• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Bantegetse kuvuga ko FPR yahanuye indege ya Habyarimana – Mugenzi wari maneko

Bantegetse kuvuga ko FPR yahanuye indege ya Habyarimana – Mugenzi wari maneko

Ubwanditsi 12 Apr 2019 HIRYA NO HINO, POLITIKI

Richard Mugenzi wari maneko mu ngabo za Habyarimana avuga ko ku wa 6 Mata 1994, indege ya Perezida Habyarimana imaze kumanurwa, abari abayobozi b’Ingabo z’u Rwanda (Ex FAR) n’ingabo z’Ubufaransa zari mu Rwanda bamutegetse gutegura ubutumwa buvuga ko FPR-Inkotanyi imaze guhanura indege y’umukuru w’igihugu.

Mu gihe Ubufaransa bumaze imyaka 25 buhakana uruhare rwabwo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Perezida Macron akaba ateganya gushyiraho komisiyo yiga ku ruhare rw’igihugu cye muri Jenoside, Mugenzi avuga ko guhera mu 1992, ubutasi bwa EX FAR bugiriwe inama n’Ingabo z’ubufaransa, bwahimbaga ubutumwa buharabika Inkotanyi bukabutambutsa buvuga ko ari ubwo bumvise bumviriza Inkotanyi ku byuma byazo by’itumanaho.

Mu kiganiro n’Ikinyamakuru “Libération” cyo mu Bufaransa ku wa 4 Mata u Rwanda rwitegura kwibuka ku nshuro ya 25, Mugenzi agira ati “Byari ngombwa guha Inkotanyi isura mbi mu rwego rwo gusubiza intege mu bugingo ingabo z’u Rwanda byagaragaraga ko zatakaje icyizere.”

Uyu mugabo w’umusivili rukumbi wahawe akazi k’ubumaneko mu gisirikare cya Habyarimana mu 1990 mu Kigo cya Gisirikare cya Butotori mu Majyaruguru y’u Rwanda, avuga ko yari yarashyiriweho kuneka Inkotanyi, avuga ko indege ya Perezida Habyarimana ikimara kumanurwa yasabwe gusohora ubutumwa buvuga ko Inkotanyi zirimo kubyina zishimira intsinzi.

Ati “Ntabwo byari byo, icyari kigamijwe byari ukugira ngo Inkotanyi zishinjwe ko ari zo zayihanuye babone uko batangira gukorera Jenoside Abatutsi.”

Mugenzi avuga ko mu by’ukuri ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ryari uburyo byo kumuhirika ku butegetsi bwateguwe n’abahezanguni bari mu buyobozi bukuru bwa Guverinoma ye, bakeka ko amaze gusinya amasezerano y’amahoro i Arusha kandi ayo masezerano ngo yarahaga FPR imyanya ingana na ½ mu basirikare bakuru b’u Rwanda mu gihe bifuzaga kubarimbura.

Ajya gutangira akazi yahuguwe n’abasirikare b’Abafaransa

Libération cyabajije mugenzi niba yari aziranye n’abasirikare b’Abafaransa bari mu Rwanda icyo gihe, Mugenzi avuga ko ubwo yajyaga gutangira akazi mu 1990, abasirikare b’Abafaransa ari bo bamuhuguye.

Ati “Ni bo bantoje kandi ni nabo bangiraga inama z’uko noza ibyo nabaga maze kumva ku byuma by’itumanaho by’Inkotanyi. Bazaga buri munsi kutureba tukanasangirira mu ruriro rw’abasikare bakuru (Mess des officiers.)”

Akomeza avuga ko uko yajyaga mu biro by’umuyobozi we, Col Anatole Nsengiyumva, yamusanganaga n’umusirikare w’Umufaransa, ariko ko hagati 1990-1992 imikoranire y’Ingabo z’u Rwanda n’iz’Ubufaransa yasaga n’ikorwa mu bwihisho.

Ati “Babaye nk’abakura agahu ku nnyo mu 1992 kuko icyo gihe batangiye kwinjira mu ntambara ku buryo bweruye, bakajyana na Ex FAR ku rugamba ndetse banafata ibirindiro by’intambara.”

Avuga ko Paul Barril wari umwe mu bajandarume bakomeye mu Bufaransa, na we wari mu Rwanda muri icyo gihe ndetse unashinjwa kuba umwe mu bahanuye ingege ya Habyarimana, yajyaga inshuro nyinshi mu Kigo cya Gisirikare cya Butotori mbere no mu gihe cya Jenoside.

Ati “Hari umukapiteni w’Inshuti yanjye twabanaga i Butotori ni we wamunyeretse ansobanurira ko ashinzwe ibikorwa bya gisirikare bikomeye (opérations spéciales). Abayobozi banjye baramwemeraga cyane.”

Mugenzi avuga ko muri Kanama 1993 bamaze gusinya amasezerano ya Arusha ari abasirikare ba Habyarimana ari n’Abafaransa bose bitotombye bavuga ko “ayo masezerano aha Inkotanyi imyanya ingana na ½ mu gisirikare ari ubugwari” bakabifata nko guhereza igihugu Abongereza, dore ko icyo gihe u Rwanda rwakoranaga byose n’Abafaransa.

Mu gihe Ubufaransa bumaze imyaka 25 buhakana uruhare rwabwo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Mugenzi avuga ko bimutangaza kuko nta na kimwe Ex FAR yakoze itari kumwe n’Ingabo z’Ubufaransa kuva mu 1990-1994, agatangazwa n’ “impamvu mu Bufaransa hari abantu benshi bahakana Jenoside yakorewe Abatutsi kandi Jenoside itegurwa n’ubutegetsi.”

Src : KT

2019-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese koko birakwiyo ko Umugore cyangwa Umugabo baganiriza abana ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina?

Ese koko birakwiyo ko Umugore cyangwa Umugabo baganiriza abana ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina?

Ubwanditsi 08 Mar 2017
Nyuma yo gusinyana amasezerano n’inzu ifasha abahanzi ya Cloud9 Entertainment, Bruce Melodie yerekeje muri Tanzaniya mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye

Nyuma yo gusinyana amasezerano n’inzu ifasha abahanzi ya Cloud9 Entertainment, Bruce Melodie yerekeje muri Tanzaniya mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye

Ubwanditsi 30 Mar 2021
Umwihariko w’umwicanyi rurangiranwa Jean Baptiste Gatete wise ubuhiri “nta mpongano y’umwanzi” bwamaze Abatutsi muri Jenoside

Umwihariko w’umwicanyi rurangiranwa Jean Baptiste Gatete wise ubuhiri “nta mpongano y’umwanzi” bwamaze Abatutsi muri Jenoside

Ubwanditsi 12 Apr 2022
Papa Francis yasabiye amahoro Yeruzalemu

Papa Francis yasabiye amahoro Yeruzalemu

Ubwanditsi 25 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika ishobora gukoresha Museveni  mu mugambi wo gucamo Congo-Kinshasa ibice
POLITIKI

Amerika ishobora gukoresha Museveni  mu mugambi wo gucamo Congo-Kinshasa ibice

Ubwanditsi 17 Nov 2017
U Burundi Bugiye Kugura Mu Burusiya ‘Pantsir-S1’  Irasa Missiles Zikingira Ibitero Byo Mu Kirere
HIRYA NO HINO

U Burundi Bugiye Kugura Mu Burusiya ‘Pantsir-S1’ Irasa Missiles Zikingira Ibitero Byo Mu Kirere

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Hitabajwe penaliti ikipe ya Misiri na Equatorial Guinea ziyongereye kuyandi 6 kugera muri 1/4 cy’igikombe cya Afurika
Amakuru

Hitabajwe penaliti ikipe ya Misiri na Equatorial Guinea ziyongereye kuyandi 6 kugera muri 1/4 cy’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 27 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru