• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»RDC: Ubwumvikane buke muri Lamuka nyuma y’amagambo ya Moïse Katumbi

RDC: Ubwumvikane buke muri Lamuka nyuma y’amagambo ya Moïse Katumbi

Ubwanditsi 27 May 2019 HIRYA NO HINO

Hatangiye umwuka mubi hagati y’abagize Ihuriro Lamuka ry’amashyaka atavuga rumwe na Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’amagambo Moïse Katumbi yatangaje.

Ubwo yagarukaaga mu gihugu muri iki Cyumweru nyuma y’imyaka itatu mu buhungiro, Katumbi yatangaje ko ihuriro ryabo rigamije gukosora Leta aho yatannye no guteza imbere indangagaciro zigamije ukwishyira ukizana kwa buri wese.

Katumbi yagaragaje ko intego ari ugukorana n’ubuyobozi buriho bukuriwe na Felix Tshisekedi watsinze mu matora Martin Fayulu umwaka ushize, ibitagenda neza bakabigaragaza.

Martin Fayulu wiyamamaje ku itike ya Lamuka ntabwo yemera ko yatsinzwe na Tshisekedi ndetse avuga ko muri RDC ubutegetsi buriho butemewe n’amategeko.

Kuba Katumbi yatangaje ko bazakorana na Tshisekedi byarakaje bamwe mu banyamuryango b’iryo huriro.

Umwe mu bavugizi ba Martin Fayulu, Steve Kivwata, yabwiye RFI ko ibyatangajwe na Katumbi binyuranyije n’amahame bashyizeho.

Ati “Mu irangashingiro (ry’amahame ya Lamuka) handitse ko hari ikibazo gikomeye cya politiki mu gihugu cyacu kubera ibibazo byabaye mu matora. Niyo mpamvu inzego zihari zitemewe. Ikindi kandi nk’umuhuzabikorwa, ntabwo abandi bayobozi batandatu bigeze bamuha ububasha bwo kubafatira umwanzuro. Ntabwo rero bikwiriye ko Katumbi ari we uzamura icyo gitekerezo gihabanye n’amahame yacu.”

Kivwata yavuze ko bidashoboka kuba Lamuka yahitamo gukorana na Leta iriho yirengagije ibyabaye mu matora yashyizeho Tshisekedi.

Yasabye Katumbi kwisubiraho agasubira mu murongo muzima ukwiriye kuranga abanyamuryango ba Lamuka.

Katumbi ni we muhuzabikorwa w’ihuriro Lamuka rigizwe n’amwe mu mashyaka atavuga rumwe na Leta aherutse kwishyira hamwe ngo agarure impinduka muri Congo.

2019-05-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Benshi barakajwe n’uburyo itangazamakuru ryahangayikiye Oprah Winfrey mu mpanuka y’ibyondo yahitanye 13

Benshi barakajwe n’uburyo itangazamakuru ryahangayikiye Oprah Winfrey mu mpanuka y’ibyondo yahitanye 13

Ubwanditsi 20 Jan 2018
Ese Umugore na we yatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina?

Ese Umugore na we yatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina?

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Dore Urutonde rw’ Abagore Muri Afurika Bafite Amafaranga Menshi Kurusha Abandi

Dore Urutonde rw’ Abagore Muri Afurika Bafite Amafaranga Menshi Kurusha Abandi

Ubwanditsi 15 Jan 2018
Inzoka zatumye Perezida wa Liberia yimuka mu biro bye

Inzoka zatumye Perezida wa Liberia yimuka mu biro bye

Ubwanditsi 20 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yakuye mu rujijo abiyandikishiriza gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga
Mu Mahanga

Polisi yakuye mu rujijo abiyandikishiriza gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga

Ubwanditsi 12 Oct 2016
Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat
Amakuru

Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Ubwanditsi 07 Sep 2022
Amahoro muri Kongo aracyari kure nk’ukwezi: Aho gusenya FDLR imunga ayo mahoro,Tshisekedi arayishakira amaboko.
Amakuru

Amahoro muri Kongo aracyari kure nk’ukwezi: Aho gusenya FDLR imunga ayo mahoro,Tshisekedi arayishakira amaboko.

Ubwanditsi 16 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru