• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi   |   07 Jun 2025

  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame avuga ko Abanyafurika batakwemera urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ariko bo ubwabo bakikoma.

Perezida Kagame avuga ko Abanyafurika batakwemera urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ariko bo ubwabo bakikoma.

Editorial 09 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame wafunguye ihuriro ry’Ubucuruzi riri kubera i Kigali; yagarutse ku Isoko rusange ry’Umugabane wa Africa rigomba gutangira mu mwaka utaha wa 2020, avuga ko n’amasezerano y’urujya n’uruza rw’Abanyafurika ari kugenda yemezwa n’ibihugu bitandukanye kuko hatabaho kwemera urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ngo abantu bo bakumirwe.

Iri huriro ryiswe Golden Business Forum, rifite insanganyamatsiko igira iti “Unlock Trade in Africa and The Wordl” cyangwa se “Gufungurira imiryango ubucuruzi muri Africa n’ubwo igirana n’Isi”.

Perezida Kagame wagarutse ku masezerano y’isoko rusange rya Africa yashyiriweho umukono i Kigali muri Werurwe 2018, yavuze ko hari intambwe nziza iri guterwa mu kuyemeza ndetse ko azatangira kubahirizwa muri Nyakanga umwaka utaha wa 2020.

Yavuze kandi ko amasezerano y’urujya n’uruza rw’abanyafurika nayo yasinywe ndetse ko ibihugu bikomeje kuyemeza ku buryo namara kwemezwa Abanyafurika batazongera gusabwa impushya (Visa) zo kugenda mu mugabane wabo ndetse bakagira n’ubundi burenganzira bw’agaciro mu Africa yabo.

Avuga ko Abanyafurika batakwemera urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ariko bo ubwabo bakikoma.

Ati “Ni gute twaba tugiye kwemera urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ariko ntitwemere urujya n’uruza rw’abantu?”

Abakoloni binjiye muri Africa bayiciyemo ibice bashyiraho imipaka mu kuyigabagabanya ari na ho havuye ibyo kubanza kwaka impushya kugira ngo bave mu gihugu bajya mu kindi {za Visa}.

Perezida Kagame avuga ko Abanyafurika bakwiye kumva iby’aya mategeko n’amabwiriza ababuza kugenderanira uko bashaka kuko mbere yayo bagenderaniraga “bakambuka imipaka waba ubahaye Visa cyangwa utayibahaye.”

Avuga ko ikibabaje ari uko aba banyafurika babanza kwaka impusa zo kugenderanirana ari abavandimwe “Ikibatandukanyije ari uko baba mu bice bitandukanye bitandukanywa n’ibizwi nk’umupaka.”

Ati “Ni ahacu abayobozi kubyoroshya kuko byose bizaba bigamije tubyungukiyemo nta mwihariko ubayemo.”

Perezida Kagame yanagarutse ku masezerano y’isoko ry’ikirere kimwe azwi nka SAATM (Single African Air Transport Market), yafunguye mu ntangiro z’umwaka ushize ubwo yari ayoboye AU, avuga ko agamije gukuraho imbogamizi z’igendo zo mu kirere muri Africa.

Ati “Aya masezerano yose agamije kongera kubyutsa ubukungu bwa Africa, akazanira amahirwe abashoramari biteguye kuyabyaza umusaruro.”

Avuga ko uko abanyafurika bazarushaho guhahirana bizanabafasha kohereza ibicuruzwa ku yindi migabane “ariko biradusaba kongera ubwumvikane tukanagirana imibanire myiza hagati y’abaturanyi bacu.”

Kagame uvuga ko ibi bitanga ikizere ko bizatuma Kompanyi nyafurika ziza ku isonga ku Isi, avuga ko mu myaka 15 ishize hari ibihugu bya Africa byari mu myanya myiza muri raporo ya Banki y’Isi ku byerekeye ubucuruzi.

Avuga ko iterambere ryahoze ari umukoro wa za Guverinoma n’Imiryango itari iya Leta, ku buryo ubucuruzi bwahoraga mu biganiro, gusa ngo abacuruzi na bo bahoze bafite uruhare rukomeye mu majyambere.

Ati “Iyo myitwarire yadusubije inyuma nk’u Rwanda n’umugabane wose ariko inzira yo kwiyemeza impinduka iri kugenda neza.”

Agaragaza ko kwibumbira hamwe nk’umugabane bizawuzanira impinduka nziza kuko hari ingero z’ibyiza byo kwishyira hamwe nk’ibiriho bigerwaho mu bihugu bigize Umuryango wa Africa y’Uburasirazuba birimo kubaka umuhanda wa Gari ya moshi uhuriweho, ibikorwaremezo no gusangira ingufu z’amashanyarazi.

Perezida Kagame yahamagariye abikorera gukomeza kugira uruhare mu mpinduka z’umugabane wa Africa.

Perezida Kagame, Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda Soraya Hakuziyaremye n’Umuyobozi w’abikorera Robert Bapfakurera

Perezida Kagame yavuze ko ari ngombwa kwihutisha urujya n’uruza rw’abantu

Iyi nama yitabiriwe n’abagera kuri 600 baturutse mu bihugu 20 byo hirya no hino ku Isi

2019-08-09
Editorial

IZINDI NKURU

Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Editorial 19 Apr 2021
Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Editorial 31 May 2024
Politiki y’interahamwe n’ibigarasha ni nk’uburozi bucuruzwa ngo bwice abazima, ikwiye kwamaganwa ; Rusesabagina utanga amapeti ashuka abantu azi nuko akurikirana ?

Politiki y’interahamwe n’ibigarasha ni nk’uburozi bucuruzwa ngo bwice abazima, ikwiye kwamaganwa ; Rusesabagina utanga amapeti ashuka abantu azi nuko akurikirana ?

Editorial 22 Jul 2020
Nkurunziza arabiba urwango hagati y’u Rwanda n’ Burundi mu rwego rwo guhisha ibyaha ashinjwa no kutagaragaza umusaruro w’imyaka 15

Nkurunziza arabiba urwango hagati y’u Rwanda n’ Burundi mu rwego rwo guhisha ibyaha ashinjwa no kutagaragaza umusaruro w’imyaka 15

Editorial 27 Dec 2019
Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Editorial 19 Apr 2021
Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Editorial 31 May 2024
Politiki y’interahamwe n’ibigarasha ni nk’uburozi bucuruzwa ngo bwice abazima, ikwiye kwamaganwa ; Rusesabagina utanga amapeti ashuka abantu azi nuko akurikirana ?

Politiki y’interahamwe n’ibigarasha ni nk’uburozi bucuruzwa ngo bwice abazima, ikwiye kwamaganwa ; Rusesabagina utanga amapeti ashuka abantu azi nuko akurikirana ?

Editorial 22 Jul 2020
Nkurunziza arabiba urwango hagati y’u Rwanda n’ Burundi mu rwego rwo guhisha ibyaha ashinjwa no kutagaragaza umusaruro w’imyaka 15

Nkurunziza arabiba urwango hagati y’u Rwanda n’ Burundi mu rwego rwo guhisha ibyaha ashinjwa no kutagaragaza umusaruro w’imyaka 15

Editorial 27 Dec 2019
Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Editorial 19 Apr 2021
Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Editorial 31 May 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru