• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yabwiye urubyiruko ko amahirwe atajya ku rugi rw’umuntu ngo akomange

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko ko amahirwe atajya ku rugi rw’umuntu ngo akomange

Ubwanditsi 09 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko ko rugomba guhaguruka rugakora rukabyaza umusaruro amahirwe ari mu bihugu byabo, ku mugabane ndetse n’Isi muri rusange aho gutegereza ko ayo mahirwe azaza kubishakira.

Ni impanuro yatangiye mu nama Nyafurika y’Urubyiruko izwi nka ‘YouthConnekt Africa Summit’ 2019, irimo kubera i Kigali kuva kuri uyu wa 9 kugeza kuwa 11 Ukwakira 2019, aho yitabiriwe n’abiganjemo urubyiruko basaga ibihumbi 10 baturutse mu bihugu 91 byo muri Afurika no hanze yayo nka Khazaksan, Mexique n’ahandi.

Uretse uru rubyiruko, iyi nama yitabiriwe na ba baminisitiri barenga 20 b’urubyiruko bo mu bihugu bitandukanye bya Afurika, ba rwiyemezamirimo, abahagarariye imiryango mpuzamahanga n’abandi, bose baje kuganira ku iterambere ry’urubyiruko mu bijyanye n’inganda.

Iyi nama kandi yanitabiriwe n’abandi bayobozi ku rwego rwa Afurika, abashoramari ku rwego mpuzamahanga, igihangange mu mupira w’amaguru, Didier Drogba, intumwa za Komisiyo y’Ubumwe bw’Afurika, abahagarariye imiryango ishamikiye ku Muryango w’Abibumbye n’abandi.

Zimwe mu ntego z’iyi nama mpuzamahanga harimo kuganira ku buryo urubyiruko rwarushaho kwihangira imirimo mu buhinzi, Ikoranabuhanga no kurukangurira kubyaza umusaruro impano zarwo, ndetse no kurushishikariza kugira uruhare mu guteza imbere umugabane wa Afurika.

Mu mpanuro Perezida Kagame yagejeje kuri uru rubyiruko, yarubwiye ko Guverinoma zifite inshingano zo gushyiraho uburyo urubyiruko rukuza impano zarwo ariko na rwo rufite inshingano yo gutera intambwe ngo rubayze umusaruro ayo mahirwe.

Ati “Amahirwe ntabwo ajya ku rugi rw’umuntu ngo akomange ngo urankeneye, ahubwo abantu bakeneye kugenda bagakomanga ku muryango w’amahirwe yakingura ukayasuhuza nayo akakubwira ati urashaka iki, ukayabwira ngo ni wowe nshaka”.

Umukuru w’Igihugu yakomeje agira ati “Niba udashyizemo izo mbaraga uzabura ayo mahirwe. Niba wicaye uzabona amahirwe akunyuzeho uvuge ngo ni wowe nashakaga. Genda uyashake, rimwe na rimwe uyarwanire, uyashake, ntutume agenda, nutume aguhitaho, wivuga ngo nakunyuraho arakubwira ko aje, ntabwo bibaho”.

Perezida Kagame yashishikarije urubyiruko gushyira hamwe kuko iyo bikozwe abantu bagendera hamwe, bakagera kure kandi vuba.

Ati “Kwihuta bisaba kugira intego, uburyo bwo kubyaza umusaruro amahirwe ahari, ariko ugashyira mu mutima wa byose abantu hanyuma ikoranabuhanga rigakoreshwa”.

Perezida Kagame kandi yashishikarije urubyiruko kwita ku buzima bwabo kuko rubukeneye n’igihugu kibukeneye. Aha niho yahereye avuga ko u Rwanda atari igihugu gikize mu mitungo ariko gikize ku buzima, umutima n’intego ari yo mpamvu gikora ibyo gishoboye byose.

Yavuze ko ibi ari byo byatumye rufata iya mbere mu kugoboka impunzi zo muri Libya, aho kugeza ubu aba mbere 66 bamaze kugera mu Rwanda abandi bakaba bategerejwe.

Minisitiri w’urubyiruko Rosemary Mbabazi yavuze ko intego y’inama y’uyu mwaka ari ukuganira ku buryo bwo guhuza ubumenyi bw’urubyiruko n’amahirwe ahari hagamijwe gukemura ikibazo cy’ubushomeri mu rubyiruko muri Afurika.

Yabwiye urubyiruko ko iyi nama ari umwanya wo kurwereka ko rushyigikiwe, rushoboye bityo rugatera intambwe igana imbere kuko nta rwitwazo na rumwe ruri mu nzira yarwo.

Umuyobozi wungirije wa UNDP, Ahunna Eziakonwa, yavuze ko gushora imari mu rubyiruko ari ikintu gikwiye kwitabwaho cyane kandi bishoboka.

Ati “Ku mugabane wa Afurika ntabwo dushora imari ihagije mu iterambere ry’urubyiruko, mu kubongerera ubumenyi. Hakenewe kongera imbaraga nyinshi mu gushora imari mu rubyiruko”.

Agendeye ku rugero rw’u Rwanda, yavuze ko bishoboka kuko ari cyanyuze mu mahano ya Jenoside yakorewe batutsi kigasenyuka ariko ubu nyuma y’imyaka 25 kikaba ari ikimenyetso cyo kongera kwiyubaka n’icyizere ku mugabane wose wa Afurika.

Ati “Bambwiye ko ijambo ‘ntibishoboka’ ritaba mu nkoranyamagambo y’u Rwanda none iminsi mpamaze nabonye ko iri jambo ridakwiye no kuba mu nkoranyamagambo ya Afurika”.

Mu kiganiro cyibanze ku kurebera hamwe uko imirimo yahangwa muri Afurika ndetse ubumenyi buhabwa abanyafurika bijyanishijwe n’isoko ry’umurimo ndetse n’ibikenewe, hagaragajwe ko hagikenewe ishoramari mu gushyigikira urubyiruko.

Issam Chleue ukomoka muri Mali yavuze ko “Urubyiruko rukwiye kuba mu mutima wa politiki kugira ngo rubashe kugira icyo ruhindura mu ngengo y’imari na gahunda zigenerwa ibikorwa byo kuzamura imishinga ya bagenzi babo”.

Gahunda ya YouthConnekt yatangijwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame mu 2012 imaze kwaguka mu buryo bugaragara, kuko kugeza ubu ibihugu 11 bimaze gutangira kuyishyira mu bikorwa naho ibindi umunani bimaze gutanga ubusabwe bwo kuyimakaza.

Inama ya YouthConnekt ihuriza hamwe urubyiruko ruturutse mu bihugu bitandukanye muri Afurika, hakaganirwa ku nsanganyamatsiko zinyuranye. Ni ku nshuro ya gatatu ibaye kuva yajya ku rwego rwa Afurika.

Muri izi nama kandi hifashishwa abantu batandukanye bafite aho bageze bakaganira n’urubyiruko. Inama nk’iyi yabaye muri Nyakanga 2017 yitabiriwe n’umuhanzi Akon n’umunyemali ukomeye w’umushinwa, Jack Ma.

Kugeza ubu binyuze muri gahunda ya YouthConnekt ba rwiyemezamirimo 600 banyuze mu mwiherero, abahembwe ni 180. Kugeza ubu kandi iyi gahunda imaze gutinyura urubyiruko 8000 rwihangiye imirimo.

 

Inama ya YouthConnekt yitabiriwe n’abaturutse mu bihugu 91

 

Urubyiruko rukurikiye impanuro za Perezida Kagame

 

 

N’abaturutse hanze ya Afurika bitabiriye iyi nama

 

Minisitiri Shyaka aganira n’abandi bayobozi bitabiriye YouthConnect 2019

 

 

 

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima Dr Ndimubanzi Patrick yitabiriye iyi nama

 

 

 

 

Byari ibyishimo

 

Perezida Kagame ubwo yari ageze muri Kigali Arena ahabereye inama ya YouthConnekt

 

Asuhuza urubyiruko

 

Asuhuza umuhanzi Patoranking

 

 

Nyuma y’ikiganiro bafashe ‘Selfie’ na Perezida Kagame

 

 

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko kudategereza ngo amahirwe abasange aho bari.
Src: IGIHE

 

2019-10-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Rwanda umusore yakoze akuma kazajya gatamaza abantu bose batwara imodoka basinze REBA HANO”

Mu Rwanda umusore yakoze akuma kazajya gatamaza abantu bose batwara imodoka basinze REBA HANO”

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Ubwanditsi 07 Aug 2018
Nyuma yo kwegura ku mwanya w’ubuvugizi, Jean Paul Turayishimye yirukanywe ku bukomiseri ashinjwa kwigomeka, bakomeje kwitwaza Rushyashya

Nyuma yo kwegura ku mwanya w’ubuvugizi, Jean Paul Turayishimye yirukanywe ku bukomiseri ashinjwa kwigomeka, bakomeje kwitwaza Rushyashya

Ubwanditsi 03 Dec 2019
Mu Burundi, “Leta mbyeyi” yoretse igihugu!

Mu Burundi, “Leta mbyeyi” yoretse igihugu!

Ubwanditsi 13 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu bukomeje gutanga umusaruro ushimishije
Mu Mahanga

Ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu bukomeje gutanga umusaruro ushimishije

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside
Mu Rwanda

Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 09 Aug 2017
Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0
Amakuru

Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0

Ubwanditsi 11 Nov 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru