• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Himbara ashenguwe n’agahinda kuko BBC yagaragaje neza isura y’u Rwanda

Himbara ashenguwe n’agahinda kuko BBC yagaragaje neza isura y’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Apr 2019 ITOHOZA

Ubusanzwe BBC ntiyakunze kuvuga neza u Rwanda ndetse ishami ryayo ry’Ikinyarwanda rizwi nka ‘Gahuzamiryango’ ryahagaritswe kumvikana mu Rwanda kubera ibyo yari imaze igihe irutangazaho kandi bijorwa cyane.

Himbara nta kibazo na kimwe yigeze agira ku nkuru zivuga nabi ku Rwanda, nyamara iziruvuga neza zikamurya ahantu.

Ikinyamakuru IGIHE cyatangaje ko ku nshuro ya mbere mu gihe kirenga ukwezi, David Himbara ufatwa nk’umwe mu bakora uko bashoboye ngo basebye leta y’u Rwanda, yanditse inkuru irenga ibika bitatu mu cyo yise ibaruwa ifunguye yandikiye abayobozi ba BBC, yijujutira ikiganiro yakoze ku Rwanda.

Ngo ni ishyari yatewe n’ikiganiro  ” Business Africa ” cyibandaga ku Rwanda, cyakozwe n’abanyamakuru Nancy Kacungira na Maggie Mutesi. Kigaragaza iterambere ry’u Rwanda nk’igihugu gifite ubukungu bwihuta, gikataje mu ikoranabuhanga no guhanga ibishya, kigeze ku rwego rwo kwakira miliyari z’amadolari mu ishoramari ry’abanyamahanga buri mwaka ndetse cyatangiye guteranyirizwamo imodoka za Volkswagen.

Umwanditsi Alain Mucyo avuga ko Himbara yinyuramo aho yandika ko “… Iyo sura y’u Rwanda ihura neza n’ikunda kwamamazwa …” muri make ko ikibazo afite ari uburyo ibintu bigaragara kandi bivugwa.

Yakomeje ati “[Himbara] amaze amezi mu magambo ye ku Rwanda avuga ko rwazahajwe n’ubukene. Yakomeje kugerageza kumvisha Isi ko u Rwanda rudatekanye, ko iterambere ari igihuha.

Ikiganiro cya BBC ni nk’urushyi rwakubise mu isura ye; birashoboka ko byamuriye ahantu kubona amafoto ya Kigali itekanye. Iki kiganiro gishobora kuba gishyira ihurizo ku masezerano yahawe yo guharabika u Rwanda kubera ko abaterankunga be baza kubona ko imbaraga bakoresha n’amafaranga yabo bitabashije guhindanya isura y’u Rwanda.”

David Himbara

Ku bw’ibyo ngo mu kurwana ku mugati we, yanditse inkuru ndende harimo amakuru avanye kuri Google, ku buryo umwarimu wa kaminuza udashobora gukoresha ibitekerezo bye nk’impuguke, ari umwarimu ku izina.

Yakomeje ati “Iyo nkuru yanditswe gusa kugira ngo ishimishe Rujugiro, Museveni, RNC na FDLR.” bo baterankunga be.

Byongeye, ngo Himbara yiyita impirimbanyi ya demokarasi nyamara akibasira itangazamakuru ryigenga, agakumira ibiganiro.

Umwanditsi avuga ko Himbara bitewe n’uko ari mu mpera z’ukwezi kandi akeneye amaramuko, yazamuye ijwi yibasira abakomeye ngo yerekane ko afite ijwi rigera kure.

2019-04-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

France 24 yongeye kotswa igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda

France 24 yongeye kotswa igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Sep 2018
DONALD TRUMP  abaye Perezida wambere urahiriye  gutegeka Amerika adakunzwe

DONALD TRUMP abaye Perezida wambere urahiriye gutegeka Amerika adakunzwe

Ubwanditsi 24 Jan 2017
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 9 )

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 9 )

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Tumenye  bamwe mu barwanya  Leta y’u Rwanda n’uko bakora ( Igice 15 )

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda n’uko bakora ( Igice 15 )

Ubwanditsi 09 May 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Musengimana Jean Claude, Ruhango Mbuye Rugarama
    April 29, 201911:33 am -

    Yewe Devide Ndamusetse Urwandase Ararusebya Bishoboke? Abanyamahanga Benshi Bararuzi, Abakuru Bibihugu Bitandukanye Barugezemo Bararuzi, Kd Bazinezako Urwanda Ari Indashyikirwa Yarusebyahe? Ahubwo Arimo Arisebya

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Pastor Fifi Cameron wari Inkingi ya mwamba  muri Zion Temple yanditse ibaruwa isezera kuri Gitwaza
ITOHOZA

Pastor Fifi Cameron wari Inkingi ya mwamba muri Zion Temple yanditse ibaruwa isezera kuri Gitwaza

Ubwanditsi 15 May 2017
Trump yashimye uburyo umugore we yitwaye mu kwakira Macron
POLITIKI

Trump yashimye uburyo umugore we yitwaye mu kwakira Macron

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Nduhungirehe yihanangirije Tshisekedi ku birego bya ‘Jenoside muri RDC’
Amakuru

Nduhungirehe yihanangirije Tshisekedi ku birego bya ‘Jenoside muri RDC’

Ubwanditsi 25 Sep 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru