• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“Nzi ibyo nkora, nzi ibimbereye. Ntabwo nkeneye kubibwirwa n’uwo ari we wese.”-Perezida Kagame

“Nzi ibyo nkora, nzi ibimbereye. Ntabwo nkeneye kubibwirwa n’uwo ari we wese.”-Perezida Kagame

Ubwanditsi 01 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Paul Kagame aherutse kugirana ikiganiro n’Ikinyamakuru cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Time Magazine, cyagarutse ku ngingo zitandukanye zirimo  iy’uburenganzira bwa muntu, iterambere ry’u Rwanda, Politiki n’ibindi.

Perezida Kagame yabajijwe ku bikunze gutangazwa n’imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu, ivuga ko mu Rwanda nta bwisanzure buhari, ko abatavuga rumwe na Leta batotetezwa n’ibindi.

Iki kinyamakuru cyitsaga cyane ku kuba bamwe mu batavuga rumwe na Leta barangiwe kwiyamamaza mu matora ya Perezida aherutse.

Perezida Kagame yavuze ko rimwe na rimwe abayobozi n’abaturage bo muri Afurika bafatwa uko batari.

Ati “Ntabwo nagiye ku buyobozi habayeho amanyanga, nta manyanga nakoze mu rugendo rwo kubohora igihugu cyanjye. Hari igishoro natanze kandi igishoro cyanjye ntabwo ari ukwibasira uburenganzira bw’abaturage. Siko nteye.”

Yakomeje agira ati “ Abantu bajya batekereza ko abayobozi ba Afurika babereyeho kugirira nabi abaturage babo cyangwa ko abaturage bakiri inyuma batazi ikibabereye. Inshuro nyinshi abaturage bacu bagiye bafata umwanzuro, hakaza umuntu akavuga ngo ‘oya, oya muri guhitamo nabi”.

“Ni ukuvuga ngo wa mugenzuzi nahoze mvuga ni we ufite ububasha bwo kuvuga uburyo bwiza ibintu bikwiriye gukorwamo, ngo uyu ni we muntu ukwiriye kuba umuyobozi wanyu. Abanyarwanda bazi icyo bashaka, bazi kwifatira umwanzuro kandi mu gihe babikoze ntekereza ko abantu bakwiriye kubyubaha.”

Perezida Kagame yavuze ko nta munyamahanga waharaniye ubwigenge bw’abanyarwanda kumurusha ku buryo hagira umubwiriza ibyo akwiriye gukora.

Ati “Nzi ibyo nkora, nzi ibimbereye. Ntabwo nkeneye kubibwirwa n’uwo ari we wese.”

Mu kiganiro  Perezida Kagame aherutse kugirana na France 24, Umunyamakuru Catherine Nicholson yabajije Mimica kuri raporo iheruka yanzuye ko mu Rwanda “hakomeje kuvugwa ibibazo bikomeye byo guhungabanya uburenganzira rusange n’ubwa politiki, ” abazwa umwanya bihabwa iyo bigeze ku kugena inkunga z’ibihugu.

Mimica yasubije ko hari uburyo mpuzamahanga bwashyizweho bwerekana uko bigenda ngo ibihugu bya Afurika bihabwe inkunga, harimo amasezerano ya Cotonou n’ibihugu bya Afurika, Pacifique na Caraïbe.

Ati “Ariko iyo bigeze ku Rwanda nkunda kuvuga ko, uretse n’ubu ndi kumwe na Perezida w’u Rwanda, ari urugero rw’ibikwiye gukorwa mu bijyanye n’iterambere, ubukungu, politiki, umutekano, ubwiyunge, kubera ko hashize imyaka 25 Jenoside yakorewe abatutsi ibaye mu Rwanda, ni ibihe bikomeye byabayeho mu mateka… uhereye kuri icyo gihe ukagera aho u Rwanda rugeze uyu munsi, u Rwanda ni urugero mu kuri. ”

Perezida Kagame yahise yungamo ko ibyo biganiro ku burenganzira bwa muntu bimaze igihe, ariko rimwe na rimwe bibogama cyane.

Icyo gihe yabwiraga umunyamakuru, mu ntebe ye anaba nk’uhindukira amubwira amureba mu maso.

Yavuze ko ibihe u Rwanda rwanyuzemo mu 1994 akenshi bidafatwa nko guhonyora uburenganzira bwa muntu, nyamara abafite uruhare babigizemo nibo bavuga ko “ibibera mu Rwanda ubu ari uguhonyora uburenganzira bwa muntu ” kurusha n’ibyabaye mbere.

Yavuze ko udashobora gutandukanya uburenganzira bwa muntu n’iterambere u Rwanda rugezeho, ariko “abo baturage bafite imibereho iteye imbere kandi bakabigiramo uruhare, ” bibarwa ko uburenganzira bwabo buhutazwa ku buryo “abavuga ko mu Rwanda ari ikuzimu birengagiza ukuzimu twanyuzemo kandi tugahangana nako. ”

Yakomeje kuri ibyo birego ati “Ni umwanda, u Rwanda rutandukanye n’urwo rwari rwo mu myaka 25. Ahubwo mukwiye kureba hirya no hino mu Burayi, murimo guhonyora uburenganzira bw’abantu, iyo turebye iki kibazo cy’abantu bakumirwa ngo bajye kurohama muri Méditerranée n’ahandi, abantu barimo gufatwa nabi mu bihugu byanyu, kuki mutavuga ku bibazo byanyu by’uburenganzira bwa muntu? ”

Perezida Kagame yavuze ko bikwiye guhagarika imyumvire yo kwishyira heza iyo bigeze ku burenganzira bwa muntu.

Ati “Twarwaniye uburenganzira bwa muntu n’ubwigenge bw’abaturage bacu kurusha undi muntu uwo ari we wese harimo namwe muhora muvuga ibi bintu bidasobanutse. Aho twakuye igihugu cyacu n’aho kigeze ubu birivugira, ibindi biva muri iyo myumvire.”

“Izi Si ebyiri aho hari abantu bazi neza iby’uburenganzira bwa muntu n’ibindi n’indi si aho abantu batazi…ariko ni uburenganzira bwacu, iyo twubahirije ibyo dukora mu bihugu byacu ntabwo ari mwe tubigirira cyangwa undi, ni twe ubwacu.”

Yavuze ko bidakwiye ko hagira igihugu kibaho gishaka gusa kubwira abandi ibyo bakora cyangwa ibyo bakora bitagihagije.

Ati “Uri muntu ki ? ”

Mu mvugo iki kinyamakuru kiba gisa n’igisaba ko u Rwanda ruhagarikirwa inkunga, kuko mu gihe kivuga ko ubusanzwe inkunga EU iha ibihugu ishobora guhagarikwa kubera impamvu zitandukanye zirimo ibibazo by’uburenganzira bwa muntu na demokarasi, “Ntabwo ariko bimeze ku Rwanda nubwo habayeho ubusabe bw’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu n’iterambere, ko harebwa cyane ku bibazo by’icyo gihugu. ”

Abanyarwanda bumijwe na RFI

Nta kuyoba nko kuvuga ngo kanaka yavuze ibi kandi atariko byagenze, uti kanaka yahanganye na runaka kandi aho ibyo byabereye atigeze anahagera. Ni byo byabaye kuri RFI ivuga ku kiganiro cya Perezida Kagame kuri France 24.

Abantu bakoresha imbuga nkoranyambaga cyane Twitter, bakomeje kunenga Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, ku buryo yafashe imvugo ya Perezida Paul Kagame wasabye u Burayi guhagarika kwishyira aheza mu bijyanye n’uburenganzira bwa muntu, ibyita ko yabwiraga Komiseri ushinzwe ubutwererane n’iterambere mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, EU, Neven Mimica, kandi atari ko byagenze kuko yabwiraga umunyamakuru wari wagaragaje ukubogama mu mibarize ye.

Nyuma y’inkuru ya RFI, abantu benshi banditse ubutumwa bagaragaza ko iki kinyamakuru nta byacyo, ubutumwa bwagiye bunyuzwa kuri Cécile Mégie, umuyobozi n’umunyamakuru wa RFI.

Yolande Makolo yagize ati “Uku kuyobya abantu kugayitse kwa @RFI gukwiye kunyomozwa – @CecileMegie ibihumbi by’abantu barebye (banashima) iki kiganiro cya @FRANCE24 kandi bazi icyavuzwe n’uwabwirwaga. ”

Ikiganiro kirambuye Perezida Kagame yagiranye na Time Magazine kizasohoka mu nimero yo kuwa 8 Nyakanga 2019.

2019-07-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yitabiriye Inama Rusange ya 71 ku Buzima i Geneve

Perezida Kagame yitabiriye Inama Rusange ya 71 ku Buzima i Geneve

Ubwanditsi 21 May 2018
Urupfu rwa Sendashonga  na Col. Rizinde nk’intandaro y’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda

Urupfu rwa Sendashonga  na Col. Rizinde nk’intandaro y’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 10 Mar 2019
Rusesabagina niyisanga I Kigali azongera kuvuga ko ari imfubyi mbirigi?

Rusesabagina niyisanga I Kigali azongera kuvuga ko ari imfubyi mbirigi?

Ubwanditsi 25 Sep 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ubwanditsi 11 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyabugogo: Itike  ku banyeshuri yabonye umugabo isiba undi
Amakuru

Nyabugogo: Itike ku banyeshuri yabonye umugabo isiba undi

Ubwanditsi 18 Apr 2017
Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame
UBUKUNGU

Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Sep 2018
Amb.Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera yanze kuba igisahiranda, none atabarutse uRwanda rumushimira kurwimana.
Amakuru

Amb.Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera yanze kuba igisahiranda, none atabarutse uRwanda rumushimira kurwimana.

Ubwanditsi 16 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru