• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kongo-Kinshasa yasabye ubufatanye bw’ingabo zo mu karere mu kurandura imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro harimo FDLR na FLN

Kongo-Kinshasa yasabye ubufatanye bw’ingabo zo mu karere mu kurandura imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro harimo FDLR na FLN

Ubwanditsi 02 Apr 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (FARDC) zavuzeko zikeneye ubufatanye bw’ingabo z’akarere mu kurwanya no kurandura burundu imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro iherereye mu burasirazuba bw’iki gihugu.

Imitwe y’iterabwoba yitwara gisirikari ikorera mu burasirazuba bwa DRC irimo na FDLR na FNL tudasize n’ingabo ziharanira demokarasi (ADF) ikomeje guhungabanya umutekano wa RDC ndetse n’ibihugu bituranye.Tubibutse ko abayobozi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ari ibisigisigi by’ingabo zasize zikoze Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda bahora bumva ko bagaruka bagakomereza aho bagereje batsindwa uruhenu, naho FLN ingabo z’ihuriro MRCD riyobowe na Paul Rusesabagina zakubiswe inshuro na FARDC umwaka ushize abayobozi bayo benshi bakaba bari mu butabera mu Rwanda harimo Rusesabagina ubwe n’abavugizi bawo aribo Callixte Nsabimana na Herman Nsengimana.

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizweho umukono ku ya 30 Werurwe n’umuvugizi w’Ingabo za Kongo, FARDC, Maj. Gen Léon-Richard Kasonga Cibangu, yavuze ko Kongo yifuza gushimangira ubufatanye bwa gisirikare n’ingabo z’akarere mu rwego rukomeye rwo kurwanya no kurandura imitwe yose yitwaje intwaro ifite intego yo guhungabanya amahoro n’umutekano mu karere.

Nkuko byasobanuwe, imbaraga zihuriweho zo kurwanya iyo mitwe y’iterabwoba zigamije kuzamura ubufatanye n’ubwumvikane ndetse no kuzahura umutekano waho izo nyeshyamba ziba zarawuzambije kuko zahagize indiri

Igisirikare cya Kongo cyagaragaje ko ubufatanye bwabayeho bwari hagati ya FARDC n’ingabo z’u Rwanda ndetse no hagati y’ingabo za Uganda, Angola, na Repubulika ya Centrafrique, Bivugwa ko ubwo bufatanye buzagera no mu bindi bihugu bituranye hagamijwe guca burundu iterabwoba ry’imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro.

Muri Nzeri 2019, ingabo za RDC, u Rwanda, Uganda, u Burundi na Tanzaniya zateraniye mu mujyi wa Goma mu burasirazuba bwa Kongo maze bemeranya no guhana amakuru ku iterabwoba ryambukiranya imipaka kugira ngo ababigizemo uruhare bashobore gukurikiranwa no gufatwa.

N’ubwo ubutumwa bw’umuryango w’abibumbye wita ku mahoro (MONUSCO) bwoherejwe mu burasirazuba bwa DRC mu gihe kirenga imyaka icumi yemerewe gukoresha ingufu za gisirikare mu kugarura amahoro n’umutekano, ntacyo yagezeho mu rwego rwo kugarura amahoro, umutekano mu karere.

Abasesenguzi bavuga ko ari uburyo bushya bwashyizweho na Perezida Felix Tshisekedi – bwo gukorana n’ibihugu byo mu karere mu kurwanya imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro – birashoboka ko bizagenda neza, kubera ko imitwe myinshi y’iterabwoba ikorera muri iki gihugu kinini ituruka mu bihugu bituranye

Kuva Perezida Tshisekedi yatangira imirimo ye mu 2019, igisirikare cya Kongo cyagabye ibitero byinshi bya gisirikare byibasira imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro mu burasirazuba bw’igihugu kandi ukabona ko bigenda bitanga umusaruro mwiza kuko hagiye hafatwa zimwe mu nyeshyamba zaba z’abanyarwanda bari muri Kongo, yewe kugeza n’ubu bakaba bari imbere y’ameza y’ubutabera bategereje imyanzuro izava mu manza zabo zimaze iminsi zikurikiranwa.

2021-04-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena

Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena

Ubwanditsi 20 Aug 2021
Perezida Kagame yafunguye imurikagurisha mpuzamahanga muri Tanzania, abacuruzi arabahanura

Perezida Kagame yafunguye imurikagurisha mpuzamahanga muri Tanzania, abacuruzi arabahanura

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Umutoza wa Team Rwanda Sempoma Félix yahamagaye abakinnyi 15 bazavamo abazitabira Tour du Rwanda 2021 itegerejwe muri Gicurasi 2021

Umutoza wa Team Rwanda Sempoma Félix yahamagaye abakinnyi 15 bazavamo abazitabira Tour du Rwanda 2021 itegerejwe muri Gicurasi 2021

Ubwanditsi 18 Mar 2021
Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rw’abakinnyi ba PSG mu Rwanda, bahuye n’abana babarizwa mu irerero iyi kipe yashinze i Huye

Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rw’abakinnyi ba PSG mu Rwanda, bahuye n’abana babarizwa mu irerero iyi kipe yashinze i Huye

Ubwanditsi 03 May 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Champions League: Shakhtar yatunguye Roma, Manchester United irokokera muri Espagne
IMIKINO

Champions League: Shakhtar yatunguye Roma, Manchester United irokokera muri Espagne

Ubwanditsi 22 Feb 2018
U Rwanda ni igihugu kiri kumwe n’Imana- Dr Ngirente
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda ni igihugu kiri kumwe n’Imana- Dr Ngirente

Ubwanditsi 15 Jan 2018
Happy 27th Wedding Anniversary
Mu Mahanga

Happy 27th Wedding Anniversary

Ubwanditsi 10 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru