• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya
Guverineri wa Banki Nkuru ya Kenya, Patrick Njoroge yerekana inoti nshya mu kiganiro n'abanyamakuru kuwa 3 Kamena 2019 i Nairobi

Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya

Ubwanditsi 12 Jun 2019 POLITIKI

Nyuma ya Tanzania, Uganda yabaye igihugu cya kabiri mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), gihagaritse ikoreshwa ry’amashilingi ya Kenya.

Iyi ngo ni inzira yo kubuza Banki zo muri Uganda gukoreshwa mu gusubiza muri Kenya amafaranga yibwe muri icyo gihugu.

Ibi bije nyuma y’aho banki nkuru ya Kenya (CBK) itangarije gahunda yo gukura ku isoko inoti y’amashilingi 1000 nk’inzira yo guhashya ihererekanya ry’amafaranga ritemewe cyangwa kuyigana.

Banki Nkuru ya Uganda ivuga ko iyo myanzuro yafashwe nyuma yo kumenyeshwa na Banki Nkuru ya Kenya, ko yashyize ku isoko inoti nshya tariki ya 31 Gicurasi kandi ikaba yarahagaritse kandi ivunjisha no kuyisubiza amashilingi.

Mu itangazo Banki nkuru ya Uganda yagejeje ku mabanki y’ubucuruzi muri iki gihugu, yatangaje ko amashilingi ya Kenya, atongera kwemerwa uhereye iryo tangazo rigisohoka.

Banki Nkuru ya Uganda yagiriye inama amabanki yo muri icyo gihugu guhagarika kwakira no kohereza aya mashilingi mu rwego rwo kwirinda ibihombo kuko guhindura inoti zakoreshwaga zisimbuzwa inshya bigomba gukorerwa gusa muri Kenya.

Tanzania na yo yafashe umwanzuro nk’uwo kuwa Gatanu w’icyumweru gishize, ibi bituma abanya Kenya baba mu bihugu by’ibituranyi bagomba gusubiza iwabo inoti zabo z’amashilingi 1000 kugira ngo bazihindurirwe cyangwa bahitemo guhomba.

Banki Nkuru ya Kenya yatangaje ko inoti zishaje z’amashilingi 1000 zizata agaciro uhereye ku itariki ya 1 Ukwakira 2019.

Yahise kandi ishyira ku isoko inoti nshya z’amashilingi 500, iza 200, iza 100 n’iza 50 zizaba ziri gukoreshwa hamwe n’izi noti zishaje kugeza mu Ukwakira.

Uganda ni umufatanyabikorwa ukomeye wa Kenya mu bucuruzi, ndetse byari ibintu bisanzwe kubona abacuruzi bo muri iki gihugu bemera amashilingi ya Kenya cyane cyane mu Mujyi wa Kampala.

Banki Nkuru ya Kenya kandi yashyizeho amabwiriza menshi harimo abuza amabanki gutanga no kwakira hejuru ya miliyoni imwe y’amashilingi ku bantu badafite konti muri izo banki.

Yashyizeho kandi itegeko ko mbere yo kwakira no gutanga amafaranga arenze miliyoni 5 z’amashilingi, banki zigomba kujya zibanza kuyaka uburenganzira.

Abantu bafite amafaranga babonye mu nzira mbi, basigaje amezi ane yo kuyarya bakayamara cyangwa bakayashora mu bikorwa bibafasha kuyabika.

2019-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Ubwanditsi 09 Sep 2025
Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira

Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage

Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage

RUSHYASHYA 09 Aug 2026
Umubare munini w’abagore muri Amerika bifuza yuko Trump yakweguzwa

Umubare munini w’abagore muri Amerika bifuza yuko Trump yakweguzwa

Ubwanditsi 10 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

UMUFARANSA UDASANZWE! INKURU IDASANZWE
Mu Rwanda

UMUFARANSA UDASANZWE! INKURU IDASANZWE

Ubwanditsi 12 Jun 2018
FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026
Amakuru

FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 01 Oct 2025
“Nta muntu waturemye, nta n’uwaturemeye, twaremwe n’Imana” – Perezida Paul Kagame
Amakuru

“Nta muntu waturemye, nta n’uwaturemeye, twaremwe n’Imana” – Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 07 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru