• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Standard & Poor’s yazamuye igipimo cy’ubukungu bw’u Rwanda ikigeza kuri “B+”

Standard & Poor’s yazamuye igipimo cy’ubukungu bw’u Rwanda ikigeza kuri “B+”

Ubwanditsi 13 Aug 2019 UBUKUNGU

Ikigo mpuzamahanga cy’ubushakashatsi cy’Abanyamerika, Standard & Poor’s (S&P), cyazamuye igipimo cy’ubukungu bw’u Rwanda kibuvana ku inota rya B kirushyira ku rya B+, ku kuba bwifashe neza cyane, ibi bikaba byongera icyizere ku ishoramari mu gihugu.

Ikigo S&P cyizewe ku rwego mpuzamahanga, mu bushobozi n’ubunararibonye mu kugaragaza uko ibihugu bifite ubushobozi bwo kwishyura imyenda biba byaragurijwe, kikanatanga ubusesenguzi mu rwego rwa politiki.

Igipimo cy’ubushobozi bw’ibihugu bwo kwishyura imyenda biba byaragurijwe bidateje ibibazo mu bukungu, ni ingenzi kuko biha abashoramari ishusho y’icyizere cyangwa ibyago bigendanye n’ishoramari ryabo bashobora guhura nabyo mu gihugu runaka harimo n’ibya politiki.

Iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda rirenze iry’ibihugu biri mu cyiciro kimwe bitewe n’impamvu nyinshi zirimo ko urwego rw’ishoramari rubarirwa kuri 25% by’umusaruro mbumbe (GDP).

Igipimo cya S&P kirerekana ko u Rwanda rwagaragaje imbaraga mu iterambere ry’umusaruro mbumbe ndetse runarenza igipimo cyateganyijwe cy’ayo umuturage yinjiza ku mwaka kurusha ibihugu biri mu cyiciro kimwe.

Mu 2018, umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) wiyongera ku rugero cya 8.6 %, ugereranyije n’umwaka wabanje uva kuri miliyari 7,597 Frw ugera kuri miliyari 8,189 Frw.

Ikigereranyo cy’amafaranga umuturage yinjiza cyazamutseho 1.7% hagati ya 2017 na 2018. Mu 2017 yari 774 $ naho mu 2018 yari 788$ ku mwaka.

Isesengura riheruka rya S&P, ryagaragaje ko urwego rw’imyenda u Rwanda rufite iri ku rwego rwiza ndetse n’igiciro cyo kuyishyura kikiri hasi.

Rivuga ko ‘twazamuye igipimo cy’ubusugire bw’igihe kirekire ku kuzuza inshingano zijyanye n’iby’imari k’u Rwanda buva kuri B bugera kuri B+ tunagaragaza ko iki gipimo kitazahungabana’.

Iki gipimo gishingiye ku ntambwe ikomeye y’iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda, urwego rw’imyenda rufite ndetse n’indi micungire na gahunda zihamye z’ubukungu bw’igihugu.

Muri Werurwe uyu mwaka, Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) cyatangaje ko umwenda u Rwanda rufite udateye inkeke kuko ungana na 32.9% by’umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) mu gihe ikigero gihanitse ari 50%.

Itangazo rya IMF rivuga ko inguzanyo zishyura mu gihe kirekire zari kuri 63% mu mpera za 2018 ugereranyije na 57.4% zariho igihe nk’icyo mu 2017.

Rikomeza rivuga ko “Byagezweho kubera uburyo igihugu cyakoresheje bwo gufata inguzanyo z’igihe kirekire aho kwibanda ku z’ubucuruzi (commercial borrowing).’’

Iki gipimo kandi ni ikintu cyiza ku bashoramari kuko kibaha icyizere kandi kikaba cyije gisanga ibindi bipimo ndetse n’ubusesenguzi bwerekana ko ubukungu bw’u Rwanda butajegajega.

Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho 8.6% mu 2018 ugereranyije na 7.2% cyari giteganyijwe. Biteganyijwe ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.8% mu 2019, bukazamuka 8.1% mu 2020 na 8.2% mu 2021.

Standard & Poor’s kandi yanahinduye igipimo cy’igihugu mu bijyanye no kohereza ndetse no guhinduranya amafaranga kiva kuri B kijya kuri B+.

Muri iyi raporo S&P ivuga ko ‘iki gipimo kitazahindagurika kuko twizera ko u Rwanda ruzakomeza kugera hejuru y’izamuka ry’umusaruro mbumbe ryateganyijwe mu gihe giciriritse, guhangana n’ingaruka zaterwa no kuba ibyateganyijwe bitakozwe no kongera imyenda’.

Ivuga kandi ko ishobora kumanura igipimo ku mpamvu zirimo no kuba Ebola iri muri RDC yagira ingaruka ku byo u Rwanda rwohereza mu mahanga n’ubukungu muri rusange.

Iki gipimo kandi gishobora no kwiyongera mu gihe giciriritse niba ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga bikomeje kwiyongera kandi bikaba mu bwoko butandukanye.

Mu mwaka ushize wa 2018, u Rwanda rwohereje mu mahanga ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni 995.7$ avuye kuri miliyoni 943.5$ mu 2017. BNR igaragaza ko nubwo ibyoherejwe mu mahanga byiyongereye, ikinyuranyo cy’ibitumizwa mu mahanga cyo cyazamutse ku kigero 12.4%.

Ibi byatumye inyungu u Rwanda rukura mu byo rwohereza mu mahanga igabanuka igera kuri 41.1% mu 2018, ivuye kuri 42.6% mu 2017.

Src : IGIHE

2019-08-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City

Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Perezida Kagame yashimye agaciro Afurika yahawe mu nama y’ibihugu bikize ku isi

Perezida Kagame yashimye agaciro Afurika yahawe mu nama y’ibihugu bikize ku isi

Ubwanditsi 27 Aug 2019
Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017

Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017

Ubwanditsi 24 Mar 2018
UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

Ubwanditsi 21 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana yagarutse ku bufatanye bwa Leta ya Kongo na FDLR ayikurira inzira ku murima gufata u Rwanda
Amakuru

Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana yagarutse ku bufatanye bwa Leta ya Kongo na FDLR ayikurira inzira ku murima gufata u Rwanda

Ubwanditsi 21 Sep 2023
Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!
Amakuru

Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Ubwanditsi 07 Apr 2021
Umunyamategeko Vincent Lurquin arakwiza ibihuha ko yangiwe kubonana na Rusesabagina kandi atujuje ibisabwa, kuba umubiligi ntibihagije
Amakuru

Umunyamategeko Vincent Lurquin arakwiza ibihuha ko yangiwe kubonana na Rusesabagina kandi atujuje ibisabwa, kuba umubiligi ntibihagije

Ubwanditsi 16 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru