• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kweguza Trump birasaba iki?

Kweguza Trump birasaba iki?

Ubwanditsi 06 Dec 2019 POLITIKI

Inkubiri yo kweguza Perezida Donald Trump yatangiye mu mezi abiri ashize, bigizwemo uruhare n’ishyaka ry’aba-démocrate ariko kuva ubwo risa n’aho rigeze ahantu kure abantu batatekerezaga kandi mu gihe gito.

Imvano ya byose yabaye ikiganiro Trump yagiranye na mugenzi we wa Ukraine,Volodymyr Zelensky kigaruka ku ruhare rw’amahanga mu matora ya Amerika.

Ni ikiganiro bivugwa ko aba bakuru b’ibihugu byombi bagiranye muri Nyakanga 2019; icyo gihe ngo Zelensky yasabaga Trump kongera inkunga mu bya gisirikare, uyu na we amusaba ko amufasha kumenya amakuru bivugwa ko Ukraine ibitse ajyanye no kwivanga mu matora ya Amerika kw’amahanga.

Iki kibazo cyanajemo Joe Biden wari Visi Perezida ku bwa Obama, aho Trump yashakaga ko akorwaho iperereza. Impamvu ni uko bwo Biden yari Visi yageragezaga gufasha Ukraine mu kibazo cyayo n’u Burusiya, Amerika yaje gutangaza ko ruswa iri mu bayobozi bakuru ba Ukraine ari imbogamizi ku bufasha itanga ndetse ko Viktor Mykolayovych Shokin [Wabaye Umushinjacyaha Mukuru] abifitemo uruhare runini cyane.

Ku gitutu cya Amerika binyuze kuri Biden wari uyihagarariye muri iki kibazo, Ukraine yakoze impinduka zirimo kwirukana Shokin nyuma na we atangira gushinja Biden kumwirukanisha kugira ngo akingire ikibaba umuhungu we Hunter Biden, yari yaratangiye gukoraho iperereza ku mikoranire ye na Kompanyi itanga ingufu muri Ukraine yitwa ‘Burisma Holdings’.

Kuko Joe Biden ashobora kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ataha ahanganye na Trump, ishyaka rye ryahise ritangira gukurikirana Trump ku mpamvu yaba ashaka gukoresha amahanga mu gusinsibiranya ibimenyetso ku mugambi w’amahanga mu gutuma atorwa mu matora aheruka.

Bahise bashyira imbaraga muri iyi gahunda, inteko itora ko itegeka ko hatangira kumvwa abatangabuhamya, ndetse na komisiyo ishinzwe ubutabera mu nteko itangira akazi kayo. Byose byakozwe bitabaye ngombwa ko hategerezwa iperereza ryimbitse ku byo Trump ashinjwa.

Hari impamvu iri shyaka riri kwihutisha iyi gahunda y’uko Trump yakweguzwa. Imwe muri izo ni uko rifite icyizere ko nibura abasenateri bajya mu kiruhuko cya Ukuboza hari ikintu gifatika kigezweho.

Ibi bisobanuye ko bifuza ko nibura mu byumweru bibiri baba bamaze gukora amatora ya nyuma bakemeza ko Trump akwiye kweguzwa.

Niba ibi bizaba cyangwa bitazashoboka ni ibyo gutega amaso kuko nta gihe ntarengwa bihaye, ndetse birashoboka ko amatora ashobora kuba umwaka utaha.

Umudepite ukuriye Komite ishinzwe ubutasi, Adam Schiff, mu cyumweru gishize yagize ati “iki kibazo tukibona nk’icyihutirwa.” Nancy Pelosi ukuriye Inteko akaba ari n’umu- démocrate, we yagize ati “Ntituzategereza ko urukiko rufata umwanzuro, ntitwabitegereza.”

Aba-démocrate bafite gahunda ko kweguza Trump byaba mu ntangiriro za 2020 aho gutegereza ko byegera amatora ateganyijwe ku wa 03 Ugushyingo 2020.

Aho ibi bishyira naho harigaragaza: biraganisha ku rubanza muri Sena, ikaburanisha Trump aho amahirwe menshi ari uko imyanzuro izarangira ari uko ahanaguweho ibyaha agakomeza kuyobora dore ko ishyaka rye ariryo rifite ubwiganze muri Sena.

Aba- Républicains bakunze kuba inyuma ya Trump kuva ibi byose byatangira, ndetse nta cyizere kinini gihari ko hashobora kuba ubwiganze bw’abasenateri 67 basaba ko yegurwa.

Icyo ubu aba- démocrate bari gukora, ni ukumvikanisha amabi ya Trump mu ijwi riranguruye, ku buryo bizajya kugera mu Basenateri nibura hari icyizere cy’uko yakurwaho.

Src : IGIHE

2019-12-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa

Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa

RUSHYASHYA 15 Oct 2025
Muburakari bwishi: Fayulu yasabye abamushyigikiye kwamagana ko Tshisekedi ari Perezida wa RDC

Muburakari bwishi: Fayulu yasabye abamushyigikiye kwamagana ko Tshisekedi ari Perezida wa RDC

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Uganda: Polisi yaburijemo igitaramo cya Bobi Wine

Uganda: Polisi yaburijemo igitaramo cya Bobi Wine

Ubwanditsi 03 Dec 2018
Imyaka 21 y’Ubwicanyi bwa Gatumba: Ubutabera Bwaratinze, CNDD-FDD Ikomeje Kubangamira Kwibuka

Imyaka 21 y’Ubwicanyi bwa Gatumba: Ubutabera Bwaratinze, CNDD-FDD Ikomeje Kubangamira Kwibuka

Ubwanditsi 13 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 04 Sep 2020
Ibihugu bitera inkunga impunzi muri Uganda byikomye imicungire idahwitse y’impunzi, ruswa ikabije n’ihohotera rishingiye ku gitsina birangwamo
INKURU NYAMUKURU

Ibihugu bitera inkunga impunzi muri Uganda byikomye imicungire idahwitse y’impunzi, ruswa ikabije n’ihohotera rishingiye ku gitsina birangwamo

Ubwanditsi 15 Dec 2018
Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga
Mu Rwanda

Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Ubwanditsi 10 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru