• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yafunguye ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga

Perezida Kagame yafunguye ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga

Editorial 22 Oct 2019 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Mbere yafunguye ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga, bwitezweho gufasha abakura ibicuruzwa mu mahanga haba mu gihe byatwaraga ngo ibicuruzwa byabo bigere mu Rwanda, guteza imbere ubucuruzi n’ubukungu bw’u Rwanda.

Ubu bubiko bwiswe Kigali Logistics Platform buherereye i Masaka mu karere ka Kicukiro, bukaba bwarubatswe na sosiyete Dubai Ports World izobereye mu gucunga no kubaka ububiko bw’imizigo iva cyangwa ijya mu mahanga.

Ni ububiko bwitezweho gufasha abacuruzi bo mu Rwanda bajyaga bagorwa no kuvana ibicuruzwa byabo mu mahanga, bigatinda mu nzira biva ku byambu nka Mombasa cyangwa Dar es Salaam.

Ubuyobozi bwa Kigali Logistics Platform buvuga ko ubwo bubiko bushya buzafasha mu kuba umucuruzi yatumiza ibicuruzwa bye nka Dubai, mu Bushinwa n’ahandi, bakabimukurikiranira bakanabishakira ibyangobwa byose aho bizaca kugeza bigeze mu Rwanda mu bubiko i Masaka.

Bizagabanya kandi igihe byatwaraga mu nzira, bive ku minsi 14 bivuye ku cyambu kugera mu Rwanda, bibe iminsi itatu

Perezida Kagame yasuye ububiko bwa Kigali Logistics Platiform asobanurirwa ibihakorerwa n’inyungu bifitiye u Rwanda.

Amaze kubusura, yavuze ko ubu bubiko bushya bugiye koroshya no guhuza u Rwanda n’ibindi bihugu mu by’ubuhahirane, nk’imwe mu ntego y’amasezerano ashyiraho isoko rusange ku mugabane wa Afurika.

Yagize ati “U Rwanda ni umunyamuryango wa EAC, Comesa n’indi miryango. Ni icyerekana ejo heza h’ubucuruzi no kwishyira hamwe kwa Afurika. Amasezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika yaratangiye azashyirwa mu bikorwa umwaka utaha ariko amasezerano nk’ayo y’ubucuruzi ntabwo yagerwaho nta bikorwa remezo nk’ibi. Mu gushyiraho ubu bubiko, u Rwanda ruri gushyiraho uburyo bwo guhuriza hamwe isoko rya miliyari 1.2 y’abatuye Afurika no hanze.”

Perezida Kagame yaboneyeho gusaba abacuruzi n’abashoramari b’abanyarwanda kubyaza umusaruro ayo mahirwe, batumiza ibicuruzwa byabo hanze mu buryo bwihuse ari nako bagura ishoramari ryabo.

Ati “Turashaka gusaba abacuruzi bacu n’abashoramari duhereye ku nganda ziherereye muri aka gace, gukoresha ubu bubiko. Nta rwitwazo rwo kudakoresha amahirwe menshi aturi iruhande.”

Yongeyeho ko ari n’amahirwe ku banyarwanda bazajya bahugurirwa muri Kigali Logistics Platform ndetse n’abaturage batuye i Masaka bagiye gutezwa imbere.

Umuyobozi Mukuru wa Dubai Ports World, Sultan Ahmed Bin Sulayem, yashimiye ubufasha Leta y’u Rwanda yabahaye ngo icyiciro cya mbere cy’ububiko cyuzure.

Yavuze ko icyatumye bishimira gukorera mu Rwanda ari ubuyobozi bukora neza, umutekano no korohereza ishoramari bihari.

Yavuze ko kuba ububiko nk’ubwo bwuzuye mu Rwanda atari amahirwe kuri rwo gusa ahubwo ari amahirwe no ku karere.

Ati “Ubu bubiko si ubw’u Rwanda gusa, buzafasha n’ibindi bihugu Centrafrique, Malawi, Kenya, Congo n’ahandi. Ubundi ibyo gutwara ibicuruzwa ni uburyo ugabanya igiciro cyo kwikorera ibicuruzwa, nta gihugu rero ku isi byavunaga nk’u Rwanda.”

Ubu bubiko bwuzuye i Kigali nibukoreshwa neza uko bikwiriye bwitezweho gufasha u Rwanda kuzigama miliyoni 50 z’amadolari ku mwaka y’igiciro cyagendaga ku kuzana ibicuruzwa bivuye mu mahanga.

Kuva batangira muri Kigali umwaka ushize, Kigali Logistics Platform ivuga ko byagabanyije igihe byatwaraga amakamyo kuva ku cyambu ugera mu Rwanda, biva ku minsi 14 bigera ku minsi itatu.

Uyu ni umushinga wa miliyoni 35 z’amadolari wubatswe ku buso bwa metero kare 130 000 i Masaka. Hari ibikorwa remezo bigezweho kandi bijyanye n’igihe, umwanya uhagije ushobora guparikamo amakamyo agera kuri 200, n’umwanya wakwakira kontineri 50 000 ku mwaka.

Hazajya hatangirwa n’izindi serivisi zikenerwa n’abacuruzi nk’iz’amabanki, Ikigo cy’imisoro n’amahoro, Ikigo cy’ubuziranenge, polisi n’izindi.

Mu bakozi bakora muri Kigali Logistics 98 % ni abanyarwanda. Ubu bubiko buzacungwa na Dubai Ports World mu gihe cy’imyaka 25, Leta y’u Rwanda ibone kubwegukana.

2019-10-22
Editorial

IZINDI NKURU

Rwamagana yisubije umwanya wa mbere mu kwesa   Imihigo y’umwaka wa 2017/2018

Rwamagana yisubije umwanya wa mbere mu kwesa Imihigo y’umwaka wa 2017/2018

Editorial 09 Aug 2018
RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

Editorial 23 May 2018
EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

Editorial 09 Apr 2020
AfDB yagurije u Rwanda miliyari 215 Frw zirimo azarangiza ikibazo cy’amazi i Kigali

AfDB yagurije u Rwanda miliyari 215 Frw zirimo azarangiza ikibazo cy’amazi i Kigali

Editorial 30 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Arusha: Leta y’u Burundi yanze kwitabira ibiganiro bya nyuma bihuza Abarundi
POLITIKI

Arusha: Leta y’u Burundi yanze kwitabira ibiganiro bya nyuma bihuza Abarundi

Editorial 24 Oct 2018
Gikongoro: Umupadiri yahagaritswe imyaka ibiri ashinjwa ubusinzi n’ubusambanyi
Mu Rwanda

Gikongoro: Umupadiri yahagaritswe imyaka ibiri ashinjwa ubusinzi n’ubusambanyi

Editorial 24 Apr 2018
Uganda: ni mpamvu ki ibinyoma ku Rwanda bikomeje kwiyongera?
INKURU NYAMUKURU

Uganda: ni mpamvu ki ibinyoma ku Rwanda bikomeje kwiyongera?

Editorial 21 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru