• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame, avuga ko ushaka guhungabanya umutekano wacu ajye abanza atekereze kabiri

Perezida Kagame, avuga ko ushaka guhungabanya umutekano wacu ajye abanza atekereze kabiri

Ubwanditsi 10 May 2019 INKURU NYAMUKURU

Ubwo yasozaga uruzinduko rw’iminsi itatu yakoreraga mu ntara y’Amajyaruguru n’Uburengerazuba, Perezida Kagame yabwiye abatuye Rubavu na Rutsiro ko umutekano uhari ndetse ko uwashaka kuwuhungabanya akwiye kubanza agatekereza neza kuko bishobora kurangira abyicuza.


Perezida Kagame yavuze ibi nyuma yo kuganiriza abatuye aka karere gafite amahirwe yo kuba gaturanye n’ibice bitandukanye birimo n’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ibintu byatuma banoza ubucuruzi bwacu, bakareka gukora ubucuruzi buto gusa.

Yagize ati “Iyo ukora business; iyo business igirira abantu benshi akamaro. Ni ukuvuga ngo muri abo bantu benshi ushyiramo ubushobozi, nibo bazagaruka bakagura ibyo ucuruza. Naho kuba wishoboye, ugakora business n’abantu bake cyangwa ibintu bike ukaba ari byo ucuruza, ugakura inyungu nini ku tuntu duke; ubwo wahenze abantu, ibintu byabuze ntibabibone nk’uko bakwiye, ntabwo ari byo.”

Perezida Kagame yagarutse no ku ibara ry’umugezi wa Sebeya usa nabi cyane, avuga ko hakwiye kugira igikorwa ngo ubutaka bw’abaturage bukwiye kuba bubagirira akamaro budakomeza gutwara n’amazi.

Ati “Ubundi ntabwo ari kuriya amazi asa. Ntabwo wamenya niba ari amazi cyangwa ari ubutaka bugendamo amazi. Biriya nabyo ntabwo twabana nabyo kuriya gusa ngo duterere iyo.”

Perezida Kagame yagarutse kandi ku by’amavuriro, imihanda, amashanyarazi, itumanaho n’ibindi, avuga ko bikwiye gukemuka cyane ko hari ibimaze ighie kinini kandi atishimira ko bihora bigaruka. Ati “ibyo nabyo turaza kubihagurukira ariko ntabwo numva merewe neza kubivuga gutyo, kuko hari ibigarutse kenshi.”
Perezida Kagame yavuze ko atari butinde cyane ku mutekano w’igihugu, avuga ko ntawe ufite uburenganzira bwo guhungabanya u Rwanda, ndetse ko uwabitekereza atakwihanganirwa.

Ati “Uwashaka guhungabanya umutekano wacu we, ngirango ajye atekereza kabiri mbere y’uko ashaka kubijyamo. Ababitekereza bagarukira mu mvugo gusa, barasakuza kurusha uko bashobora kubikora. Uko twubaka igihugu cyacu, uko tubanisha abaturage, amateka yacu aho tuva n’aho tujya turabizi.”

Kuri iyo mpamvu, yasabye abaturage guhugira mu bijyanye n’iterambere ryabo n’igihugu muri rusange aho kurangazwa n’abavuga gusa ariko badafite ubushobozi bwo guhagarika umurongo igihugu gifite. 

Ati “Ubutabera burakora hano mugihugu, hari bumwe tumenyereye bukurikiza amategeko, hari n’ubundi butabera iyo wigize urutare tubagezaho. Nabwo turabufite. Abantu bareke kurangara rero dukore ibishoboka twiteze imbere, twikorere dukorere hamwe igihugu cyacu gikomeze kibe intangarugero, kuko henshi kimaze kuba intangarugero mu gutera imbere.”

Perezida Kagame yavuze kandi ku burezi, ubuzima, avuga ko amavuriro yagaragajwe hari uburyo ashobora kuzamurwa agatezwa imbere, ati “byose turashaka kubikurikirana duhereye kubyo dufite hari ikiza gukorwa.”

Yasoje agaruka ku kibazo cyagaragajwe mu myaka yashize cy’abana bata amashuri bakajya mu mirimo itabagenewe, avuga ko bidakwiye ndetse uzafatirwa mu makosa yo gukoresha abana azabibazwa haherewe ku bayobozi bakwiye kuba babikurikirana.

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Prof Shyaka Anastase, yibukije ko ibijyanye n’iterambere rya Rubavu bihabwa agaciro na guverinoma kuko muri uyu mwaka aka karere kagenewe agera kuri miliyari 9,5, mu gihe myaka ine ishize yari miliyari eshatu.

2019-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, arashinjwa akarimi gasize umunyu, gahumuriza abaturage, kandi umutekano muri icyo gihugu ukomeje kuba kure nk’ukwezi.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, arashinjwa akarimi gasize umunyu, gahumuriza abaturage, kandi umutekano muri icyo gihugu ukomeje kuba kure nk’ukwezi.

Ubwanditsi 09 Dec 2020
Zambia : RNC iravugwaho kwiyitirira abafana b’Amavubi ibita abayoboke bayo

Zambia : RNC iravugwaho kwiyitirira abafana b’Amavubi ibita abayoboke bayo

Ubwanditsi 21 May 2018
Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Ubwanditsi 05 Sep 2023
Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Ubwanditsi 09 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Umwami Kigeli  akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu
ITOHOZA

‘Umwami Kigeli akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu

Ubwanditsi 22 Nov 2016
Imbere y’imbaga y’abakirisitu be, Apotre Gitwaza yarahiye izina ry’Imana ko atahunze igihugu
Mu Mahanga

Imbere y’imbaga y’abakirisitu be, Apotre Gitwaza yarahiye izina ry’Imana ko atahunze igihugu

Ubwanditsi 25 Apr 2016
Intara y’Iburasirazuba: Imikwabu itandukanye yafashe ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe mu Rwanda
Amakuru

Intara y’Iburasirazuba: Imikwabu itandukanye yafashe ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru