• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yavuze ko EAC atari yo ikwiriye gutinza ubuhahirane muri Afurika

Perezida Kagame yavuze ko EAC atari yo ikwiriye gutinza ubuhahirane muri Afurika

Ubwanditsi 30 Mar 2019 POLITIKI

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yasabye ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) gushakira hamwe umuti w’bibazo bituma ukwihuza kwabyo kugorana kugira ngo bitazakereza umugabane wa Afurika kugera ku ntego y’ubuhahirane no koroshya urujya n’uruza.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu i Kigali ubwo yatangizaga umwiherero w’umunsi umwe w’inama y’abaminisitiri b’ibihugu bigize EAC.

Uwo mwiherero ubaye mu gihe u Rwanda arirwo ruyoboye uwo muryango kugira ngo harebwe aho umuryango uvuye mu myaka 20 ishize wongeye kubyutswa, aho ugeze n’ingamba zafatwa ngo ugere aho wifuza kugera.

Umwiherero nk’uyu uheruka kuba mu mwaka wa 2009 ubwo u Rwanda rwari ruyoboye EAC.

Perezida Kagame yavuze ko kubwizanya ukuri no gushakira hamwe ibisubizo by’ibibazo bihari ari byo bizatuma intego zo kwishyira hamwe kw’ibihugu bigize umuryango kugerwaho.

Ati “Dukeneye byihutirwa gushyira umuryango wacu ku murongo mu kumva ko ari uwacu, dutanga ibyo dusabwa byose ariko nako duharanira gukorera mu mucyo no kubazwa ibyo dushinzwe mu micungire y’inzego zawo. Nibwo buryo bwonyine bwo gukomeza kuba abizerwa n’abanyagaciro ku baturage bacu. Bizagorana no kugera ku ntego zoroshye twiyemeje mu gihe ibi bidakozwe uko bikwiye.”

Yavuze ko hakwiye gukurwaho imbogamizi zose zituma imishinga ibihugu byiyemeje itagerwaho, cyane cyane izitirwa n’ubushake buke bwa politiki.

Ati “Byinshi muri ibi bisaba gusa ubushake bwa politiki. N’akantu gato iyo kagezweho kagaragaza ubushake bwiza bikongera icyizere cy’abaturage bacu muri EAC. None se kuki twakiyambura ayo mahirwe dufitiye ubushobozi?”

Yagaragaje umumaro wo kwishyira hamwe ashingiye ku masezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika yemerejwe i Kigali, umwaka ushize.

Yavuze ko abacuruzi n’abaturage muri Afurika banyotewe n’ishyirwa mu bikorwa ry’ayo masezerano azakuraho imbogamizi zatumaga ubuhahirane butagenda neza. Icyakora Perezida Kagame yibukije ko umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba atari wo ukwiye gukerereza urwo rugendo.

Ati “Tuzi akarere kacu n’ibikeneye gukorwa ngo natwe tujye muri uru rugendo. Ntabwo twakwemera gusigara inyuma cyangwa ngo abe ari twe dutinza abandi. EAC ifite igikenewe cyose ngo ibere intangurugero abandi muri uku kwihuza.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Amb Olivier Nduhungirehe yavuze ko uyu muryango ufite amategeko n’imigambi myiza ariko itagerwaho uko bikwiriye kubera ubushake buke bwa politiki.

Yavuze ko muri uyu mwiherero baraganira ku mbogamizi zituma ibyo bidakunda n’icyakorwa ngo ziveho.

Nduhungirehe yanavuze ko abaturage ba EAC badafite amakuru ahagije ku kamaro k’uwo muryango, akaba ari inshingano z’abayobozi kubumvisha ibyiza byawo.

Ati “Ubundi twawushyiriyeho kugira ngo woroshye ubucuruzi, abantu bacuruzanye nta mipaka ariko usanga rimwe na rimwe n’abacuruzi ubwabo batazi neza inyungu babifitemo. Ni twebwe rero bo kugira ngo tuganire nabo ukuntu bagira uruhare mu byemezo dufata.”

Uyu mwiherero ubaye mu gihe u Rwanda na Uganda bifitanye ibibazo mu mubano ariko Nduhungirehe yavuze ko atari byo baribandaho uyu munsi, icyakora nabyo ngo bishobora gukomozwaho kuko bibangamiye intego yo kwihuza.

Umunyamabanga Mukukuru wa EAC, Amb Libérat Mfumukeko yavuze ko nubwo uwo muryango ufite ibibazo, bidakomeye cyane ku buryo bitakemuka.

Uyu muryango wakomeje gutaka ubukererwe bw’imisanzu y’ibihugu ituma inzego za EAC zidakora neza, dore ko no kugeza ubu mu ngengo y’imari ya 2018/2019 ibihugu bimaze gutanga imisanzu ku kigero hafi cya 60 %.

Mfumukeko yavuze ko nubwo hakirimo ubukererwe bidakabije cyane kuko ngo hari indi miryango ibihugu bimara n’imyaka itanu bitaratanga imisanzu.

Ibihugu by’u Burundi na Sudani y’Epfo ntibyitabiriye umwiherero. Nduhungirehe yavuze ko u Burundi bwabandikiye bumenyesha ko butazaza kubera impamvu ziri mu gihugu naho Sudani y’Epfo yo ntacyo yigeze ibamenyesha.

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba washinzwe mu 1967 usenyuka mu 1977. Wongeye kubyutswa mu mwaka wa 1999.

2019-03-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza

Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza

RUSHYASHYA 06 May 2026
Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Ubwanditsi 26 Dec 2016
Icyo wamenya kuri batandatu bashya binjiye muri Guverinoma

Icyo wamenya kuri batandatu bashya binjiye muri Guverinoma

Ubwanditsi 20 Oct 2018
Perezida Kagame yagaragaje ko kwigira kwa Afurika bishoboka

Perezida Kagame yagaragaje ko kwigira kwa Afurika bishoboka

Ubwanditsi 03 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA yatangaje Gerard Buschier nk’umutoza w’Amavubi w’agateganyo akazafatanya na Mulisa Jimmy na Seninga Innocent
Amakuru

FERWAFA yatangaje Gerard Buschier nk’umutoza w’Amavubi w’agateganyo akazafatanya na Mulisa Jimmy na Seninga Innocent

Ubwanditsi 30 Aug 2023
Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi rishishikajwe n’amatora kurusha ubumwe bw’Abarundi
INKURU NYAMUKURU

Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi rishishikajwe n’amatora kurusha ubumwe bw’Abarundi

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Umwiherero wa 13 uzibande cyane kureba niba imyanzuro y’uw’ubushize yarashyizwe mu bikorwa
Mu Mahanga

Umwiherero wa 13 uzibande cyane kureba niba imyanzuro y’uw’ubushize yarashyizwe mu bikorwa

Ubwanditsi 12 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru