• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»France 24 yongeye kotswa igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda

France 24 yongeye kotswa igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Sep 2018 ITOHOZA

Ibinyamakuru by’Abafaransa byongeye kotswa igitutu kubera gukoresha ifoto y’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro, ku nkuru igaruka ku bihano biteganyirizwa abari muri ubu butumwa bagaragaza imyitwarire idahwitse bakananirwa kurengera abasivili.

Ni isanisha ridakwiye nk’uko abakoresha imbuga nkoranyambaga babigarutseho, kuko mu gihe nk’Ingabo z’Abafaransa ziri mu butumwa bw’amahoro zikomeza gushinjwa ibyaha, iz’u Rwanda ntizihwema kwambikwa imidali y’ishimwe kubera uburyo zinoza inshingano zazo.

Ifoto yazamuye ikibazo yakoreshejwe ku nkuru y’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) yatambukijwe na France 24.

Ivuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zateguye umwanzuro w’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye Gashinzwe Umutekano, ugamije guhana abari mu butumwa bw’amahoro bananirwa kurinda abasivili.

Uwo mwanzuro watangajwe na Ambasaderi wa Amerika mu Muryango w’Abibumbye, Nikki Haley, uteganya kwirukana intumwa, gusimbuza umutwe wose no guhagarikirwa imishahara ya Loni ku basirikare bagaragayeho imyitwarire mibi.

Ibi bihano ntibyahise byakirwa n’ibihugu bitanga ingabo mu butumwa bw’amahoro, u Bushinwa n’u Burusiya bisaba ko ibitekerezo byabyo byitabwaho, hagashyirwa imbaraga ku kuzamura imyitozo y’aboherezwa mu butumwa aho kuba ibihano.

Gukoresha ifoto y’ingabo z’u Rwanda ku nkuru nk’iyo byababaje benshi, bashingiye ku buryo ingabo zarwo zihagaze mu butumwa bw’amahoro, nyamara abafaransa bagakoresha ifoto yazo aho kwifashisha iy’Abafaransa bo bafite ibyo baregwa.

Yolande Makolo yagize ati “Indi nkuru ya @AFP ku myitwarire y’intumwa z’amahoro, yatangajwe na @FRANCE24 nanone yakoresheje intumwa z’u Rwanda, zidafite aho zihuriye n’iyo myitwarire mibi. Kubera iki?”

Mirindi Jean de Dieu yifashishije inkuru yanditswe Al Jazeera mu Ukwakira 2017 ku birego imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu ishinja abasirikare b’Abafaransa muri Centrafrique, birimo gusambanya abana ku gahato, hagati ya 2013-2014.

Yavuze ko “bamwe bagiye bategekwa gusambana n’imbwa ndetse abo basirikare bakabafata amafoto.”

Claude Rugaba we yagize ati “Byari kugira ireme iyo ku nkuru mukoresha ifoto y’ingabo z’Abafaransa muri Centrafrique.”

Geoffrey Kayonga we yavuze ko ahubwo Umuryango w’Abibumbye utari kuzuza inshingano zawo ngo ukurikirane Abafaransa bashinjwa gufata ku ngufu muri Centrafrique.

Abanyarwanda bakoresha imbuga nkoranyambaga baherukaga kotsa igitutu France24, nyuma y’inkuru yatangaje muri Werurwe 2017 y’abasirikare b’Abafaransa bashinjwaga gufata abana ku ngufu muri Centrafrique, bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro.

Nyamara icyo gihe aho gukoresha abashinjwa ibyo byaha, icyo kinyamakuru cyakoresheje ifoto iriho umupolisi w’u Rwanda.

Abanyarwanda ntibishimiye uko France 24 yakoresheje Ingabo z’u Rwanda aho kuba iz’u Bufaransa zishinjwa ibyaha

Abanyarwanda bagaragaje ko ifoto ijyanye n’iyo nkuru ari iy’abasirikare b’abafaransa

Yolande Makolo yibajije impamvu ibinyamakuru by’Abafaransa byongeye gukora ikosa nk’iri

2018-09-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango wa Rogers Donne Kayibanda washimutiwe muri Uganda uratabaza

Umuryango wa Rogers Donne Kayibanda washimutiwe muri Uganda uratabaza

Ubwanditsi 24 Jan 2019
Mukuru wa Gérard Niyomugabo wo murubanza rwa Kizito nawe yafashe iy’ishyamba

Mukuru wa Gérard Niyomugabo wo murubanza rwa Kizito nawe yafashe iy’ishyamba

Ubwanditsi 16 May 2018
Umuntu wese winjiye mu rubanza rw’abo kwa Rwigara yasatswe

Umuntu wese winjiye mu rubanza rw’abo kwa Rwigara yasatswe

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Kigali: Umusore yasanzwe mu nzu yapfuye hakekwa ko yiyahuye

Kigali: Umusore yasanzwe mu nzu yapfuye hakekwa ko yiyahuye

Ubwanditsi 15 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda ku mwanya wa gatatu muri Afurika mu kugira ubukungu butajegajega
Mu Mahanga

U Rwanda ku mwanya wa gatatu muri Afurika mu kugira ubukungu butajegajega

Ubwanditsi 29 Sep 2016
Umwami wa Maroc yemeje ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU
Mu Mahanga

Umwami wa Maroc yemeje ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU

Ubwanditsi 18 Jul 2016
Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro
POLITIKI

Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Ubwanditsi 26 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru