• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BNR iraburira abashoye imari mu bigo bya baringa birimo na Supermarketing.

BNR iraburira abashoye imari mu bigo bya baringa birimo na Supermarketing.

Ubwanditsi 03 Jun 2019 UBUKUNGU

Mu itangazo ryashyizwe ahagarara na banki nkuru y’u Rwanda BNR ndetse rigasinywaho na guverineri wayo bwana John Rwangombwa riraburira abanyarwanda bose ndetse n’abatuye mu Rwanda kwirinda gukorana n’ibigo ndetse n’abantu ku giti cyabo babizeza kubona inyungu z’umurengera bitewe n’amafaranga washoye cyangwa n’uburyo wakanguriye abandi.

Iryo tangazo ryagiraga riti: “Banki nkuru y’u Rwanda (BNR) yamenye kandi ihangayikishwa n’ikibazo cy’ishoramari ritemewe riri gukorerwa mu Rwanda mu bigo byanditse mu Rwanda cyangwa bikorera mu mahanga hifashishijwe ikoranabuhanga mu itumanaho”.

BNR kandi yakomeje ivuga ko ishora ritemewe mu mategeko yo mu Rwanda rikorwa mu buryo bwinshi butandukanye nko gushingira ku rutonde rw’abanyamuryango baryitabiriye uko bagiye bashishikariza abandi kwinjira, harimo kandi umubare w’amafaranga batanze, uko bagiye bashishikariza abandi kugura ibicuruzwa byabo cyangwa hagafatirwa ku byiciro by’amafaranga adafatika (cryptocurrency) ndetse aya akaba atagenzurwa na banki nkuru iyariyo yose ku isi.

Bimwe muri ibyo bigo birimo nka supermarketings global ltd, 3 friends system, OneCoin cyangwa Kwakoo (OnyxCoin) ni bimwe mubyo BNR yatunze agatoki ko ririmo guhamagarira abantu gukora iryo shoramari ry’amafranga ritemewe.

Ku ikubitiro umuntu ushaka kwinjira muribyo bigo asabwa kubanza kwishyura abashinzwe ibyo bigo umubare w’amafaranga runaka aba yaragenwe cyangwa se bakamusaba kubanza kwishyura igishoro fatizo bakamwizeza kuzamuha inyungu z’umurengera ndetse nandi menshi azishyurwa mu gihe yaba yazanye abanyamuryango bashya.

Sibyo gusa kuko ibyo bigo hari n’igihe byifashisha ibicuruzwa bitandukanye nk’imiti ndetse na servisi zitandukanye nko koroherezwa ingendo, imitungo idafatika nk’amafaranga-koranabuhanga ibyo byose bikifashisha uburyo bwo gushishikariza abandi kwinjira. Hari n’igihe usabwa kwishyura igishoro fatizo kugira ngo ube umunyamuryango wamara kwishyura ntugire igicuruzwa uhabwa na kimwe cyangwa servisi iyo ariyo yose gusa icyo bene iryo shoramari rihuriraho nuko bose bizeza abanyamuryango gukira vuba kandi batavunitse.

BNR rero yemeje ko iryo shoramari ritemewe mu buryo bwose. Yagize ati: “nyuma y’ibibazo biterwa n’iryo shoramari ritemewe muri repubulika y’u Rwanda iributsa abanyarwanda bose ko abaryitabira bafite ingorane zikomeye zo kubura amafaranga yabo bazaba bashoyemo”.

Banki nkuru ikomeza ivuga ko abantu bose bakwiye gushora imari mu bigo bibifitiye ibyangombwa byemewe bitangwa na BNR cyangwa mu bigo bicunga bikanacuruza imitungo n’abahuza mu by’ubucuruzi ku isoko ry’imari n’imigabane.

BNR kandi yashimangiye ko nta bufasha na bumwe izaha umuntu wese uzashora imari muriryo shoramari ritemewe ndetse n’irindi bifitanye isano naryo.

Itangazo

2019-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

Ubwanditsi 18 Jul 2019
Perezida Kagame yashyikirijwe igihembo cyo guteza imbere ubukerarugendo

Perezida Kagame yashyikirijwe igihembo cyo guteza imbere ubukerarugendo

Ubwanditsi 06 Nov 2017
BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Ubwanditsi 15 Mar 2019
U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kwegereza abaturage serivisi z’imari

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kwegereza abaturage serivisi z’imari

Ubwanditsi 05 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa  ahantu hataramenyekana
Mu Rwanda

Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa ahantu hataramenyekana

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Kagame yasobanuye uburyo yagiriwe inama yo kuyobora nka Putin w’u Burusiya
Mu Rwanda

Kagame yasobanuye uburyo yagiriwe inama yo kuyobora nka Putin w’u Burusiya

Ubwanditsi 01 Nov 2017
Gusesengura no guhanahana amakuru ku gihe ni ishingiro ryo gukumira ibyaha – CP Butera
Mu Mahanga

Gusesengura no guhanahana amakuru ku gihe ni ishingiro ryo gukumira ibyaha – CP Butera

Ubwanditsi 17 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru