• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Ubwanditsi 16 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, POLITIKI

Kuri uyu wa Gatanu , itariki 16 Nzeri 2019, i Kigali mu Rwanda hateraniye inama ihuza u Rwanda na Uganda yiga ku ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’ubwumvikane yashyiriweho umukono I Luanda muri Angola.

Intumwa z’u Rwanda muri iyi nama ziyobowe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu gihe intumwa za Uganda ziyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Sam Kutesa.

Iyi nama kandi yitabiriwe na Hon. Manuel Domingos Augusto, Minisitiri w’imibanire yo hanze wa Angola, ndetse na Hon. Gilbert Kankonde Malamba, Visi Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’umutekano wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Ku ruhande rwe, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Uganda, Sam Kutesa yatangaje ko abaturage b’u Rwanda n’aba Uganda bifuza imibanire myiza hagati y’ibihugu byabo by’ibivandimwe. Yijeje ko Uganda yiteguye kandi izashyira mu bikorwa amasezerano y’Ubwumvikane ya Luanda.

Naho ku ruhande rw’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yibukije ko Amasezerano y’Ubwumvikane ya Luanda yari ngombwa cyane ariko ishyirwa mu bikorwa ryayo ari rwo rufunguzo rwo gusubiza mu buryo imibanire y’u Rwanda na Uganda.

Kimwe na mugenzi we, yijeje ko u Rwanda narwo rwiyemeje gushyira mu bikorwa ibiteganywa n’Amasezerano y’Ubwumvikane ya Luanda.

Amasezerano y’Ubwumvikane hagati y’u Rwanda na Uganda yashyizweho umukono kuwa 21 Kanama 2019 muri Angola. Nduhungirehe yavuze ko iyi yari intambwe ikomeye iganisha ku mahoro arambye n’umutekano mu karere.

Imbogamizi ku ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano

Umwe mu bayobozi bakuru mu Rwanda yabwiye ikinyamakuru Chimpreports kuri uyu wa Mbere, ko u Rwanda rwifuza ko Abanyarwanda bafungiwe muri Uganda by’umwihariko Rene Rutagungira,  wakorewe iyicarubozo ,ukurikiranweho uruhare mu gucyura ku ngufu Abanyarwanda mu butabera bwa Uganda yafungurwa. Haribazwa rero uko ibi bizashoboka mu gihe uyu Munyarwanda yamaze kugezwa mu rukiko.

Uyu yibukije ko mu nama yahuje Perezida w’u Rwanda na mugenzi we wa Uganda muri Angola, yifuzaga ko Uganda imwizeza ko nta Munyarwanda uzongera gutabwa muri yombi ariko Uganda nayo igashimangira ko abazagira uruhare mu byaha batazareberwa izuba.

Igihugu cya Uganda kandi kirifuza kuganira ku ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna mu gihe u Rwanda rwanaburiye abaturage barwo babuzwa gukorera ingendo muri Uganda kubera umutekano wabo.

Ibi byateje ihungabana mu bucuruzi bw’ibihugu byombi ndetse abacuruzi bo muri Uganda bahomba akayabo ka za miliyari.

Nk’uko byemezwa na Banki ya Uganda, ngo hagati ya werurwe na Nyakanga 2018, Uganda yohereje mu Rwanda ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyari 323 z’Amashilingi. Ariko aya yaje kugera kuri miliyari 23 gusa muri Werurwe kugeza muri Nyakanga 2019 ubwo umupaka mhagati y’ibihugu byombi wafungwaga.

Ababikurikiranira hafi ariko hagati aho bafite icyizere ko  ibiganiro bishobora gutanga imbuto na cyane ko hari Amasezerano y’Ubwumvikane yamaze gushyirwaho umukono n’abakuru b’ibihugu byombi agomba kuyobora abari mu biganiro.

2019-09-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CIBITOKE : Abasore 2 mu ngabo za FLN  bishwe bacibwa  imitwe n’ubuyobozi bwabo.

CIBITOKE : Abasore 2 mu ngabo za FLN bishwe bacibwa imitwe n’ubuyobozi bwabo.

Ubwanditsi 28 Oct 2018
Abanyamerika bagaragaje ko Obama ariwe Perezida wabo w’ibihe byose

Abanyamerika bagaragaje ko Obama ariwe Perezida wabo w’ibihe byose

Ubwanditsi 15 Jul 2018
I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

Ubwanditsi 02 May 2024
Trump yavuze ko ashobora gusohoka mu biganiro azagirana na Kim Jong bitarangiye

Trump yavuze ko ashobora gusohoka mu biganiro azagirana na Kim Jong bitarangiye

Ubwanditsi 19 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko
Mu Rwanda

Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko

Ubwanditsi 09 Aug 2017
Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina
UBUKERARUGENDO

Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Umuhanzi Davido yaguze indege ye bwite
SHOWBIZ

Umuhanzi Davido yaguze indege ye bwite

Ubwanditsi 10 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru