Afurika yabereye hano AfCFTA, nyuma y’iminsi ibiri Perezida Kagame yahise ajya muri Uganda.

Yagize ati “Nahise nsura Uganda. Ese muzi icyari kinjyanyeyo? Mu by’ukuri ni ugukemura iki kibazo ndi kuvugaho. Nagiye kureba Perezida wa Uganda ndamubaza nti ese ibi ni ibiki? Kuki ari uku biri kugenda? Nanaboneyeho kubwira abayobozi muri kiriya gihugu ibyari byaganiriwe mu nama hano.

Ndamubwira nti hari imishinga minini ireba Afurika iri kuganirirwa hariya ariko ibihugu byombi biri kugongana muri ibi bintu umuntu atabona n’uko asobanura. Ndamubaza nti ese kuki tutakorana ngo ibi bintu tubikemure kugira ngo twese twungukire muri ino mishinga iri kuganirwaho ku rwego rw’umugabane? Iyo ni yo mpamvu yari yanjyanyeyo ariko hari ibintu ntashobora gusobanura. Kuko byarakomeje.”

Src: KT

2019-03-25
Editorial

IZINDI NKURU

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Editorial 25 Nov 2023
Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Editorial 15 Dec 2017
U Bushinwa: Agahinda k’umugore wabujijwe kwinjira muri hoteli azira ko akomoka muri Uganda

U Bushinwa: Agahinda k’umugore wabujijwe kwinjira muri hoteli azira ko akomoka muri Uganda

Editorial 07 Aug 2018
Gucika ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuba waragize uruhare mu kuyihagarika, warangiza ukifatanya nabayiteguye bakanayishyira mu bikorwa, ni ugutatira igihango kandi gihana kihanukiriye

Gucika ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuba waragize uruhare mu kuyihagarika, warangiza ukifatanya nabayiteguye bakanayishyira mu bikorwa, ni ugutatira igihango kandi gihana kihanukiriye

Editorial 06 Apr 2021
Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Editorial 25 Nov 2023
Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Editorial 15 Dec 2017
U Bushinwa: Agahinda k’umugore wabujijwe kwinjira muri hoteli azira ko akomoka muri Uganda

U Bushinwa: Agahinda k’umugore wabujijwe kwinjira muri hoteli azira ko akomoka muri Uganda

Editorial 07 Aug 2018
Gucika ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuba waragize uruhare mu kuyihagarika, warangiza ukifatanya nabayiteguye bakanayishyira mu bikorwa, ni ugutatira igihango kandi gihana kihanukiriye

Gucika ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuba waragize uruhare mu kuyihagarika, warangiza ukifatanya nabayiteguye bakanayishyira mu bikorwa, ni ugutatira igihango kandi gihana kihanukiriye

Editorial 06 Apr 2021
Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Editorial 25 Nov 2023
Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Editorial 15 Dec 2017
prev
next

2 Ibitekerezo

  1. Lille
    March 25, 201912:31 pm -

    Ego kooo,,. HE ko arimo kuregana cyaneeee

    Subiza
  2. Emmy
    March 25, 20194:32 pm -

    Ariko se ibi ubona aribyo kwihererana nibanga se?ibi nibyo bidindiza Abanyafrica ubu se inyungu abayobozi ba Uganda bazageza ku baturage babo bivuye muraya marorerwa niyihe ?AFRICA waragowe tu.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru