• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya
Guverineri wa Banki Nkuru ya Kenya, Patrick Njoroge yerekana inoti nshya mu kiganiro n'abanyamakuru kuwa 3 Kamena 2019 i Nairobi

Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya

Editorial 12 Jun 2019 POLITIKI

Nyuma ya Tanzania, Uganda yabaye igihugu cya kabiri mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), gihagaritse ikoreshwa ry’amashilingi ya Kenya.

Iyi ngo ni inzira yo kubuza Banki zo muri Uganda gukoreshwa mu gusubiza muri Kenya amafaranga yibwe muri icyo gihugu.

Ibi bije nyuma y’aho banki nkuru ya Kenya (CBK) itangarije gahunda yo gukura ku isoko inoti y’amashilingi 1000 nk’inzira yo guhashya ihererekanya ry’amafaranga ritemewe cyangwa kuyigana.

Banki Nkuru ya Uganda ivuga ko iyo myanzuro yafashwe nyuma yo kumenyeshwa na Banki Nkuru ya Kenya, ko yashyize ku isoko inoti nshya tariki ya 31 Gicurasi kandi ikaba yarahagaritse kandi ivunjisha no kuyisubiza amashilingi.

Mu itangazo Banki nkuru ya Uganda yagejeje ku mabanki y’ubucuruzi muri iki gihugu, yatangaje ko amashilingi ya Kenya, atongera kwemerwa uhereye iryo tangazo rigisohoka.

Banki Nkuru ya Uganda yagiriye inama amabanki yo muri icyo gihugu guhagarika kwakira no kohereza aya mashilingi mu rwego rwo kwirinda ibihombo kuko guhindura inoti zakoreshwaga zisimbuzwa inshya bigomba gukorerwa gusa muri Kenya.

Tanzania na yo yafashe umwanzuro nk’uwo kuwa Gatanu w’icyumweru gishize, ibi bituma abanya Kenya baba mu bihugu by’ibituranyi bagomba gusubiza iwabo inoti zabo z’amashilingi 1000 kugira ngo bazihindurirwe cyangwa bahitemo guhomba.

Banki Nkuru ya Kenya yatangaje ko inoti zishaje z’amashilingi 1000 zizata agaciro uhereye ku itariki ya 1 Ukwakira 2019.

Yahise kandi ishyira ku isoko inoti nshya z’amashilingi 500, iza 200, iza 100 n’iza 50 zizaba ziri gukoreshwa hamwe n’izi noti zishaje kugeza mu Ukwakira.

Uganda ni umufatanyabikorwa ukomeye wa Kenya mu bucuruzi, ndetse byari ibintu bisanzwe kubona abacuruzi bo muri iki gihugu bemera amashilingi ya Kenya cyane cyane mu Mujyi wa Kampala.

Banki Nkuru ya Kenya kandi yashyizeho amabwiriza menshi harimo abuza amabanki gutanga no kwakira hejuru ya miliyoni imwe y’amashilingi ku bantu badafite konti muri izo banki.

Yashyizeho kandi itegeko ko mbere yo kwakira no gutanga amafaranga arenze miliyoni 5 z’amashilingi, banki zigomba kujya zibanza kuyaka uburenganzira.

Abantu bafite amafaranga babonye mu nzira mbi, basigaje amezi ane yo kuyarya bakayamara cyangwa bakayashora mu bikorwa bibafasha kuyabika.

2019-06-12
Editorial

IZINDI NKURU

Ibiganiro bya Uganda n’u Rwanda: Ikimwaro mu ruhame

Ibiganiro bya Uganda n’u Rwanda: Ikimwaro mu ruhame

Editorial 17 Dec 2019
DR.Congo yanze ikemezo cya AU cyo ‘kuba iretse gutangaza’ ibyavuye mu matora

DR.Congo yanze ikemezo cya AU cyo ‘kuba iretse gutangaza’ ibyavuye mu matora

Editorial 18 Jan 2019
William Gelling wari Ambasaderi w’u Bwongereza yasezeye Perezida Kagame

William Gelling wari Ambasaderi w’u Bwongereza yasezeye Perezida Kagame

Editorial 11 Jan 2018
Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Editorial 24 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi
ITOHOZA

B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi

Editorial 17 Aug 2016
Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano

Editorial 01 Nov 2017
Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo
Amakuru

Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo

Editorial 24 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru