• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kongo-Kinshasa yasabye ubufatanye bw’ingabo zo mu karere mu kurandura imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro harimo FDLR na FLN

Kongo-Kinshasa yasabye ubufatanye bw’ingabo zo mu karere mu kurandura imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro harimo FDLR na FLN

Ubwanditsi 02 Apr 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (FARDC) zavuzeko zikeneye ubufatanye bw’ingabo z’akarere mu kurwanya no kurandura burundu imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro iherereye mu burasirazuba bw’iki gihugu.

Imitwe y’iterabwoba yitwara gisirikari ikorera mu burasirazuba bwa DRC irimo na FDLR na FNL tudasize n’ingabo ziharanira demokarasi (ADF) ikomeje guhungabanya umutekano wa RDC ndetse n’ibihugu bituranye.Tubibutse ko abayobozi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ari ibisigisigi by’ingabo zasize zikoze Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda bahora bumva ko bagaruka bagakomereza aho bagereje batsindwa uruhenu, naho FLN ingabo z’ihuriro MRCD riyobowe na Paul Rusesabagina zakubiswe inshuro na FARDC umwaka ushize abayobozi bayo benshi bakaba bari mu butabera mu Rwanda harimo Rusesabagina ubwe n’abavugizi bawo aribo Callixte Nsabimana na Herman Nsengimana.

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizweho umukono ku ya 30 Werurwe n’umuvugizi w’Ingabo za Kongo, FARDC, Maj. Gen Léon-Richard Kasonga Cibangu, yavuze ko Kongo yifuza gushimangira ubufatanye bwa gisirikare n’ingabo z’akarere mu rwego rukomeye rwo kurwanya no kurandura imitwe yose yitwaje intwaro ifite intego yo guhungabanya amahoro n’umutekano mu karere.

Nkuko byasobanuwe, imbaraga zihuriweho zo kurwanya iyo mitwe y’iterabwoba zigamije kuzamura ubufatanye n’ubwumvikane ndetse no kuzahura umutekano waho izo nyeshyamba ziba zarawuzambije kuko zahagize indiri

Igisirikare cya Kongo cyagaragaje ko ubufatanye bwabayeho bwari hagati ya FARDC n’ingabo z’u Rwanda ndetse no hagati y’ingabo za Uganda, Angola, na Repubulika ya Centrafrique, Bivugwa ko ubwo bufatanye buzagera no mu bindi bihugu bituranye hagamijwe guca burundu iterabwoba ry’imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro.

Muri Nzeri 2019, ingabo za RDC, u Rwanda, Uganda, u Burundi na Tanzaniya zateraniye mu mujyi wa Goma mu burasirazuba bwa Kongo maze bemeranya no guhana amakuru ku iterabwoba ryambukiranya imipaka kugira ngo ababigizemo uruhare bashobore gukurikiranwa no gufatwa.

N’ubwo ubutumwa bw’umuryango w’abibumbye wita ku mahoro (MONUSCO) bwoherejwe mu burasirazuba bwa DRC mu gihe kirenga imyaka icumi yemerewe gukoresha ingufu za gisirikare mu kugarura amahoro n’umutekano, ntacyo yagezeho mu rwego rwo kugarura amahoro, umutekano mu karere.

Abasesenguzi bavuga ko ari uburyo bushya bwashyizweho na Perezida Felix Tshisekedi – bwo gukorana n’ibihugu byo mu karere mu kurwanya imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro – birashoboka ko bizagenda neza, kubera ko imitwe myinshi y’iterabwoba ikorera muri iki gihugu kinini ituruka mu bihugu bituranye

Kuva Perezida Tshisekedi yatangira imirimo ye mu 2019, igisirikare cya Kongo cyagabye ibitero byinshi bya gisirikare byibasira imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro mu burasirazuba bw’igihugu kandi ukabona ko bigenda bitanga umusaruro mwiza kuko hagiye hafatwa zimwe mu nyeshyamba zaba z’abanyarwanda bari muri Kongo, yewe kugeza n’ubu bakaba bari imbere y’ameza y’ubutabera bategereje imyanzuro izava mu manza zabo zimaze iminsi zikurikiranwa.

2021-04-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ubwanditsi 19 May 2024
Kuki BBC ikomeje kuba umuzindaro w’Ibigarasha n’Abajenosideri?

Kuki BBC ikomeje kuba umuzindaro w’Ibigarasha n’Abajenosideri?

Ubwanditsi 23 Nov 2020
Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Ubwanditsi 10 Oct 2022
Impuguke mu karere zateraniye I Kigali mu kwigira hamwe uko hahashywa ibikorwa by’iterabwoba

Impuguke mu karere zateraniye I Kigali mu kwigira hamwe uko hahashywa ibikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 22 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gallican yihaye kwikoma Rushyashya none bimukozeho
ITOHOZA

Gallican yihaye kwikoma Rushyashya none bimukozeho

Ubwanditsi 15 Mar 2016
Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa yahaye ibendera ndetse n’amagare mashya abakinnyi bazahagarira u Rwanda muri Tour du Rwanda, abasaba kwitwara neza
Amakuru

Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa yahaye ibendera ndetse n’amagare mashya abakinnyi bazahagarira u Rwanda muri Tour du Rwanda, abasaba kwitwara neza

Ubwanditsi 18 Feb 2022
APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.
Amakuru

APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

Ubwanditsi 24 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru