• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Afurika irashoboye, yagiye ihezwa inyuma n’imiyoborere-Perezida Kagame

Afurika irashoboye, yagiye ihezwa inyuma n’imiyoborere-Perezida Kagame

Editorial 03 Oct 2019 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yatangaje ko Umugabane wa Afurika wifitemo ubushobozi bwo gutera imbere no guteza imbere imibereho y’abawutuye ariko bikaba byarakomeje kudindizwa n’ireme ry’imiyoborere yagiye iwuranga.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 2 Ukwakira, mu kiganiro yagiranye n’abakozi b’Umuryango Gates Foundation nyuma yo kuganira n’abawushinze aribo umuherwe Bill Gates n’umufasha we Melinda Gates.

Muri ibi biganiro byabereye mu Mujyi wa Seattle muri Leta ya Washington, hibanzwe ku mpinduka zikenewe ngo iterambere ry’Umugabane wa Afurika rigerweho.

Perezida Kagame yavuze ko iterambere ry’igihugu icyo ari cyo cyose, rikwiriye kuba rigaragarira mu izamuka ry’imibereho myiza y’abaturage, ibyo bifuza bakabasha kubibona.

Yatanze urugero ko nk’u Rwanda, iterambere rumaze kugeraho ryavuye mu kubanza kwita ku biteza imbere imibereho myiza y’umuturage.

Ati “Twaharaniye ko n’icyiciro cy’abakene bo hasi, mu mitwe yabo twabigishije ko n’iyo bagira uruhare ruto batanga, bituma bumva baragize icyo bakora kandi ko ibyakozwe ari ibyabo. Tugomba gukora byinshi twifashishije bike.”

Yakomeje agira ati “Twisanze mu migirire nk’iyo kubera amateka yacu n’aho duherereye. Amateka mabi twanyuzemo no kuba turi igihugu gito kidakora ku Nyanja. Nta bundi buryo wabaho udahanze udushya.”

Ku ikubitiro, Perezida Kagame yavuze ko bahisemo guteza imbere ubuvuzi ku buryo n’umuturage wo hasi agerwaho n’ubuvuzi bwiza kandi buhendutse.

Yavuze ko byagize ingaruka nziza, kuko byagabanyije umubare w’ababyeyi bapfaga babyara n’abana bapfaga bakivuka, ndetse icyizere cyo kubaho ku Banyarwanda kikiyongeraho imyaka igera kuri 20.

Ati “Ku bantu bari muri iyo mimerere nk’iyacu, ikibazo bagira ni ukumenya icyo bashyira imbere, buri cyose uba usanga gikenewe noneho kubitondekanya bikaba ikibazo. Twashyize imbere ubuvuzi, tureba no kuri wa muturage usanzwe.”

“Twararebye duti, ni gute watabara ubuzima bw’abana n’ababyeyi kugira ngo wizere ko bararamuka cyane cyane aho amateka agaragaza ko abantu babaga batazi niba abana babo bazageza imyaka itanu. Ibyo twarabihinduye.”

Mu myaka 25 iri imbere, Perezida Kagame asanga Afurika ikwiriye kuba ahantu heza harusha aho iri uyu munsi, kuko yifitemo ubushobozi.

Icyakora, yavuze ko byose bizaterwa n’imikoranire haba mu bucuruzi n’ibindi ndetse n’uruhare rw’imiyoborere.

Yagize ati “Ibi bizaterwa nuko dukorana haba mu bucuruzi, ishoramari, gusangizanya ubunararibonye n’uko twabyaza umusaruro umutungo umugabane wacu ufite.Umugabane wacu ufite ubushobozi bwinshi. Icyakomeje kuduheza inyuma ni ireme ry’imiyoborere.”

Yavuze ko igishimishije ari uko buri gihugu cya Afurika n’abaturage b’uwo mugabane batangiye kuganira no kuvuga ku bikenewe ngo iterambere ryifuzwa rigerweho, igisigaye akaba ari ibikorwa.

Imibare ya Banki y’Isi igaragaza ko mu 2015, 41 % by’abaturage bo muri Afurika yo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara babaga mu bukene, mu gihe ibihugu 28 bikennye cyane ku Isi, 27 biboneka muri Afurika yo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Afurika yihaye icyerecyezo cya 2063, cyo kuba wakoze byinshi bishoboka ngo wihaze muri byinshi bitakiri ngombwa ko ubaho ku bw’inkunga z’amahanga.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame babanje kuganira na Bill Gates hamwe na Melinda Gates

 

Perezida Kagame yavuze ko iterambere ry’igihugu icyo ari cyo cyose, rikwiriye kuba rigaragarira mu izamuka ry’imibereho myiza y’abaturage

 

Perezida Kagame ubwo yaganirizaga abakozi b’umuryango Gates Foundation

 

 

Madamu Jeannette Kagame ni umwe mu bitabiriye ibiganiro
Inkuru ya IGIHE
2019-10-03
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda na Africa50 byemeranyije kwihutisha umushinga wa Kigali Innovation City

U Rwanda na Africa50 byemeranyije kwihutisha umushinga wa Kigali Innovation City

Editorial 21 Nov 2018
Inyungu ya BK Group Plc yageze kuri miliyari 27.4 Frw mu 2018

Inyungu ya BK Group Plc yageze kuri miliyari 27.4 Frw mu 2018

Editorial 28 Mar 2019
Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%

Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%

Editorial 01 Nov 2018
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Editorial 16 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusirikare wa RDF wari ufunzwe yarasiwe ku rukiko ashaka gutoroka
Mu Rwanda

Umusirikare wa RDF wari ufunzwe yarasiwe ku rukiko ashaka gutoroka

Editorial 20 Oct 2017
Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu  mu minsi itatu yikurikiranya
INKURU NYAMUKURU

Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu mu minsi itatu yikurikiranya

Editorial 11 Jan 2018
Huye: Abakozi bane ba Restaurant ya Kaminuza batawe muri yombi
ITOHOZA

Huye: Abakozi bane ba Restaurant ya Kaminuza batawe muri yombi

Editorial 13 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru