• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Ubwanditsi 07 Aug 2019 UBUKUNGU

Radisson Blu Hotel and Convention Centre, imwe muri hotel zikomeye mu Rwanda, yabaye iya mbere mu Rwanda n’iya gatatu muri Afurika yahawe igihembo cya hoteli ituje kandi ifite umutekano.

Ku wa 5 Kanama 2019 ni bwo byatangajwe ko Radisson Blu Hotel and Convention Centre yegukanye iki gihembo gitangwa n’Ikigo Mpuzamahanga gihemba hoteli zifite ituze n’umutekano cyitwa Safehotels Alliance AB.

Iki gihembo gihabwa hoteli zateye intambwe ishimishije mu gushyira mu bikorwa politiki n’ingamba zo kubungabunga ituze n’umutekano kandi zikubahiriza amabwiriza y’ubuziranenge.

Iki kigo gitanga iki gihembo cyemewe kandi gikorana n’Ishyirahamwe ry’ibigo bya ba mukerarugendo birimo Ihuriro Mpuzamahanga rishinzwe ibyo gutegura inama zikomeye (ICCA) n’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe gukumira Ibiza (UNISDR).

Umuyobozi wa Radisson Blu Hotel and Convention Centre, Denis J. Dernault, yavuze ko bishimiye kuba hoteli yakiriye icyo gihembo gikomeye.

Yakomeje agira ati “Ituze n’umutekano by’abakiliya bacu ni ikintu duha agaciro gakomeye kandi tuzirikana ko ingamba nk’izo zishyirwa mu bikorwa. Abakozi bacu bazakomeza gutozwa kubahiriza amabwiriza mu nama zidasanzwe, dukomeze kubigira iby’ibanze.”

Yasobanuye ko Radisson Blu Hotel and Convention Centre izi neza ko icy’ibanze abagenzi bishimira aho batemberera ari ituze n’umutekano bahasanga, bityo kuba yabiherewe igihembo bizatuma abayigana barushaho kuyigirira icyizere.

Radisson Blu Hotel yahawe igihembo cya hoteli itekanye kandi yiyubashye nyuma y’igenzura yakorewe ku ngingo zisaga 220 zishingirwaho kugira ngo hoteli runaka ishyirwe mu zitekanye.

Harebwa ibyiciro bitandatu bitandukanye birimo umutekano w’inyubako, imiterere ya hoteli n’uburyo ihugura abakozi, ibikoresho bikumira inkongi, ibikoresho byifashishwa mu gucunga umutekano n’uburyo ikemura ibibazo ihuye nabyo.

Radisson Blu Hotel and Convention Centre, yagiye ihabwa ibindi bihembo birimo icyo yegukanye mu cyiciro cya hoteli zifite igishushanyo cyiza n’izikomeje gutera imbere muri Afurika, icya Hotel ibereye gukorerwamo Inama (Best Conference); Ubukerarugendo (Best Mice Hotel) n’Ishoramari mu Rwanda n’ibindi.

Radisson Blu Hotel and Convention Centre iherereye ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali. Ifite ibyumba 291, birimo n’icyagenewe abo ku rwego rwo hejuru (Royal Suite) kiri ku buso bwa metero kare 700.

Igice cyayo gishushe nk’Inzu y’Umwami igaragara i Nyanza, cyakira abantu 2600.

Iyi nyubako yafunguye imiryango mu 2016, ifite ubushobozi bwo kwakira inama y’abantu 5000 icyarimwe n’umwanya uhagije ushobora kuberamo ibikorwa by’ubucuruzi, imyidagaduro n’ibindi birori.

Radisson Blu Hotel & Convention Centre yegukanye igihembo cya hoteli itekanye

Muri Radisson Blu Hotel hateye amabengeza ku buryo abanyamahanga n’Abanyarwanda bishimira kuhacumbika

Radisson Blu Hotel and Convention Centre ifite ibyumba 291, birimo n’icyagenewe abo ku rwego rwo hejuru

Iyi nyubako yafunguye imiryango mu 2016, ifite ubushobozi bwo kwakira inama y’abantu 5000

Kuva muri Nyakanga 2016 Radisson Blu Hotel & Convention Centre imaze kwakira inama n’ibindi bikorwa 853 byitabiriwe n’abantu 320 000

Radisson Blu Hotel and Convention Centre yabaye hotel ya mbere mu Rwanda n’iya gatatu muri Afurika yahawe igihembo kubera ko ituje kandi ifite umutekano

Src: IGIHE

2019-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uburyo dukoresha uyu munsi mu miyoborere y’Isi ntabwo ari uburambye – Perezida Kagame

Uburyo dukoresha uyu munsi mu miyoborere y’Isi ntabwo ari uburambye – Perezida Kagame

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Impamvu u Rwanda rwahawe kwakira Inama ya Commonwealth

Impamvu u Rwanda rwahawe kwakira Inama ya Commonwealth

Ubwanditsi 20 Aug 2018
U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 17 Oct 2018
Ikigo cyo mu Rwanda kigiye gushora miliyoni 100$ mu gukora telefoni zigezweho

Ikigo cyo mu Rwanda kigiye gushora miliyoni 100$ mu gukora telefoni zigezweho

Ubwanditsi 28 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 23 Feb 2021
Umubyeyi watoye umwana witwa Prince muri Rurindo arasaba ko yafashwa ku murera
Mu Mahanga

Umubyeyi watoye umwana witwa Prince muri Rurindo arasaba ko yafashwa ku murera

Ubwanditsi 25 Aug 2016
Umuyobozi w’Intara yatunguwe no kwirukanwa na Perezida Magufuli atabizi
Mu Rwanda

Umuyobozi w’Intara yatunguwe no kwirukanwa na Perezida Magufuli atabizi

Ubwanditsi 12 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru