• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ukuri ku nkuru y’igihuha ko ingabo z’u Rwanda zambutse muri Uganda

Ukuri ku nkuru y’igihuha ko ingabo z’u Rwanda zambutse muri Uganda

Ubwanditsi 21 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Kuri uyu wa Kane ushize, taliki 18 Mata, ikinyamakuru cyo muri Uganda cyasohoye inkuru igira iti: “EXCLUSIVE: Tension Flares as Rwandan Soldiers Cross into Uganda” ugenekereje mu Kinyarwanda bivuze: “umwuka mubi ukomeje kuzamuka nyuma yaho ingabo z’u Rwanda zambukiye muri Uganda”aho umunyamakuru ashingira ku bantu baringa bitwa ko bamuhaye amakuru y’igihuha ko ingabo z’u Rwanda (RDF) zinjiye muri Uganda gushaka ibyo kunywa, kurya ndetse n’itabi.

Muri iyo nkuru, igihuha gikomeza kivuga kiti: “….nyuma yo gufata icyo kunywa, ingabo z’u Rwanda zongeye gusubira mu Rwanda” ariko se umuntu yakwibaza ukuntu ingabo za RDF zambaye impuzankano ndetse zinafite ibindi bikoresho bya gisirikare bakwinjira imbere muri Uganda kugera ahitwa Kisoro!

Ikindi gitangaje kandi gisekeje ni ukuntu izo baringa zitatanze amakuru ku nzego z’umutekano za Uganda ngo zifate ingamba z’umutekano, ahubwo ayo makuru agahabwa ikinyamakuru mbere!

Ibi bifatwa nk’icengezamatwara riciriritse ndetse binagaragaza ubunyamwuga buke k’uruhande rw’ikinyamakuru cyasohoye iyi nkuru.

Ikindi cyo kwibaza ni icyaba kiri hakurya kitari mu Rwanda ku buryo ingabo z’u Rwanda zizwiho ubunyamwuga ku rwego rw’isi zambuka zikajya muri Uganda!

Umwanditsi w’ikinyamakuru nkiki akwiye kwibanda ku bibazo by’ingabo za Uganda (UPDF), zimaze igihe zifite ikibazo cy’ibiribwa ndetse n’ibikoresho, akareka ingabo z’u Rwanda!

Inkuru nk’iyi kandi iteye inkeke n’urujijo kuko bishoboka kuba ari amayeri yo gushakira icyuho ingabo za Uganda ngo zisahure abenegihugu (ibisanzwe bibamenyereweho!) bikitirirwa ingabo z’u Rwanda.

Muri Nzeli 2018, itsinda ry’ingabo za Uganda zarindaga parike ya Queen Elizabeth zashimuse inyama zari zigenewe intare muri parike, nkuko byatangajwe n’uwabyihereye amaso ubwo izo ngabo zasahuraga inyama zikazijyana mu birindiro byazo, nyuma yo kwirukana izo ntare aho zari burire.

Soma inkuru bifitanye isano:  

Uganda : Chimpreports Yahawe Inkwenene Nyuma Yo Gutangaza Ko Ingabo Z’u Rwanda Zambuka Muri Uganda Gushaka Ibiryo

Inkuru kandi ikomeza ivuga kuva umwaka ushize, u Rwanda rwakomeje kongera ingabo k’umupaka wayo na Uganda nyuma yaho umwuka hagati y’ibihugu byombi ukomereje kuba mubi. Inavuga kandi ko Museveni ari kwitegura nawe gushyira ingabo k’umupaka n’u Rwanda ngo akumire

Umwanditsi w’iyi nkuru hibazwa niba yarirengagije nkana cyangwa Atari abizi ko ingabo za UPDF zongereye umubare w’abasirikare hafi n’u Rwanda, bayobowe na Brig Kayanja Muhanga ufite icyicare muri Mbarara.

Ni ibizwi ko division ya kabiri ya UPDF ifite brigade ebyiri (309 na 401) zongerewe imbaraga zikegera umupaka n’u Rwanda.

Brigade ya 401, ifite icyicaro muri Kabale iyobowe na Lt Col Ibrahim Mutabazi ifite batayo eshatu (19, 35 na 33) zose ziri hafi k’umupaka w’ibihugu byombi.

Urugero, batayo ya 19 ifite icyicaro muri Kabale iyobowe na Lt Col Emmanuel Mukasa ikorera mu bice bya Cyonyo, Rushaki, Kamuganguzi, Gafunzo na Butobere.

Naho batayo ya 35, iyobowe na Lt Col Johnson Muhanguzi, ikorera mu bice bya Nyakabande, Nyarusiza, umusozi wa Kanombe, umusozi wa Ntamutindi na Bunagana; hanyuma batayo ya 33 iyobowe na Lt Col Tumwine ikaba ifite icyicaro muri Kisoro ikorera mu bice bya Kisoro, Rwindi, Kanungu, Ishasha, na Rugano.

K’urundi ruhande, brigade ya 309, iyobowe na Col Keith Katungyi ikaba ifite icyicaro muri Kisoro, ifite batayo ebyiri; iya 7 iyobowe na Maj. Geoffrey Nabimanya n’iya 47 Battalion iyobowe na Maj. Jotham Kature.

Izi batayo ebyiri zikorera mu bice bya Bunagana, Rukungiri, Kabingo and Kikagati.

Byumvikane nkuko bigaragaye hejuru ko izi ngabo za UPDF zashyizwe k’umupaka w’u Rwanda na Uganda, ndetse ntibikiri n’ibanga ko guhera Ugushyingo 2018, UPDF yatangiye gushyira ingabo n’ibikoresho bikomeye mu bice byegereye u Rwanda aribyo agasozi ka Kihumuro na Kabale.

Nk’umusozi wa Kihumuro ukoreshwa nk’ibirindo by’ingabo zirwanira k’ubutaka zimaze kugera ku 1000. Izi ngabo ziyoborwa na Maj. Joshua Annuarachi, hakaba hanarimo n’abandi bashinzwe kurwanya iterabwoba ndetse n’abasirikare b’urwego rw’ubutasi CMI ruzwiho guhohotera cyane abanyarwanda; bose bakaba birirwa baneka mu nkengero z’umupaka.

Amakuru kandi agaragaza ko itsinda (platoon) y’ingabo zirwanisha imbunda nini, ziyobowe na Lt Judith zibarizwa ku misozi ya Kacwekano na Karujanga yitegeye u Rwanda bafite zimwe mu mbunda nini zirimo Katyusha, 11mm, 14.7mm and 12.7mm).

Andi makuru ava Kisoro avuga ko ingabo za UPDF zikomeje kwiyongera cyane cyane muri batayo ya 35; hiyongereyeho n’ingabo zigera kuri 200 za special forces ziri ahitwa Butobera mu gace ka Nyabitabo.

Bitandukanye nibyo umwanditsi yavugaga, hari gihamya ko ingabo za Uganda zongereye umubare w’ingabo zayo k’umupaka n’u Rwanda ariko umuntu yakwibaza impamvu yabyo!

Niba iki kinyamakuru cyari kigambiriye ukuri, aya makuru twavuze haruguru ntabwo yari bwirengazizwe, aho gushaka guharabika isura y’u Rwanda n’ingabo zarwo ngo zambuka Uganda!

Src: The New Times

2019-04-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bidasubirwaho UTC ya Rujugiro iratezwa cyamunara muri uku kwezi

Bidasubirwaho UTC ya Rujugiro iratezwa cyamunara muri uku kwezi

Ubwanditsi 15 Sep 2017
U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa

Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 13 Sep 2019
Icyoba ni cyose ku mupaka wa Uganda na Congo

Icyoba ni cyose ku mupaka wa Uganda na Congo

Ubwanditsi 16 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iya 11 Gicurasi 1994: Akanama k’umutekano ka Loni kasabye Umunyamabanga Mukuru kohereza ingabo mu Rwanda
Mu Rwanda

Iya 11 Gicurasi 1994: Akanama k’umutekano ka Loni kasabye Umunyamabanga Mukuru kohereza ingabo mu Rwanda

Ubwanditsi 11 May 2018
Minisitiri Musoni James Yakuwe Muri Guverinoma
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Minisitiri Musoni James Yakuwe Muri Guverinoma

Ubwanditsi 08 Apr 2018
Nyagatare: Habyarimana akurikiranyweho gushaka guha ruswa umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Tabagwe
Mu Mahanga

Nyagatare: Habyarimana akurikiranyweho gushaka guha ruswa umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Tabagwe

Ubwanditsi 23 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru