• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA   |   19 Jun 2025

  • APR FC yatangaje umunya-Maroc Taleb Abderrahim nk’umutoza wayo mu gihe cy’Imyaka 2 iri imbere ishobora kongerwa   |   17 Jun 2025

  • FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda   |   17 Jun 2025

  • Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball   |   16 Jun 2025

  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Editorial 14 Jan 2020 UBUKUNGU

Perezida Kagame yavuze ko ishingiro ry’iterambere mu ngeri zitandukanye u Rwanda rugezeho, ari uguha umwanya abaturage bakagira uruhare mu bibakorerwa kuko ari bo bagirwaho ingaruka n’ibirimo kuba yaba ibyagenzurwa n’ibitagenzurwa.

Ni mu kiganiro yatangiye i Abu Dhabi muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu mu nama mpuzamahanga yiga ku bikorwa by’iterambere rirambye izwi nka Abu Dhabi Sustainability Week (ADSW).

Umukuru w’Igihugu yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu iterambere rirambye, avuga ko mu myaka 15 ishize abaturage bahawe ijambo kandi nabo bagira uruhare mu bibakorerwa.

Perezida Kagame yagarutse ku bidukikije, avuga ko amashyamba y’u Rwanda hafi ya yose yari yaratemwe ku bwo gucanwa cyangwa gukoreshwa ibindi ariko ubu mu gihe gito gishoboka hatewe andi ubu igihugu kikaba kigizwe n’amashyamba ku kigero kirenga 10%.

Yagarutse kandi kuri politiki yo guhagarika ikoreshwa ry’amashashi, yarengeye ibidukikije ndetse igatanga amahirwe y’ibikorwa by’ishoramari, ubucuruzi n’ubukungu.

Perezida Kagame yagarutse ku ruhare rw’Umuganda mu kwita ku bidukikije, avuga ko ari imwe muri gahunda zo kwishakamo ibisubizo zifite umusaruro mwinshi.

Ati “Mu by’ukuri, ibiganiro byari ukwibaza ngo ‘dukeneye amafaranga y’abaterankunga cyangwa ubundi bufasha kugira ngo tubashe kwita ku bidukikije byacu. Twaravuze ngo ‘Oya’, dushobora gusukura ibidukikije byacu kandi duhereye aho twakora ibindi bishya, bitandukanye kandi byiza”.

Imiyoborere mu iterambere

Perezida Kagame kandi yagarutse ku ruhare rw’imiyoborere mu iterambere rirambye, ashimangira ko abayobozi ntacyo bageraho mu gihe badashyize abaturage mu mutima w’ibibakorerwa.

Ati “Ntekereza ko ari ibintu bisobanutse kuri njye no ku bayobozi benshi ko abayobozi badashobora gutanga umusaruro bonyine badakoranye n’abaturage ngo bakore ibyo bakeneye gukora, babyitabire, babigiremo uruhare kandi babyungukiremo”.

Yavuze ko uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa ari umusingi ukomeye u Rwanda rwubakiye, binyuze mu kugirana ibiganiro na bo kandi bagatanga umusanzu wabo.

Umukuru w’Igihugu kandi yagarutse ku buryo abayobozi bose mu nzego zitandukanye basinyana imihigo kandi n’uruhare rw’umuturage rukagaragara, bityo intego n’imihigo yiyemejwe ikagerwaho.

Ati “Abayobozi bose bahurira hamwe, buri wese akabazwa ibyagombaga gukorwa n’uko byagenze. Ese twageze ku ntego, ntitwazigezeho, ikibazo ni ikihe kugira ngo ubutaha tuzabashe kugikemura”.

Guhangana n’ihindagurika ry’ibihe

Perezida Kagame yavuze uko u Rwanda rwubaka ubushobozi mu guhangana n’ihindagurika ry’ibihe, yemeza ko byose bituruka mu bukangurambaga, aho abaturage bakangurirwa uko igihugu na sosiyete bibaho hibandwa ku hazaza kandi bagakorera hamwe.

Ati “Twahereye ku busa mu myaka 25 ishize. Hari icyo twakoze mu myaka 25 duhereye kuri ubwo busa. Ariko byashobotse kuko twabashije kurebana mu maso turavuga ngo hari icyo dushobora gukora, ntabwo byose byatakaye turahari”.

Urubyiruko

Muri iki kiganiro Perezida Kagame yagarutse ku rubyiruko, avuga ko ruhabwa agaciro muri gahunda zose z’igihugu kandi rugahabwa impanuro zirwibutsa ko ntawe uzarukorera ibyo rukwiye kuba rukora.

Ati “Tubaha agaciro. Guha agaciro abaturage, kubashyira hagati ukababwira ngo ntabwo mukwiye kwifata mu mifuka ngo mwumve ko hari undi muntu uzabakorera ibyo mukwiye kuba mukora”.

Yakomeje avuga ko bitanga umusaruro ariko bagomba kwigirira icyizere bagakorana hagati yabo ndetse na guverinoma.

Perezida Kagame yanagarutse ku gitutu cy’abava mu cyaro bajya mu mujyi atangaza ko u Rwanda rwashyizeho uburyo bwo guteza imbere imijyi ya kabiri, aho ubu hari iri hagati y’irindwi n’umunani mu bice bitandukanye by’igihugu irimo gutera imbere.

Ibi bigendana no gushyigikira no gushishikariza abaturage gushaka ibyo bahakora bijyanye n’ibice barimo.

Urugero ni nk’ishoramari rikomeye ryakozwe mu iterambere ry’ubuhinzi hagamijwe ko ababukora bava mu buhinzi bwa gakondo bakajya mu buhinzi bubyara umusaruro mu buryo bw’amafaranga.

Perezida Kagame ari mu bayobozi bitabiriye itangizwa ry’Inama Mpuzamahanga yiga ku bikorwa by’iterambere rirambye izwi nka Abu Dhabi Sustainability Week (ADSW)

Perezida Kagame n’Igikomangoma cya Abu Dhabi, Mohamed bin Zayed Al Nahyan mu gikorwa cyo guhemba imishinga yatoranyijwe

Perezida Kagame ari mu ruzinduko rw’akazi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Abu Dhabi ni wo mujyi wa mbere, Perezida Kagame yasuye kuva umwaka wa 2020 utangiye.
Src: IGIHE
2020-01-14
Editorial

IZINDI NKURU

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Editorial 18 Mar 2019
Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Editorial 13 Nov 2017
U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

Editorial 29 Jun 2018
Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Editorial 23 Dec 2017
Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Editorial 18 Mar 2019
Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Editorial 13 Nov 2017
U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

Editorial 29 Jun 2018
Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Editorial 23 Dec 2017
Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Editorial 18 Mar 2019
Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Editorial 13 Nov 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru