• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»France 24 yongeye kotswa igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda

France 24 yongeye kotswa igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Sep 2018 ITOHOZA

Ibinyamakuru by’Abafaransa byongeye kotswa igitutu kubera gukoresha ifoto y’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro, ku nkuru igaruka ku bihano biteganyirizwa abari muri ubu butumwa bagaragaza imyitwarire idahwitse bakananirwa kurengera abasivili.

Ni isanisha ridakwiye nk’uko abakoresha imbuga nkoranyambaga babigarutseho, kuko mu gihe nk’Ingabo z’Abafaransa ziri mu butumwa bw’amahoro zikomeza gushinjwa ibyaha, iz’u Rwanda ntizihwema kwambikwa imidali y’ishimwe kubera uburyo zinoza inshingano zazo.

Ifoto yazamuye ikibazo yakoreshejwe ku nkuru y’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) yatambukijwe na France 24.

Ivuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zateguye umwanzuro w’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye Gashinzwe Umutekano, ugamije guhana abari mu butumwa bw’amahoro bananirwa kurinda abasivili.

Uwo mwanzuro watangajwe na Ambasaderi wa Amerika mu Muryango w’Abibumbye, Nikki Haley, uteganya kwirukana intumwa, gusimbuza umutwe wose no guhagarikirwa imishahara ya Loni ku basirikare bagaragayeho imyitwarire mibi.

Ibi bihano ntibyahise byakirwa n’ibihugu bitanga ingabo mu butumwa bw’amahoro, u Bushinwa n’u Burusiya bisaba ko ibitekerezo byabyo byitabwaho, hagashyirwa imbaraga ku kuzamura imyitozo y’aboherezwa mu butumwa aho kuba ibihano.

Gukoresha ifoto y’ingabo z’u Rwanda ku nkuru nk’iyo byababaje benshi, bashingiye ku buryo ingabo zarwo zihagaze mu butumwa bw’amahoro, nyamara abafaransa bagakoresha ifoto yazo aho kwifashisha iy’Abafaransa bo bafite ibyo baregwa.

Yolande Makolo yagize ati “Indi nkuru ya @AFP ku myitwarire y’intumwa z’amahoro, yatangajwe na @FRANCE24 nanone yakoresheje intumwa z’u Rwanda, zidafite aho zihuriye n’iyo myitwarire mibi. Kubera iki?”

Mirindi Jean de Dieu yifashishije inkuru yanditswe Al Jazeera mu Ukwakira 2017 ku birego imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu ishinja abasirikare b’Abafaransa muri Centrafrique, birimo gusambanya abana ku gahato, hagati ya 2013-2014.

Yavuze ko “bamwe bagiye bategekwa gusambana n’imbwa ndetse abo basirikare bakabafata amafoto.”

Claude Rugaba we yagize ati “Byari kugira ireme iyo ku nkuru mukoresha ifoto y’ingabo z’Abafaransa muri Centrafrique.”

Geoffrey Kayonga we yavuze ko ahubwo Umuryango w’Abibumbye utari kuzuza inshingano zawo ngo ukurikirane Abafaransa bashinjwa gufata ku ngufu muri Centrafrique.

Abanyarwanda bakoresha imbuga nkoranyambaga baherukaga kotsa igitutu France24, nyuma y’inkuru yatangaje muri Werurwe 2017 y’abasirikare b’Abafaransa bashinjwaga gufata abana ku ngufu muri Centrafrique, bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro.

Nyamara icyo gihe aho gukoresha abashinjwa ibyo byaha, icyo kinyamakuru cyakoresheje ifoto iriho umupolisi w’u Rwanda.

Abanyarwanda ntibishimiye uko France 24 yakoresheje Ingabo z’u Rwanda aho kuba iz’u Bufaransa zishinjwa ibyaha

Abanyarwanda bagaragaje ko ifoto ijyanye n’iyo nkuru ari iy’abasirikare b’abafaransa

Yolande Makolo yibajije impamvu ibinyamakuru by’Abafaransa byongeye gukora ikosa nk’iri

2018-09-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bishop Rugagi yavuze ku by’uko yaba akorana na Satani ku mbaraga yahashye muri Nigeria

Bishop Rugagi yavuze ku by’uko yaba akorana na Satani ku mbaraga yahashye muri Nigeria

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Swede : Umunyamakuru Jean Bosco Gasasira  yajyanywe igitaraganya munzu y’abasazi ( Rehab )

Swede : Umunyamakuru Jean Bosco Gasasira yajyanywe igitaraganya munzu y’abasazi ( Rehab )

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Uganda: Abana b’abanyeshuri b’Abanyarwanda bamaze iminsi baburiwe irengero

Uganda: Abana b’abanyeshuri b’Abanyarwanda bamaze iminsi baburiwe irengero

Ubwanditsi 01 Apr 2018
“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 18 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya APR FC yitegura gukina na Etoile Sportive du Sahel yo muri Tunisia mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League irakomereza imyitozo i Nyamirambo
Amakuru

Ikipe ya APR FC yitegura gukina na Etoile Sportive du Sahel yo muri Tunisia mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League irakomereza imyitozo i Nyamirambo

Ubwanditsi 12 Oct 2021
Rayon Sports isoje imikino ibanza itsindwa na Gasogi, AS Kigali iyobora urutonde rw’agateganyo rwa PNL
Amakuru

Rayon Sports isoje imikino ibanza itsindwa na Gasogi, AS Kigali iyobora urutonde rw’agateganyo rwa PNL

Ubwanditsi 23 Dec 2022
Rwanda Day 2016 izabera i San Francisco muri USA
Mu Mahanga

Rwanda Day 2016 izabera i San Francisco muri USA

Ubwanditsi 23 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru